Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

radiotv10by radiotv10
22/01/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho bivugwa ko babitewe n’umushahara w’intica ntikize.

Abarimu bari guhagarika akazi mu gihe Minisiteri y’Uburezi yashyizeho ingamba zo guhagarika iki kibazo, ariko n’ubundi ntibibabuze gutera umugongo uburezi.

abarimu benshi bava mu myanya yabo, bigahungabanya imikorere isanzwe y’amashuri hirya no hino mu gihugu.

Abarimu na bamwe mu bayobozi b’amashuri bava mu kazi kabo kugira ngo bajye gushakira amahirwe mu mahanga, mu Bihugu binyuranye birimo iby’Abarabu n’ibihugu byo mu kigobe cy’i Burayi, cyane cyane i Dubai.

Abarimu bo muri iki Gihugu cy’u Burundi, bakunze kuzamura amajwi bamagana imishahara mito n’imikorere mibi y’akazi, bituma batabona iby’ibanze bakeneye.

Mu cyumweru gishize Minisiteri y’Uburezi yoherereje abayobozi b’Intara bose ubutumwa ibasaba gukora raporo irambuye ku barimu bata akazi kabo. Abayobozi b’amashuri batatanze aya makuru bashobora kwishyurwa imishahara yabo irenze urugero abarimu batazi.

Kugeza ubu, umubare nyawo w’abarimu bata akazi nturamenyekana. Intara zimwe na zimwe, nka Burunga mu majyepfo y’Igihugu, zigizweho ingaruka cyane, aho amakomini nka Matana, Rumonge, na Nyanza aho amashuri menshi akora afite abakozi bacye.

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Igihugu ry’Uburezi mu Burundi (FENASEB), Antoine Manuma, aherutse kuvuga ko iri shyirahamwe ribabajwe n’uko imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Uburezi ya 2022 itarashyirwa mu bikorwa nyamara yari yitezweho kurandura iki kibazo gikomeje kudindiza ireme ry’uburezi.

FENASEB isaba inama y’igihugu ihuza abafatanyabikorwa bose mu rwego rw’uburezi gukora isuzuma ku ishyirwa mu bikorwa rya biriya byemezo byagombaga kuba inkingi nyamwamba yo kuzahura uburezi, birimo ibyasabaga kongera imishahara y’abarimu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 4 =

Previous Post

Why Some People Feel Tired After Socializing

Next Post

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.