• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

radiotv10by radiotv10
23/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ari kimwe mu by’ingenzi byazana umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu, kandi ko bizaganirwaho i Doha.

Sarah Troutman yatangaje ibi kuri wa Kane, tariki ya 22 Mutarama, ubwo yitabaga Komite Nshingamategeko y’Ububanyi n’Amahanga ya Afurika mu nama yiswe “Guteza imbere amahoro muri Congo no mu Rwanda binyuze mu masezerano ya Perezida Trump ya Washington.”

Troutman yavuze ko kwinjiza abarwanyi ba AFC/M23 mu ngabo za Congo bizaganirwaho mu biganiro by’amahoro biri hagati ya Leta y’iki Gihugu n’Ihuriro AFC/M23 i Doha, muri Qatar.

Umutwe wa AFC/M23 ugizwe n’Abanyekongo biyemeje gufata intwaro bakarwanya leta mu myaka myinshi ishize, bavuga ku bibazo bijyanye n’ubuyobozi, birimo urugomo rushingiye ku moko, ivanguramoko rya politiki n’imibereho myiza.

Ibi bibazo byagize ingaruka cyane ku miryango y’Abatutsi b’Abanyekongo, bakorewe ibikorwa bishingiye ku ngengabitekerezo y’amoko iyobowe na FDLR igizwe n’abasigaye bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Troutman yagize ati “Icyo ni ikintu cy’ingenzi mu biganiro by’i Doha kandi kizaganirwaho mu biganiro birambuye.”

Yakomeje agira ati “Twashyigikiye cyane imbaraga za Qatar zo gutumiza ibyo biganiro, kandi America izakomeza gutanga inkunga ya tekiniki mu gihe tuzaba dukomeje iyo mishyikirano.”

Yavugaga ku biganiro by’amahoro biyobowe na Leta ya Qatar, yatangijwe muri Mata 2025 kugira ngo byunganire amasezerano n’ibiganiro by’Washington hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byibanda ku gukemura ibibazo by’umutekano bimaze igihe kirekire hagati y’Ibihugu byombi.

Umudepite Ronny Jackson yavuze ko kurangiza amakimbirane byagorana niba nta gahunda isobanutse kandi ihamye yo kongera guhuza abarwanyi.

Jackson yagize ati “Sintekereza ko (AFC/M23) bazashyira intwaro zabo hasi bugacyaha batangira guhinga. Hagomba kubaho imbaraga zihuriweho na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zo gufata Abakongomani ba M23 no kubashyira mu buryo bwagutse bwo kurinda Igihugu, byaba ari ukubaha kuba mu gisirikare ahantu runaka…Nawe ugomba kugira gahunda yabyo.”

Ibiganiro bya Doha bigamije gusasa inzobe hagati ya Guverinoma ya Congo na AFC/M23, hagamijwe gushaka mu mizi umuti w’ibibazo by’amakimbirane no gushyiraho umurongo urambye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 9 =

Previous Post

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Next Post

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk'utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.