Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

radiotv10by radiotv10
24/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwemeje ifungwa ry’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru barimo abo mu cyiciro cy’Abajenerali, barimo Lt Gen Pacifique Masunzu, ariko bwirinda kuvuga icyo afungiye.

Ifungwa rya Lt Gen Pacifique Masunzu ryavuzwe mu ntangiro z’uku kwezi k’Ugushyingo, aho byavugwaga ko yafatiwe i Kisangani mu Ntara ya Tshopo agahita yoherezwa i Kinshasa gufungirwayo.

Gen Pacifique Masunzu wayoboraga ibikorwa bya gisirikare mu karere ka Gatatu kagizwe n’Intara za Kivu zombi na Ituri, zisanzwe zirimo imirwano ikomeye, byavugwaga ko yafunzwe kubera guha FARDC amakuru anyuranye n’ukuri yakusanyijwe n’ubutasi, ndetse anashinjwa kugira uruhare mu ifatwa ry’umujyi wa Nzibira muri Teritwari ya Walungu muri Kivu y’Epfo, uherutse gufatwa n’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23.

Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, yemeje ko hari abasirikare bakuru bafunzwe, gusa ntiyabitangaho ibisobanuro birambuye.

Uku kwemezwa ifungwa ry’aba basirikare bakuru, byaje nyuma yuko hari bamwe mu banyamakuru ndetse n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, batangiye gutera hejuru ko aba Bajenerali baba baranishwe.

Maj Gen Sylvain Ekenge yemeremereye ikinyamakuru cyitwa BBC ko mu bafunzwe harimo Lt Gen Pacifique Masunzu, gusa yirinda kuvuga icyo afungiye, ngo kuko akiri gukorwaho iperereza, kandi adashaka kuribangamira.

Umuvugizi wa FARDC, yagize ati “Ndabyemeza General Masunzu ari mu bafunzwe, ariko ku mpamvu z’iperereza no kugira ngo ntamena ibanga, itegeko ritubuza kwinjira mu birambuye. Ni yo mpamvu tutavuze amazina y’abaregwa muri iyi dosiye.”

Yanemeje kandi ko na Maj Nyembo Abdallah ma we afunzwe, kimwe n’abandi bo ku rwego rw’Abajenerali, bafungiye “ibyaha bikomeye bijyanye n’umutekano w’Igihugu.”

Hamwe n’abandi basirikare atavuze amazina ariko bafunzwe, Umuvugizi wa FARDC, yagize ati “Ibi ni byo abaturage bifuza kumenya muri aka kanya. Ni byo, abasirikare benshi bo ku rwego rwo hejuru no ku rwego rw’Abajenerali barafunze, turabyemeje, kandi bakurikiranyweho ibikorwa bibi bikomeye cyane bifitanye isano n’umutekano w’Igihugu.”

Muri iki kiganiro n’itangazamakuru, Maj Gen Ekenge yari yabanje kumenyesha abanyamakuru ko batemerewe kubaza ibibazo ku byo yari agiye gutangaza, ku bw’impamvu z’iperereza riri gukorwa kuri abo basirikare bakuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − one =

Previous Post

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Next Post

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b'abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry'Abihayimana muri Nigeria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.