Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

radiotv10by radiotv10
17/01/2026
in MU RWANDA
0
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona abakozi b’iyi kaminuza bazindutse babarandurira imyaka bari bahinze, batanamenyeshejwe impamvu, bakaba basaba kwishyurwa ibyangijwe.

Aba baturage bavuga ko bari barahawe ubutaka na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, kugira ngo bahingemo bibafashe kwiteza imbere. Icyakora, batangazwa no kubona ubuyobozi bw’iyo kaminuza bwohereje abantu barandura imyaka yabo yari imaze gukura.

Kamana Eliezel ati “Kaminuza yadutije ubutaka itubwira ko tugomba kubuhingamo kandi ntibigeze batubwira ko tutemerewe guhingamo imyumbati. None bayiranduye, ibura igihe gito ngo yere. Byanteye agahinda kubona abantu barandura imyaka yaburaga igihe gito ngo yere bakayirandura batabanje kumenyesha nyirayo. Bagombaga kubanza kumenyesha. Nari nashoyemo amafaranga menshi; bagombaga kubanza kuyinyishyura iyo myaka bagiye kwangiza cyangwa bakareka ikera bagatwara ubutaka bwabo.”

Tumugire Jeanette ati “Icyadutunguye ni ukubona abantu baza kurandura imyaka yacu tutabwiwe impamvu. Twari twarashoye amafaranga menshi, none byose birangirika. Ubu bandanduriye imyumbati ni ibihombo.”

Izere Delphine ati “Twe twahinze babibona, ntawigeze atubwira ko bibujijwe. Barindiriye ko imyaka yenda kwera barayirandura. Ubu se iyo batubwira tukareka guhinga aho kugira ngo tubanze duhinge dushyiremo ibishoro? Bari batubwiye ngo duhinge ibyo dushaka. None tubonye imyumbati irandurwa byatuyobeye.”

Habimana Emmanuel ati “Niba hari imishinga kaminuza ishaka gukoreramo, twari twiteguye kubyumva. Ariko byari bikwiye ko badutegereza tukazasarura cyangwa bakatwishyura ibishoro byacu.”

Aba baturage bose basaba ko bahabwa ingurane y’imyaka yangijwe kuko bavuga ko bamaze gutakarizamo amafaranga menshi n’imbaraga.

Ku ruhande rwa Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, Dr. Jean Bosco Shema, umwe mu bayobozi bayo, avuga ko abahinzi batari bakwiye gutungurwa.

Ati “Ibyo twari twaravuganye n’abo baturage ni uko bagombaga guhinga imyaka yera vuba. Imyumbati imara igihe kinini mu butaka, bityo ntijyanye n’ibyo twari twemeranyijwe; ni yo mpamvu twayiranduye.”

Nubwo uyu muyobozi avuga ibi, abaturage bo bavuga ko koko bari barabanje kubwirwa guhinga imyaka yera vuba, ariko kubera ko iyo bahingaga yajyaga yonwa n’inyamaswa ziva mu ishyamba rya kaminuza, barabireka. Nyuma ngo ubuyobozi bwabahamagaye bubabwira ko bashobora guhinga ibyo bashaka, ari na yo mpamvu bahinze imyumbati kandi banayihinga ubuyobozi bwa kaminuza buhari ntibwababuza.

Ibi bituma aba baturage bavuga ko batunguwe cyane no kubona imyumbati yabo irandurwa nyamara yari igeze hafi yo kwera, bagasaba ko kaminuza yabitaho ikabishyura ibyangijwe.

Bavuga ko imyaka yabo yaranduwe batabanje kubimenyeshwa
Bavuga ko byabatunguye none bikaba bigiye kubateza ubukene

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Next Post

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.