• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

radiotv10by radiotv10
16/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare b’u Burundi bari bakiri mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nyuma yo gutsindwa n’abarwanyi ba AFC/M23, biravugwa ko batangiye gucyurwa mu Gihugu cyabo bakoresheje inzira y’amazi y’Ikiyaga cya Tanganyika.

Amakuru dukesha SOS Médias Burundi yagiye hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Ukuboza 2025, avuga ko abatangabuhamya benshi bemeza ko abo basirikare b’u Burundi bahoze mu Mujyi wa Uvira mbere yuko wigarurirwa n’abarwanyi ba AFC/M23 mu ijoro ryo ku ya 09 rishyira ku ya 10 Ukuboza.

Amakuru kandi avuga ko mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 15 rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Ukuboza 2025, hari ubwato bwaturutse mu bice by’Ikiyaga cya Baraka n’icya Mboko yagiye mu gice kirimo ingabo zirwanira mu mazi cya Rumonge, umujyi uri ku cyambu mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Burundi.

SOS Médias Burundi ivuga ko kugeza saa kumi n’ebyiri za mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, amakamyo arenga atandatu yari ahagaze hagati y’icyambu cya Rumonge n’ibirindiro by’ingabo za gisirikare, yatwaye abasirikare b’u Burundi akaberekeza i Bujumbura. Amakuru avuga ko aba basirikare bagaragaza imbaraga nke cyane, nk’abashonje ndetse bananiwe.

Gusa umubare nyawo w’abasirikare b’u Burundi bagomba gucyurwa bavuye muri biriya bice byo mu Ntara ya Kivu y’Epfo, nturamenyekana.

Ihuriro AFC/M23 ryari riherutse gushyira hanze itangazo, rivuga ko nubwo hari abasirikare benshi b’u Burundi bavuye ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagasubira iwabo, ariko hari n’abandi bakiri mu bice binyuranye by’iki Gihugu.

Ni mu gihe kuva ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, hari abasirikare ba Congo bagera ku 1 000, bari kumwe n’inyeshyamba z’umutwe wa FDLR, bahungiye muri Rumonge bakoresheje n’ubundi inzira y’Ikiyaga.

Amakuru avuga ko hari basirikare n’abarwanyi benshi bakoraniye mu kigo cya gisirikare kiri hafi hafi ya Bujumbura, ndetse n’abari muri sitade yo muri uyu mujyi, nyuma yo guhunga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 4 =

Previous Post

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Next Post

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.