Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

radiotv10by radiotv10
29/11/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyamuryango ba Koperative Duterimbere Murundi ihinga umuceri mu Murenge wa Murundi, Akagari ka Karambi, Akarere ka Kayonza, basaba ko bakomeza gufashwa mu iterambere ryabo ku buryo bashobora no kurushaho kubona moto zo kwifashisha mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Ibi ni ibyagarutsweho kuri uyu wa Gatanu mu Murenge wa Murundi, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe amakoperative ku rwego rw’Akarere, ku kicaro gikuru cy’iyi Koperative.

Uwitwa Sekamana Etienne ati: “Koperative yacu igeze ahantu heza. Twaguze imodoka ebyiri zizajya zidutwarira umuceri. Kuri ubu rero, ubwo tugeze ahantu heza, turasaba ko bateza imbere umunyamuryango abonye nka moto, nk’akagare byaba byiza akagenda yishyura gahoro gahoro ahereye ku musaruro.”

Umuyobozi wa Koperative Duterimbere Murundi, Nkomeje Anastase, avuga ko hari byinshi koperative yagezeho kandi ko hari bamwe bamaze gufashwa kubona moto bishingiwe na koperative ku buryo ari ikigikorwa bazakomeza gufashamo abanyamuryango.

Ati: “Urwego twari turiho ruragenda ruzamuka. Umunyamuryango wacu ntashobora kurwarira mu rugo, tumwishyurira Mituweri, Ejo Heza, ndetse tukabaha n’inguzanyo tubishingiye mu bigo by’imari, koperative ikaba umwishingizi wabo, amafaranga akazayishyura gahoro gahoro.”

Nkomeje yavuze ko kandi hari bamwe bamaze kwigurira moto babikesha kwishingirwa mu bigo by’imari ndetse ko hari n’abatekereza kugura imodoka.

Ati: “Ku kijyanye n’uburyo bwo kubishingira kuri moto, twakoranye n’ibigo by’imari. Buri munyamuryango tumuguriza miliyoni imwe tukayimwishingiraho hanyuma akazishyura mu gihe cy’imyaka ibiri. Abamaze kugura moto ni benshi ndetse bamaze kugera ku rwego rwo kuvuga ngo ‘mbese na moto turabona zidahagije, turabona buri munyamuryango yagura n’imodoka’.”

Koperative Duterimbere Murundi ifite abanyamuryango 1906. Aba bose bahinga umuceri ku buso bwa hegitari 330. Ifite inzu ebyiri zikodeshwa nibura miliyoni ebyiri ku kwezi mu Mujyi wa Kayonza ndetse n’imodoka ebyiri zikoreshwa mu kubasha umusaruro kandi na zo yinjiza nibura miliyoni zirenga ebyiri buri kwezi.

Mu butumwa bwatanzwe n’abagize amakoperative bibukijwe ko inshingano ya mbere bafite ari uguteza imbere abanyamuryango ndetse n’Igihugu, kandi ko Koperative ikwiye kuba ishingiro ry’iterambere ry’abanyamuryango bayo no gukora ishoramari ribateza imbere.

Muri aka Karere ka Kayonza habarizwa amakoperative 168 yibumbiyemo abanyamuryango 10, 969 bari mu byiciro by’ubuhinzi, ubworozi, gutanga serivisi, kongerera agaciro umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, ubukorikori, SACCO ndetse n’andi akora ibindi bitandukanye.

Hizihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Amakoperative
Abaturage bibumbuye mu makoperative bitabiriye ibi birori

Koperative Terimbere Murundi yiyemeje kurushaho kwiteza imbere

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 16 =

Previous Post

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Next Post

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.