Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

radiotv10by radiotv10
29/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umuhanzi B-Face w’i Burundi yumvikanamo avugamo amagambo y’ibitutsi ku Banyarwanda, byamenyekanye ko yabarwaniye ishyaka, kuko ari agace kakaswe mu kiganiro kirekire, yavugiyemo ko aheruka gushyamirana n’umuntu yumvise avuga nabi Abanyarwanda.

Amashusho y’uyu muhanzi yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, yari yababaje benshi, aho uyu Muhanzi B-Face ukunze no gutaramira mu Rwanda yumvikana avuga amagambo mabi ku Banyarwanda.

Muri ayo mashusho yakaswe, hari aho uyu muhanzi aba agira ati “Abanyarwanda mwese muri imbwa, Abanyarwanda mwese muri imihirimbiri, Abanyarwanda mwese muri abagome.”

Aka gace kari kakaswe muri icyo kiganiro, kari katumye uyu muhanzi yijundikwa n’Abanyarwanda benshi, bamwe banabigaragariza ku mbuga nkoranyambaga, banenga uyu muhanzi kuba yabatutse.

Gusa byamenyekanye ko ari agace gato kakaswe mu kiganiro aherutse kugirana n’umunyamakuru wamubajije igihe aheruka kurwanira n’icyari cyabiteye.

Muri iki kiganiro, uyu muhanzi avuga ko ubwo umuhanzi Kirikou w’i Burundi aheruka gutaramira mu Rwanda akazimirizwaho ibyuma, hari mwene wabo w’Umurundi yumvise ari kuvuga nabi Abanyarwanda, bikamubabaza.

Ati “Umuniga yaraje avugira ahantu twari twicaye, aravuga ati ‘sha Abanyarwanda mwese muri imbwa, Abanyarwanda mwese muri imihirimbiri, Abanyarwanda mwese muri abagome’, ndangije ndamubwira nti ‘bro iyo uri kujeneraliza [gushyira abantu muri rusange] ikintu cyakoze umuntu umwe, uba uri gukora amakosa kubera ko Abanyarwanda, yaba Abarundi barabakeneye, n’abo Banyarwanda baradukeneye.”

Uyu muhanzi akomeza avuga byumwihariko mu ruganda rw’imyidagaduro, Abanyarwanda n’Abarundi baruhuje kuko banafite byinshi basangiye, yaba ururimi ndetse n’umuco.

Ati “Isoko ryabo riri hano, natwe isoko ryacu riri hariya, kubera ko ururimi ni rumwe. Rero iyo urimo uravuga ngo bose ni imbwa, uba uru kudekona [gutandukira] cyane rwose. Ubwo rero umujama ahita ambwira ngo ‘niba wumva wabavugira na we uri imbwa mu bandi’ […] ni wo munsi narwanye.”

Uyu muhanzi avuga ko ibyo yabwiwe n’uwo muntu wavugaga nabi Abanyarwanda byahise bimuzamurira umujinya, agahita amukubita umugeri.

Umuhanzi B-Face asanzwe anasura u Rwanda akanaganira n’ibitangazamakuru byaho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − eight =

Previous Post

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Next Post

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w'umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.