Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu mu Gisirikare, kubera amashusho yafashe abasirikare yari ayoboye ku rugamba ubwo bari mu bwato, akasakaza ku mbuga nkoranyambaga.
Capitaine de corvette Buba Ambwa Jean Dénis, wari Komonda w’agategenyo w’abasirikare barwanira mu mazi mu Kiyaga cya Albert, yakatiwe iki gihano kuri uyu wa 21 Mutarama 2026 ahamijwe icyaha cyo kurenga ku mabwiriza ya gisirikare.
Amashusho yatumye uyu musirikare akatirwa gufungwa imyaka 20, yayafashe ubwo yari ayoboye abo basirikare bari mu bikorwa byo guhashya umutwe w’inyeshyamba wa CRP wa Thomas Lubanga muri Ituri.
Ku ya 8 Ukwakira 2025, Capitaine Buba Ambwa yayoboye itsinda ry’abasirikare bari mu bwato bunini bugana ku nkombe za Nyambamba, i Kasenyi, kugira ngo barwane n’inyeshyamba z’uyu mutwe wa CRP.
Ubwo bari muri icyo gikorwa, uyu musirikare yafashe amashusho ye n’abasirikare yari ayoboye akoresheje telefoni ye, arangije ayasakaza ku mbuga nkoranyambaga.
Ubushinjacyaha bwavuze ko iki gikorwa kigiza icyaha cyo kurenga ku mabwiriza ya gisirikare mu gihe cy’intambara.
Nyuma y’isesengura ry’Urukiko, rwasanze uyu musirikare ahamwa n’icyaha, rutegeka ko yirukanwa burundu mu Ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), runavuga ko iki gihano ari uburyo bwo gutanga urugero rwo kwihanangiriza undi musirikare wese wahirahira gukora nka biriya. Gusa uruhande rw’uregwa rwamaze kujuririra iki cyemezo.
RADIOTV10










