Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

radiotv10by radiotv10
11/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo
Share on FacebookShare on Twitter

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n’itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n’inkoramutima ya Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’iri Huriro, yishwe arasiwe i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu Magloire Paluku wari Umujyanama wa Corneille Nangaa-Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, yapfuye kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Ukuboza 2025, nyuma yo kurasirwa mu muhanda mu mujyi wa Goma, umaze igihe ugenzurwa na AFC/M23.

Magloire Paluku Kavunga wishwe ku myaka 58, yavutse ku ya 12 Ukuboza 1966, i Butembo, yari umuntu uzwi cyane mu muco mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yari umunyamakuru, umwanditsi n’umusizi, umucuranzi, umunyarwenya, akaba n’umunyamakuru wa radiyo, ni na we washinze Radio Kivu 1, ikigo cy’itangazamakuru gikomeye muri ako karere.

Yari inkoramutima ya Corneille Nangaa, dore ko yari n’umujyanama we. Yanabaye kandi Umujyanam mu by’umuco n’ubuhanzi muri Minisiteri y’Umuco ya Congo mbere yo kwinjira muri AFC/M23 nyuma yo gukora nk’umuyobozi mukuru w’ishami rya Minisiteri.

Muri Nyakanga 2024, Magloire Paluku yakatiwe igihano cy’urupfu mu rubanza rwaregwagamo Corneille Nangaa n’abandi bantu 24 baregwa hamwe imbere y’Urukiko rwa Gisirikare rwa Gombe. Bakurikiranyweho ibyaha by’intambara, ubugambanyi, no kugira uruhare mu myivumbagatanyo mu burasirazuba bw’igihugu.

Izina rye ryagaragaye ku rutonde rw’abaregwa 25, cyane cyane uwahoze ari perezida wa CENI (Komisiyo y’Igihugu Yigenga y’Amatora), Corneille Nangaa, n’abasirikare benshi ba AFC/M23. Ibyabaye ku iraswa ry’urupfu ntibirasobanuka neza.

Ihuriro AFC/M23 ryemeje amakuru y’urupfu rwa Magloire Paluku, mu itangazo ryashyize hanze, ryavuze ko yitabiye Imana mu Bitaro Bikuru bya Goma, yajyanywemo nyuma yo kuraswa, rinatangaza ko hahise hatangira iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Next Post

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.