Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko bisabwe na Leta Zunze Ubumwe za America.
Ni icyemezo gikubiye mu itangazo ryasohotse mu gicuku cy’ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Ukuboza 2025, ryashyizweho umukono n’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa.
Iri Huriro rivuga ko iki cyemezo gishingiye ku biganiro by’Amahoro biri kubera i Doha muri Qatar ndetse n’amasezerano aherutse gusinyirwamo, yashyizweho umukono tariki 15 Ugushyingo 2025.
Riti “Mu rwego rwo kubahiriza iyi ntambwe yatewe, nubwo FARDC n’abambari bayo bakomeje ubushotoranyi, Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) yiyemeje ingamba zo kubaka icyizere mu rwego rwo guha amahirwe asesuye inzira y’amahoro y’i Doha kugira ngo igere ku ntego yo kuzanama igisubizo kirambye cy’amakimbirane.”
Iri Huriro rigakomeza rigira riti “AFC/M23 izakura ingabo zayo mu Mujyi wa Uvira nk’uko byasabwe n’ubuhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za America.”
Gusa iri huriro rivuga ko rikurikije uko FARDC na Wazalendo n’abandi bakorana bitwaye ubwo AFC/M23 yabaga yafashe icyemezo nk’iki, risaba ko hashyirwaho ingamba zitanga icyizere ko niriramuka rirekuye uyu mujyi, uruhande bahanganye rutazahita rwongera kuwugarukamo no kuwukoreramo ibikorwa bibi.
Iri Huriro ryasabye ko hashyirwaho ingamba zihamye zo gucunga uyu mujyi, kurinda umutekano w’abaturage n’ibikorwa remezo, ndetse no kugenzura agahenge ko kubahirizwa, rigasaba ko hoherezwa ingabo zibishinzwe zidafite uruhande zibogamiyeho.
Naho ku kijyanye n’abasirikare b’u Burundi bakiri ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, AFC/M23 yavuze ko idashobora kwemerera ko ibice byabohowe byagirwa ibirindiro n’indiri y’ibikorwa byahungabanya imibanire myiza iri hagati y’Ibihugu byombi.
RADIOTV10








