Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani n’ibyo asanze, ndetse rimwe na rimwe agatorokera mu kigo gishinzwe umutekano bakabihanirwa kandi bahasorera.
Abacuruza amatungo magufi ndetse n’abaturiye aho aya matungo acururizwa inyuma y’ibiro by’Umurenge wa Kabarondo, bavuga ko ayo matungo magufi yiganjemo ihene abangiriza, ndetse rimwe na rimwe ngo atorokera mu kigo cy’inzego z’umutekano bakabahana. Ibyo bahurizaho ni ugusaba ko hazitirwa.
Uwitwa Nigena Salomo ati “Bari kuduteza umwanda, ikindi cya kabiri ihene iragenda ikangiriza imyaka. Reba nk’aha Jaride umuntu yateye nta kintu bamufasha ngo ubusitani bwe bugire isuku, ariko ihene z’abacuruzi ziratwangiririza. Reba nka kiriya gisheke naragiteye ndacyuhirira ariko ihene z’abacuruzi ziracyona; niyo ubibabwiye barakubwira ngo iri soko bararisorera.”
Undi witwa Baryanishavu Jean Claude ati “Iyo haje abantu benshi bagashyiramo ihene, umuntu akaza agafata ihene ye, iyawe yagica ikagenderamo. Hegereye sitasiyo, iyo ihene igiyeyo barayifata bakayica ibihumbi 20. Mudufashije mukazitira iri soko byaturinda ibihombo.”
Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Kayonza, Hategekimana Fred, yavuze ko bagiye kureba imiterere y’aho kugira ngo ryimuke cyangwa bashakirwe ahandi bakorera.
Ati “Ntabwo nari nkizi; tuza gukurikirana turebe igishoboka, niba bisaba kuzitira, niba tubona ko bihakwiriye koko rihagume isoko, niba tubona ko ritahakwiriye abantu bashake ahandi ryakorera. Ariko turagikurikirana dushaka igisubizo kiboneke.”
Ni ikibazo abarema iri soko n’abarituriye basaba ko cyamurwa mu buryo burambye kuko habateza ibihombo ndetse n’umwanda. Ni isoko rirema buri wa mbere no wa kane wa buri cyumweru.




Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10







