• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

radiotv10by radiotv10
20/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko bahungiye mu Burundi, bahagera iki Gihugu kigafunga umupaka ugihuza na DRC.

Izi mpungenge zagaragajwe n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Ukuboza 2025, nyuma y’iminsi micye iri Huriro ritangiye kuvana Ingabo zaryo mu Mujyi wa Uvira.

Muri ubu butumwa, Kanyuka yavuze ko “AFC/M23 iragaragaza impungenge ku Banyekongo benshi bifuza gusubira mu ngo zabo ku bushake muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byumwihariko muri Uvira, Sangé, Luvungi, Kamanyola no mu bice bihakikije ubu bibangamiwe n’ubuyobozi bw’u Burundi nyuma yo gufunga umupaka.”

Kanyuka akomeza avuga ko iri Huriro rya “AFC/M23 ribabajwe no kuba hari abagore, abana n’abagabo batakaje icyizere cyo gusubira mu miryango yabo no kongera kubaka ubuzima bwabo, bambuwe uburenganzira bw’ibanze bwo gutahuka mu mutekano, mu cyubahiro ndetse no ku bushake bwabo.”

Yaboneyeho kwibutsa ko nubwo aba Banyekongo babuze uko basubira mu byabo kubera icyemezo cyafashwe na Leta y’u Burundi, iri Huriro ryo riherutse gufasha Abarundi barenga 1 000 bari muri Uvira, gusubira iwabo, babikorewe mu buryo bwo kugaragaza imikoranire ndetse no kubaha amahame rusange y’uburenganzira bwa muntu.

Kanyuka yarangije ubutumwa bwe avuga ko ubuyobozi bwa AFC/M23 buhamagarira ubutegetsi bw’u Burundi kureka bariya Banyekongo bagasubira mu Gihugu cyabo, kandi bigakorwa bidatinze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Next Post

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry'umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.