Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri

radiotv10by radiotv10
17/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Urubyiruko muri Ngororero imibare yarubanye myinshi kubera ubushomeri
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu basore n’inkumi bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero, batageze mu ishuri, bavuga ko iyo imirimo y’ubuhinzi basanzwe bakora ibaye micye, bituma bisanga mu bushomeri, bagasaba ko na bo begerezwa ibigo bitanga amahugurwa y’imyunga itandukanye.

Abaganiriye n’umunyamakuru wa RADIOTV10, abasanze mu Kagari ka Gaseke, Umurenge wa Kabaya, bavuga ko abenshi bize amashuri abanza gusa, ndetse bamwe ngo ntibanayarangiza, ku buryo abenshi bashakira imirimo mu buhinzi gusa ariko bakagorwa n’uko hari ubwo iba mike cyane, maze bagakugarizwa n’ubukene bukomeye.

Nzayisenga Théophile ati “Ni ukubyuka ugakata mu misozi ushaka aho guhinga, cyangwa kwikorera ifumbire gutyo gusa. Mu gihe cy’amatumba mu mezi y’ukwezi kwa cyenda n’ukwa cumi, haba habuze; ahantu ukorera igihumbi ukamara ikindi cyumweru wicaye!”

Uwiringiyimana Marcel ati “Uburyo tubayeho rero, ubuhinzi burahari, ariko iyo bwahagaze, nka sizeni y’ubuhinzi itaragera, akazi kaba ari ntako.”

Kubera iyo mpamvu, uru rubyiruko kimwe n’ababyeyi babo bagaragaza ko bakeneye kongererwa ubumenyi mu myuga itandukanye, gusa bagasobanura ko ibigo bitanga amahugurwa y’igihe gito kuri iyo myuga biri kure cyane.

Muhawenimana Fils ati “Tubonye imyuga twakwiga byadufasha tugashobora gukora umwuga runaka; hari igihe byigeze kubaho bigisha ibintu byo gukanika, ariko byararangiye.”

Nzayisenga Théophile ati “Nta myuga iri hafi aha, ariko icyo badufasha ni ukuyituzanira natwe tukagira icyo twigezaho.”

Miringiro Antoine (umubyeyi) ati “Akazi hari igihe abana bakabura, kuko inaha se atagiye mu cyayi, akandi yagakura he? Habonetse igitekerezo cyo kuzana utumashini bakiga imyuga byaba byiza.”

Icyakora ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bugaragaza ko n’ubwo bene aya mahugurwa y’igihe gito akiri make ku rubyiruko rwo muri aka karere, mu murenge wa Kabaya hari ikigo cy’urubyiruko kijya kiyatanga, bityo ko uru rubyiruko rukwiye gushishikarira kugira amakuru kugira ngo rubashe kugerwaho n’ayo mahirwe, nk’uko umuyobozi w’akarere ka Ngororero wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, UWIHOREYE Patrick, abisobanura.

UWIHOREYE Patrick ati “Si mu Murenge wa Kabaya gusa kuko dufite imirenge 13; ayo mahugurwa barayakora, ahubwo akeneye kongerwa. Muri uwo murenge wa Kabaya ni ho dufite ikigo cy’urubyiruko kandi bahugurwa mu bintu bitandukanye, ubusuderi n’ubwubatsi. Amahirwe ari iwabo mu tugari; nibitabire inama z’urubyiruko mu tugari n’imirenge n’inteko z’abaturage.”

Ni mu gihe ibigo by’urubyiruko bishyirwa hirya no hino mu gihugu bifasha urubyiruko kwiga imyuga no kwihangira imirimo, bityo bikagira uruhare mu kwihutisha iterambere, nk’uko biri muri gahunda ya Leta yo kwihutisha iterambere. Ni mu gihe kandi ibarura rusange rya gatanu ry’abaturage n’imiturire ryo mu mwaka wa 2022 ryagaragaje ko urubyiruko ruri munsi y’imyaka 30 rungana na 65%.

Uru rubyiruko ruvuga ko imibereho itarworoheye

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 5 =

Previous Post

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Next Post

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.