Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho bivugwa ko babitewe n’umushahara w’intica ntikize.
Abarimu bari guhagarika akazi mu gihe Minisiteri y’Uburezi yashyizeho ingamba zo guhagarika iki kibazo, ariko n’ubundi ntibibabuze gutera umugongo uburezi.
abarimu benshi bava mu myanya yabo, bigahungabanya imikorere isanzwe y’amashuri hirya no hino mu gihugu.
Abarimu na bamwe mu bayobozi b’amashuri bava mu kazi kabo kugira ngo bajye gushakira amahirwe mu mahanga, mu Bihugu binyuranye birimo iby’Abarabu n’ibihugu byo mu kigobe cy’i Burayi, cyane cyane i Dubai.
Abarimu bo muri iki Gihugu cy’u Burundi, bakunze kuzamura amajwi bamagana imishahara mito n’imikorere mibi y’akazi, bituma batabona iby’ibanze bakeneye.
Mu cyumweru gishize Minisiteri y’Uburezi yoherereje abayobozi b’Intara bose ubutumwa ibasaba gukora raporo irambuye ku barimu bata akazi kabo. Abayobozi b’amashuri batatanze aya makuru bashobora kwishyurwa imishahara yabo irenze urugero abarimu batazi.
Kugeza ubu, umubare nyawo w’abarimu bata akazi nturamenyekana. Intara zimwe na zimwe, nka Burunga mu majyepfo y’Igihugu, zigizweho ingaruka cyane, aho amakomini nka Matana, Rumonge, na Nyanza aho amashuri menshi akora afite abakozi bacye.
Perezida w’Ishyirahamwe ry’Igihugu ry’Uburezi mu Burundi (FENASEB), Antoine Manuma, aherutse kuvuga ko iri shyirahamwe ribabajwe n’uko imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Uburezi ya 2022 itarashyirwa mu bikorwa nyamara yari yitezweho kurandura iki kibazo gikomeje kudindiza ireme ry’uburezi.
FENASEB isaba inama y’igihugu ihuza abafatanyabikorwa bose mu rwego rw’uburezi gukora isuzuma ku ishyirwa mu bikorwa rya biriya byemezo byagombaga kuba inkingi nyamwamba yo kuzahura uburezi, birimo ibyasabaga kongera imishahara y’abarimu.
RADIOTV10











