Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy’ibyumba bikonjesha umusaruro bidakora.

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi igaragaza ko umusaruro w’ubuhinzi wangirika mu gihugu hose nyuma yo gusarurwa usaga 30 ku ijana, aho umwinshi muri wo uba ari imboga n’imbuto. Ni muri urwo rwego, hirya no hino mu gihugu hashyizwe ibyumba bikonjesha umusaruro bizwi nka cold rooms, bigamije gufasha abaturage kubika ibyo basaruye mu gihe bitarajyanwa ku masoko, bityo bigatuma bitangirika.

Raporo y’Umuvunyi yo mu mwaka wa 2024–2025 yagaragaje ko mu igenzura bakoze basanze hari ibyumba byagenewe gukonjesha umusaruro bidakora. Abadepite bagaragaje ko ibi bigira ingaruka mbi ndetse bigateza ibihombo Leta, kuko amafaranga yakoreshejwe mu kubaka ibyo bikorwa remezo aba yarapfuye ubusa.

Ubwo Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Guteza Imbere Iyoherezwa mu Mahanga ry’Ibikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi (NAEB) bitabaga Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, basabwe gusobanura ku bibazo byagaragaye muri raporo y’Umuvunyi. Abadepite babajije iherezo ry’ibyumba bikonjesha umusaruro bidakora.

Depite Mukabalisa Germaine yagize ati “Bimaze kuvugwa kenshi, ngira ngo NAEB ihora ibazwa iki kibazo. Ese gahunda yo gushyiraho ibyumba bikonjesha hirya no hino yagiyeho nta nyigo? Kuko uko tubibona, niba byaragiye ahategereye umusaruro zikaba kure y’abaturage, ndetse zikaba n’aho ziri zidakenewemo, birumvikana ko zitazakoreshwa. Nagira ngo tumenye niba hari inyigo yakozwe mbere yo kubishyiraho.”

Yakomeje agira ati “Biratangaje kuba hashyirwa ibyumba bikonjesha ahantu hatari umusaruro uhagije, zikaba nyinshi. Turashaka kumenya icyerekezo iki kibazo gifite ku rwego rw’igihugu: izigifitiwe icyizere zikoreshwe, izitagifite icyo zimaze ntituzibare, abaturage bashakirwe ibindi bisubizo.”

Depite Mvano Nsabimana Etienne yagize ati: “Ntekereza ko ibi byumba bikonjesha biri mu nshingano za Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi. Nagira ngo mbaze MINAGRI umwanzuro ifite kuri iki kibazo, cyane ko usanga bidakoreshwa icyo byagenewe.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Guteza Imbere Iyoherezwa mu Mahanga ry’Ibikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi NAEB,  Bizimana Claude, yasobanuye impamvu yatumye ibyo byumba bidakoreshwa.

Yagize ati “Aho dufitiye amakuru arambuye ni ahubatswe cold rooms mu bice byahujwe ubutaka; aho ni ho twabonye habaye ikibazo cy’ikoranabuhanga. Ikindi cyagaragaye ni uko ibikonjeshwa bitandukanye bidakenera ubushyuhe bumwe: washyiramo urusenda, avoka, imiteja ugasanga ntibihura. Ubutaha tuzakora isesengura mbere yo kubaka, naho ibidakora hafatwe umwanzuro wo kubihagarika cyangwa izo nyubako zigakoreshwa ibindi.”

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi na yo yemereye Abadepite ko igiye gushyira imbaraga mu gushaka igisubizo kirambye kuri iki kibazo cyagaragajwe na raporo y’Umuvunyi.

Dr. Olivier Kamana, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, yagize ati: “Nk’a Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, twiyemeje ko iki ari ikibazo tugomba gufata tukakigira icyacu, tugakorera inyigo ya buri cyumba gikonjesha aho kiri, tukanareba uko byahuzwa n’abafite ikibazo cy’umusaruro wangirika. Tubemereye ko tugiye kubikora vuba kugira ngo izi cold rooms zireke kubaho zidakoreshwa, zikore icyo zagenewe bityo abahinzi ntibazongere gutakaza umusaruro.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Guteza Imbere Iyoherezwa mu Mahanga ry’Ibikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi (NAEB) kigaragaza ko kugeza ubu mu gihugu hose gihafite ibyumba bikonjesha umusaruro bigera kuri 48, bifite ubushobozi bwo gutanga metero kibe 5,324 ku munsi.

Depite Mukabalisa Germaine
Umuyobozi mukuru wa NAEB
Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 3 =

Previous Post

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Next Post

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.