Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

radiotv10by radiotv10
11/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo
Share on FacebookShare on Twitter

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n’itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n’inkoramutima ya Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’iri Huriro, yishwe arasiwe i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu Magloire Paluku wari Umujyanama wa Corneille Nangaa-Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, yapfuye kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Ukuboza 2025, nyuma yo kurasirwa mu muhanda mu mujyi wa Goma, umaze igihe ugenzurwa na AFC/M23.

Magloire Paluku Kavunga wishwe ku myaka 58, yavutse ku ya 12 Ukuboza 1966, i Butembo, yari umuntu uzwi cyane mu muco mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yari umunyamakuru, umwanditsi n’umusizi, umucuranzi, umunyarwenya, akaba n’umunyamakuru wa radiyo, ni na we washinze Radio Kivu 1, ikigo cy’itangazamakuru gikomeye muri ako karere.

Yari inkoramutima ya Corneille Nangaa, dore ko yari n’umujyanama we. Yanabaye kandi Umujyanam mu by’umuco n’ubuhanzi muri Minisiteri y’Umuco ya Congo mbere yo kwinjira muri AFC/M23 nyuma yo gukora nk’umuyobozi mukuru w’ishami rya Minisiteri.

Muri Nyakanga 2024, Magloire Paluku yakatiwe igihano cy’urupfu mu rubanza rwaregwagamo Corneille Nangaa n’abandi bantu 24 baregwa hamwe imbere y’Urukiko rwa Gisirikare rwa Gombe. Bakurikiranyweho ibyaha by’intambara, ubugambanyi, no kugira uruhare mu myivumbagatanyo mu burasirazuba bw’igihugu.

Izina rye ryagaragaye ku rutonde rw’abaregwa 25, cyane cyane uwahoze ari perezida wa CENI (Komisiyo y’Igihugu Yigenga y’Amatora), Corneille Nangaa, n’abasirikare benshi ba AFC/M23. Ibyabaye ku iraswa ry’urupfu ntibirasobanuka neza.

Ihuriro AFC/M23 ryemeje amakuru y’urupfu rwa Magloire Paluku, mu itangazo ryashyize hanze, ryavuze ko yitabiye Imana mu Bitaro Bikuru bya Goma, yajyanywemo nyuma yo kuraswa, rinatangaza ko hahise hatangira iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 20 =

Previous Post

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Next Post

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.