Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

radiotv10by radiotv10
29/11/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyamuryango ba Koperative Duterimbere Murundi ihinga umuceri mu Murenge wa Murundi, Akagari ka Karambi, Akarere ka Kayonza, basaba ko bakomeza gufashwa mu iterambere ryabo ku buryo bashobora no kurushaho kubona moto zo kwifashisha mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Ibi ni ibyagarutsweho kuri uyu wa Gatanu mu Murenge wa Murundi, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe amakoperative ku rwego rw’Akarere, ku kicaro gikuru cy’iyi Koperative.

Uwitwa Sekamana Etienne ati: “Koperative yacu igeze ahantu heza. Twaguze imodoka ebyiri zizajya zidutwarira umuceri. Kuri ubu rero, ubwo tugeze ahantu heza, turasaba ko bateza imbere umunyamuryango abonye nka moto, nk’akagare byaba byiza akagenda yishyura gahoro gahoro ahereye ku musaruro.”

Umuyobozi wa Koperative Duterimbere Murundi, Nkomeje Anastase, avuga ko hari byinshi koperative yagezeho kandi ko hari bamwe bamaze gufashwa kubona moto bishingiwe na koperative ku buryo ari ikigikorwa bazakomeza gufashamo abanyamuryango.

Ati: “Urwego twari turiho ruragenda ruzamuka. Umunyamuryango wacu ntashobora kurwarira mu rugo, tumwishyurira Mituweri, Ejo Heza, ndetse tukabaha n’inguzanyo tubishingiye mu bigo by’imari, koperative ikaba umwishingizi wabo, amafaranga akazayishyura gahoro gahoro.”

Nkomeje yavuze ko kandi hari bamwe bamaze kwigurira moto babikesha kwishingirwa mu bigo by’imari ndetse ko hari n’abatekereza kugura imodoka.

Ati: “Ku kijyanye n’uburyo bwo kubishingira kuri moto, twakoranye n’ibigo by’imari. Buri munyamuryango tumuguriza miliyoni imwe tukayimwishingiraho hanyuma akazishyura mu gihe cy’imyaka ibiri. Abamaze kugura moto ni benshi ndetse bamaze kugera ku rwego rwo kuvuga ngo ‘mbese na moto turabona zidahagije, turabona buri munyamuryango yagura n’imodoka’.”

Koperative Duterimbere Murundi ifite abanyamuryango 1906. Aba bose bahinga umuceri ku buso bwa hegitari 330. Ifite inzu ebyiri zikodeshwa nibura miliyoni ebyiri ku kwezi mu Mujyi wa Kayonza ndetse n’imodoka ebyiri zikoreshwa mu kubasha umusaruro kandi na zo yinjiza nibura miliyoni zirenga ebyiri buri kwezi.

Mu butumwa bwatanzwe n’abagize amakoperative bibukijwe ko inshingano ya mbere bafite ari uguteza imbere abanyamuryango ndetse n’Igihugu, kandi ko Koperative ikwiye kuba ishingiro ry’iterambere ry’abanyamuryango bayo no gukora ishoramari ribateza imbere.

Muri aka Karere ka Kayonza habarizwa amakoperative 168 yibumbiyemo abanyamuryango 10, 969 bari mu byiciro by’ubuhinzi, ubworozi, gutanga serivisi, kongerera agaciro umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, ubukorikori, SACCO ndetse n’andi akora ibindi bitandukanye.

Hizihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Amakoperative
Abaturage bibumbuye mu makoperative bitabiriye ibi birori

Koperative Terimbere Murundi yiyemeje kurushaho kwiteza imbere

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Next Post

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.