• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

radiotv10by radiotv10
16/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha gapima amacandwe, nyuma yuko hari ugaragaje ko izamuka ry’imibare y’abandura iyi Virusi ishobora kuba ifitanye isano n’ubu buryo bukoreshwa.

Umwe mu bakunze gukoresha urubuga nkoranyambaga rwa X, witwa Rameck Gisanintwari yavuze ko imibare y’urubyiruko rwandura Virusi itera SIDA mu Rwanda ikomeje kwiyongera.

Yakomeje avuga ko uburyo bwo kwisuzuma Virusi itera SIDA hakoreshejwe uburyo bwo gupima mu macandwe bushobora kuba butatanga ibisubizo byizewe 100%.

Ati “Ko SIDA itandurira mu macandwe, aka gakoresho bakoza mu kanwa ku ishinya bapima HIV/AIDS, kabona SIDA gute kandi mu macandwe nta SIDA ibamo. Aka gakoresho kakwizerwa ka ngahe ku ijana?”

Mu gusubiza uyu wagaragaje izi mpungenge, Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyavuze ko ari byo koko “Virusi itera SIDA ntiba mu macandwe ku buryo yananduriramo. Ariko, igikoresho OraQuick ntigipima virusi ubwayo, ahubwo gipima abasirikare b’umubiri (antibodies) umubiri wakoze mu maraso mu kurwanya iyi virusi (VIH).”

RBC yakomeje igira iti “Aba basirikare b’umubiri (antibodies baba bari no mu macandwe (biturutse mu maraso), ni yo mpamvu iki gikoresho gishobora kuyibona n’iyo gikoze ku ishinya gusa.”

Iki kigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima kivuga ko ibi “Bivuze ko si SIDA iri mu macandwe, ahubwo ni ibimenyetso by’uko umubiri wayirwanyije.”

RBC yamaze impungenge, ivuga ko iki gikoresho (OraQuick) kizewe hafi ya 99%, kandi gishobora gutuma hamenyekana abanduye ku kigero cya 99% ndetse n’abatanduye kuri 99%.

Gusa nanone iyo umuntu acyandura iyi Virusi itera SIDA mu gihe kiri munsi y’ibyumweru biri hagati ya bitatu na 12, antibodies ziba zitaragaragara neza, akaba ari yo mpamvu abantu bagirwa inama yo gusubiramo ibizamini cyangwa bakajya gukoresha ikizamini cyo mu maraso ku Bigo Nderabuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + six =

Previous Post

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Next Post

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.