Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri

radiotv10by radiotv10
29/11/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Kayonza: Hari amahirwe yo kugura imodoka ari muri Koperative ihinga umuceri
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyamuryango ba Koperative Duterimbere Murundi ihinga umuceri mu Murenge wa Murundi, Akagari ka Karambi, Akarere ka Kayonza, basaba ko bakomeza gufashwa mu iterambere ryabo ku buryo bashobora no kurushaho kubona moto zo kwifashisha mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Ibi ni ibyagarutsweho kuri uyu wa Gatanu mu Murenge wa Murundi, ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe amakoperative ku rwego rw’Akarere, ku kicaro gikuru cy’iyi Koperative.

Uwitwa Sekamana Etienne ati: “Koperative yacu igeze ahantu heza. Twaguze imodoka ebyiri zizajya zidutwarira umuceri. Kuri ubu rero, ubwo tugeze ahantu heza, turasaba ko bateza imbere umunyamuryango abonye nka moto, nk’akagare byaba byiza akagenda yishyura gahoro gahoro ahereye ku musaruro.”

Umuyobozi wa Koperative Duterimbere Murundi, Nkomeje Anastase, avuga ko hari byinshi koperative yagezeho kandi ko hari bamwe bamaze gufashwa kubona moto bishingiwe na koperative ku buryo ari ikigikorwa bazakomeza gufashamo abanyamuryango.

Ati: “Urwego twari turiho ruragenda ruzamuka. Umunyamuryango wacu ntashobora kurwarira mu rugo, tumwishyurira Mituweri, Ejo Heza, ndetse tukabaha n’inguzanyo tubishingiye mu bigo by’imari, koperative ikaba umwishingizi wabo, amafaranga akazayishyura gahoro gahoro.”

Nkomeje yavuze ko kandi hari bamwe bamaze kwigurira moto babikesha kwishingirwa mu bigo by’imari ndetse ko hari n’abatekereza kugura imodoka.

Ati: “Ku kijyanye n’uburyo bwo kubishingira kuri moto, twakoranye n’ibigo by’imari. Buri munyamuryango tumuguriza miliyoni imwe tukayimwishingiraho hanyuma akazishyura mu gihe cy’imyaka ibiri. Abamaze kugura moto ni benshi ndetse bamaze kugera ku rwego rwo kuvuga ngo ‘mbese na moto turabona zidahagije, turabona buri munyamuryango yagura n’imodoka’.”

Koperative Duterimbere Murundi ifite abanyamuryango 1906. Aba bose bahinga umuceri ku buso bwa hegitari 330. Ifite inzu ebyiri zikodeshwa nibura miliyoni ebyiri ku kwezi mu Mujyi wa Kayonza ndetse n’imodoka ebyiri zikoreshwa mu kubasha umusaruro kandi na zo yinjiza nibura miliyoni zirenga ebyiri buri kwezi.

Mu butumwa bwatanzwe n’abagize amakoperative bibukijwe ko inshingano ya mbere bafite ari uguteza imbere abanyamuryango ndetse n’Igihugu, kandi ko Koperative ikwiye kuba ishingiro ry’iterambere ry’abanyamuryango bayo no gukora ishoramari ribateza imbere.

Muri aka Karere ka Kayonza habarizwa amakoperative 168 yibumbiyemo abanyamuryango 10, 969 bari mu byiciro by’ubuhinzi, ubworozi, gutanga serivisi, kongerera agaciro umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, ubukorikori, SACCO ndetse n’andi akora ibindi bitandukanye.

Hizihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Amakoperative
Abaturage bibumbuye mu makoperative bitabiriye ibi birori

Koperative Terimbere Murundi yiyemeje kurushaho kwiteza imbere

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Next Post

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Related Posts

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
IMYIDAGADURO

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Abo mu Bihugu bikennye bashobora kutazongera kugera muri America ukundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.