Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we.
Uyu munyamakuru ukorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, byumwihariko mu gusoma amakuru kuri Televiziyo Rwanda, yatangaje inkuru y’ubukwe bwe kuri uyu wa Kane.
Mu butumwa bugaragaza integuza y’ubukwe bwe n’umusore witwa Francis, Mushashi yerekanye ko bazasezerana tariki 14 Werurwe umwaka utaha wa 2026.
Yagaragaje kandi amafoto ari kumwe n’uyu musore bivugwa ko bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, baka biyemeje kwibanira nk’umugore n’umugabo.
Yanashyizeho kandi ijambo ry’Imana rigaragaza ibyishimo atewe no kuba agiye kurushinga, byumwihariko yerekana ibyishimo byo kuba agiye kwibanira n’uyu mukunzi we.
Yifashishije umurongo wa Bibiliya wo mu ndirimbo za Salomo 3:4, yagize ati “Mbona uwo umutima wanjye ukunda.”
Uyu murongo wose ugira uti “Tugitandukana gato, Mbona uwo umutima wanjye ukunda. Ndamufata nanga kumurekura, Kugeza ubwo namugejeje mu nzu ya mama, Mu cyumba cy’uwambyaye.”
Aimée Beauté Mushashi ugiye kurushinga, yanyuze ku bitangazamakuru binyuranye birimo Radio Salus, na TV 1 ari na yo yavuyeho yerecyeza kuri RBA muri Nyakanga umwaka ushize wa 2024.


RADIOTV10










