• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

radiotv10by radiotv10
14/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo
Share on FacebookShare on Twitter

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe buhoramo ibyishimo.

Ni mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ashimira abamwifurije isabukuru nziza y’amavuko yagize ku ya 12 Mutarama.

Yatangiye ubutumwa bwe agira ati “Ndifuza gushimira byimazeyo abantu bose banyifurije isabukuru nziza ku ya 12 Mutarama 2026. Ubutumwa bwanyu bwiza kandi bukora ku mutima bwankoze ku mutima kandi bunyuzuzamo gushimira.”

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha yakomeje agira ati “Ndashaka kandi gushimira byimazeyo umugabo wanjye, Nyakubahwa Général Major Evariste Ndayishimiye, ufite urukundo n’ubutwari bitagira ingano bituma ubuzima bwanjye buhoramo ibyishimo nyakuri.”

Madamu Angeline kandi yanashimiye abana be ndetse n’inshuti z’umuryango we, bamufashije mu birori byo kwizihiza iyi sabukuru y’imyaka 50 yujuje tariki 12 Mutarama 2026.

Ati “Ndashimira cyane abana banjye n’inshuti zanjye, bakoze ibishoboka byose kugira ngo uyu munsi ube uw’umwihariko kandi utazibagirana. Urukundo rwanyu n’inkunga yanyu bimpa imbaraga nyinshi kandi bikantera imbaraga zo gukurikirana inzozi zanjye. Ndashimira iteka ryose.”

Madamu Angeline Ndayishimiye Ndayubaha wavutse tariki 12 Mutarama 1976, mu kiganiro yagiranye na BBC Gahuza muri 2023 yahishuye byinshi ku buzima bwe bwite, birimo kuba yarabaye umusirikare akagira ipeti rya Lieutenant.

Yanavuze kandi ku rugendo rw’urukundo rwe na Evariste Ndayishimiye bamenyanye ubwo Angeline yari arangije umwaka wa karindwi w’amashuri abanza ubwo mu Gihugu cyabo cy’u Burundi cyarimo ibibazo bya politiki.

Icyo gihe yavuze ko yabaye kwa Nyirakuru wari uturanye n’iwabo w’umugabo we, akajya aza kumusura, bakiyemeza kwinjira mu mushinga w’urukundo rwaje gukura, kugeza bashakanye nk’umugore n’umugabo.

Perezida Ndayishimiye yashimiwe n’umugore we ko atuma ubuzima bwe buhoramo ibyishimo
Umuryango we wamufashije kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’amavuko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + eight =

Previous Post

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Next Post

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.