Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

radiotv10by radiotv10
24/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwemeje ifungwa ry’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru barimo abo mu cyiciro cy’Abajenerali, barimo Lt Gen Pacifique Masunzu, ariko bwirinda kuvuga icyo afungiye.

Ifungwa rya Lt Gen Pacifique Masunzu ryavuzwe mu ntangiro z’uku kwezi k’Ugushyingo, aho byavugwaga ko yafatiwe i Kisangani mu Ntara ya Tshopo agahita yoherezwa i Kinshasa gufungirwayo.

Gen Pacifique Masunzu wayoboraga ibikorwa bya gisirikare mu karere ka Gatatu kagizwe n’Intara za Kivu zombi na Ituri, zisanzwe zirimo imirwano ikomeye, byavugwaga ko yafunzwe kubera guha FARDC amakuru anyuranye n’ukuri yakusanyijwe n’ubutasi, ndetse anashinjwa kugira uruhare mu ifatwa ry’umujyi wa Nzibira muri Teritwari ya Walungu muri Kivu y’Epfo, uherutse gufatwa n’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23.

Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, yemeje ko hari abasirikare bakuru bafunzwe, gusa ntiyabitangaho ibisobanuro birambuye.

Uku kwemezwa ifungwa ry’aba basirikare bakuru, byaje nyuma yuko hari bamwe mu banyamakuru ndetse n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, batangiye gutera hejuru ko aba Bajenerali baba baranishwe.

Maj Gen Sylvain Ekenge yemeremereye ikinyamakuru cyitwa BBC ko mu bafunzwe harimo Lt Gen Pacifique Masunzu, gusa yirinda kuvuga icyo afungiye, ngo kuko akiri gukorwaho iperereza, kandi adashaka kuribangamira.

Umuvugizi wa FARDC, yagize ati “Ndabyemeza General Masunzu ari mu bafunzwe, ariko ku mpamvu z’iperereza no kugira ngo ntamena ibanga, itegeko ritubuza kwinjira mu birambuye. Ni yo mpamvu tutavuze amazina y’abaregwa muri iyi dosiye.”

Yanemeje kandi ko na Maj Nyembo Abdallah ma we afunzwe, kimwe n’abandi bo ku rwego rw’Abajenerali, bafungiye “ibyaha bikomeye bijyanye n’umutekano w’Igihugu.”

Hamwe n’abandi basirikare atavuze amazina ariko bafunzwe, Umuvugizi wa FARDC, yagize ati “Ibi ni byo abaturage bifuza kumenya muri aka kanya. Ni byo, abasirikare benshi bo ku rwego rwo hejuru no ku rwego rw’Abajenerali barafunze, turabyemeje, kandi bakurikiranyweho ibikorwa bibi bikomeye cyane bifitanye isano n’umutekano w’Igihugu.”

Muri iki kiganiro n’itangazamakuru, Maj Gen Ekenge yari yabanje kumenyesha abanyamakuru ko batemerewe kubaza ibibazo ku byo yari agiye gutangaza, ku bw’impamvu z’iperereza riri gukorwa kuri abo basirikare bakuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 4 =

Previous Post

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Next Post

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Related Posts

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

by radiotv10
10/12/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the Government of the Democratic Republic of Congo, has confirmed that it has taken control...

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

by radiotv10
10/12/2025
0

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu...

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b'abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry'Abihayimana muri Nigeria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.