Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi

radiotv10by radiotv10
29/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ukuri abantu batamenye ku byari byatumye umuhanzi w’i Burundi arakarirwa n’Abanyarwanda benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaramo umuhanzi B-Face w’i Burundi yumvikanamo avugamo amagambo y’ibitutsi ku Banyarwanda, byamenyekanye ko yabarwaniye ishyaka, kuko ari agace kakaswe mu kiganiro kirekire, yavugiyemo ko aheruka gushyamirana n’umuntu yumvise avuga nabi Abanyarwanda.

Amashusho y’uyu muhanzi yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, yari yababaje benshi, aho uyu Muhanzi B-Face ukunze no gutaramira mu Rwanda yumvikana avuga amagambo mabi ku Banyarwanda.

Muri ayo mashusho yakaswe, hari aho uyu muhanzi aba agira ati “Abanyarwanda mwese muri imbwa, Abanyarwanda mwese muri imihirimbiri, Abanyarwanda mwese muri abagome.”

Aka gace kari kakaswe muri icyo kiganiro, kari katumye uyu muhanzi yijundikwa n’Abanyarwanda benshi, bamwe banabigaragariza ku mbuga nkoranyambaga, banenga uyu muhanzi kuba yabatutse.

Gusa byamenyekanye ko ari agace gato kakaswe mu kiganiro aherutse kugirana n’umunyamakuru wamubajije igihe aheruka kurwanira n’icyari cyabiteye.

Muri iki kiganiro, uyu muhanzi avuga ko ubwo umuhanzi Kirikou w’i Burundi aheruka gutaramira mu Rwanda akazimirizwaho ibyuma, hari mwene wabo w’Umurundi yumvise ari kuvuga nabi Abanyarwanda, bikamubabaza.

Ati “Umuniga yaraje avugira ahantu twari twicaye, aravuga ati ‘sha Abanyarwanda mwese muri imbwa, Abanyarwanda mwese muri imihirimbiri, Abanyarwanda mwese muri abagome’, ndangije ndamubwira nti ‘bro iyo uri kujeneraliza [gushyira abantu muri rusange] ikintu cyakoze umuntu umwe, uba uri gukora amakosa kubera ko Abanyarwanda, yaba Abarundi barabakeneye, n’abo Banyarwanda baradukeneye.”

Uyu muhanzi akomeza avuga byumwihariko mu ruganda rw’imyidagaduro, Abanyarwanda n’Abarundi baruhuje kuko banafite byinshi basangiye, yaba ururimi ndetse n’umuco.

Ati “Isoko ryabo riri hano, natwe isoko ryacu riri hariya, kubera ko ururimi ni rumwe. Rero iyo urimo uravuga ngo bose ni imbwa, uba uru kudekona [gutandukira] cyane rwose. Ubwo rero umujama ahita ambwira ngo ‘niba wumva wabavugira na we uri imbwa mu bandi’ […] ni wo munsi narwanye.”

Uyu muhanzi avuga ko ibyo yabwiwe n’uwo muntu wavugaga nabi Abanyarwanda byahise bimuzamurira umujinya, agahita amukubita umugeri.

Umuhanzi B-Face asanzwe anasura u Rwanda akanaganira n’ibitangazamakuru byaho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 4 =

Previous Post

Umuyobozi w’Ingabo z’Igihugu kimwe muri Afurika yatakambiye Perezida wa America

Next Post

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Related Posts

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w’umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Amagare muri Afurika: Umunya-Eritrea Biniam yabaye umukinnyi w'umwaka, Masengesho ahiga Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.