Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

radiotv10by radiotv10
22/01/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho bivugwa ko babitewe n’umushahara w’intica ntikize.

Abarimu bari guhagarika akazi mu gihe Minisiteri y’Uburezi yashyizeho ingamba zo guhagarika iki kibazo, ariko n’ubundi ntibibabuze gutera umugongo uburezi.

abarimu benshi bava mu myanya yabo, bigahungabanya imikorere isanzwe y’amashuri hirya no hino mu gihugu.

Abarimu na bamwe mu bayobozi b’amashuri bava mu kazi kabo kugira ngo bajye gushakira amahirwe mu mahanga, mu Bihugu binyuranye birimo iby’Abarabu n’ibihugu byo mu kigobe cy’i Burayi, cyane cyane i Dubai.

Abarimu bo muri iki Gihugu cy’u Burundi, bakunze kuzamura amajwi bamagana imishahara mito n’imikorere mibi y’akazi, bituma batabona iby’ibanze bakeneye.

Mu cyumweru gishize Minisiteri y’Uburezi yoherereje abayobozi b’Intara bose ubutumwa ibasaba gukora raporo irambuye ku barimu bata akazi kabo. Abayobozi b’amashuri batatanze aya makuru bashobora kwishyurwa imishahara yabo irenze urugero abarimu batazi.

Kugeza ubu, umubare nyawo w’abarimu bata akazi nturamenyekana. Intara zimwe na zimwe, nka Burunga mu majyepfo y’Igihugu, zigizweho ingaruka cyane, aho amakomini nka Matana, Rumonge, na Nyanza aho amashuri menshi akora afite abakozi bacye.

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Igihugu ry’Uburezi mu Burundi (FENASEB), Antoine Manuma, aherutse kuvuga ko iri shyirahamwe ribabajwe n’uko imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Uburezi ya 2022 itarashyirwa mu bikorwa nyamara yari yitezweho kurandura iki kibazo gikomeje kudindiza ireme ry’uburezi.

FENASEB isaba inama y’igihugu ihuza abafatanyabikorwa bose mu rwego rw’uburezi gukora isuzuma ku ishyirwa mu bikorwa rya biriya byemezo byagombaga kuba inkingi nyamwamba yo kuzahura uburezi, birimo ibyasabaga kongera imishahara y’abarimu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + seventeen =

Previous Post

Why Some People Feel Tired After Socializing

Next Post

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Related Posts

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.