• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

radiotv10by radiotv10
11/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo cyiyemeje gukorana na Leta ya DRC, cyahise gifata icyemezo cyo gufunga umupaka ugihuza n’iki Gihugu uri muri kariya gace kabohojwe, ubu uri no gucungwa n’abarwanyi ba M23.

Ni icyemezo cyafashwe nyuma yuko AFC/M23 ifashe uyu Mujyi wa Uvira Gatatu tariki 10 Ukuboza 2025, ndetse umupaka wa Uvira uhuza DRC n’u Burundi, ugahita utangira gucungwa n’abarwanyi b’iri Huriro.

U Burundi bwiyemeje gukorana na Leta ya Kinshasa mu mugambi wayo wo gukomeza imirwano ikomeje guhitana inzirakarengane nyinshi z’abasivile b’Abanyekongo, bwatangaje ko bwafashe kiriya cyemezo kugira ngo hirindwe ibitero bya AFC/M23.

Ni icyemezo gishobora gutuma ubuzima bw’abatuye ku mpande zombi, bujya mu kangaratete dore ko ari inzira yari ibafatiye runini mu burahirane.

Nyuma y’imirwano ikomeye irenga icyumweru mu kibaya cya Ruzizi, abarwanyi ba AFC/M23 Bagaragaye mu mujyi wa Uvira ku mugaragaro mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu. Ahagana saa kumi n’imwe n’igice za mu gitondo, abasirikare ba mbere b’uyu mutwe baragaragaye, nyuma y’igikorwa cyo kwigarurira bamwe mu basirikare ba Wazalendo n’abarwanyi bari banze kuva aho bari.

Nk’uko amakuru aturuka mu nzego z’umutekano abivuga, ingabo za DRC, zo zari zimaze kuva muri uwo mujyi hirya y’ejo hashize zerekeza mu bice birimo Swima, Makobola, na Baraka mu gace ka Fizi, ubwo zabonaga ko urugamba ruhinanye.

Iri Huriro rya AFC/M23 nyuma yo gufata Umujyi wa Uvira, zahumurije abawutuye, ndetse zibasaba gusubukura imirimo yabo ntacyo bikanga, zinabasasezeranya kubarinda.

Mu mirwano yatangiye mu cyumweru gishize, igisirikare cy’u Burundi cyakomeje kumisha ibisasu birimo n’ibyarasirwaga hakurya mu Gihugu cyabo, byanahitanye inzirakarengane z’Abanyekongo, abandi benshi bakava mu byabo, barimo abarenga 1 000 bahungiye mu Rwanda.

Abarwanyi ba AFC/M23 ni bo ubu barinze umupaka wa Uvira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − twelve =

Previous Post

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Next Post

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.