• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

radiotv10by radiotv10
25/01/2026
in MU RWANDA
0
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita umugore we Nyirandayisenga Chantal ijoro ryose kugeza ashizemo umwuka amuziza ko ku munsi w’ejo yatije isuka iwabo ntibyakirwe neza n’uyu mugabo we.

Byabereye mu mudugudu wa Muhora mu ijoro  ryo kuri uyu wa gatandatu rishyira ku cyumweru, ubwo uyu mugabo yabazaga umugore we impamvu yatije isuka ye agatangira kumukubita abanje gukingirana abana ngo batabibona.

Mu gitondo cyo kuri icyi cyumweru ni bwo abana babiri bari bafitanye ise yari yakingiraniye mu cyumba babyutse bakabura ubakingurira umwe agakanyura mu idirishya agakingurira mwene nyina bareba mu gikoni bakabona nyina yapfuye akaba ari bwo bajya gutabaza.

Uwitwa Musabyimana Jean de Dieu wahaye amakuru Radio&Tv10 ati “Abana ni bo batubwiye ko ngo hari isuka yari yatije kwa sebukwe (iwabo w’umugore) ngo yamubajije impamvu yatanze iyo suka, umugabo abwira abana ngo bajye kuryama, atangira kumukubita cyane abana babyumva ariko ngo bari bagize ubwoba”.

Uyu muturage wageze aho umurambo wa Nyirandayisenga Chantal wasanzwe yavuze ko basanze bigaragara ko yakubitswe ku gice cy’umutwe, ati “Ubona ko yavuye amaraso mu kanwa no mu matwi”.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nkungu Habimana Emmanuel wemeje amakuru y’uru rupfu yavuze ko bashingiye ku bimenyetso basanze mu nzu bakeka ko uyu mugore yaba yishwe n’umugabo we wahise atoroka.

Ati “Birakekwa ko umugabo we ari we waba yamwishe kuko yaburiwe irengero kugera n’iyi saha. Twasanze umurambo uri mu gikoni binagaragara ko baraye barwanye kuko ibintu byo mu nzu bisa nk’ibyamenaguritse, ibyo mu gikoni byo guteka nabyo byamenetse”.

Ubuyobozi bw’ummurenge wa Nkungu buvuga ko uru rugo rwari rubanye mu makimbirane adakabije cyane nko mu myaka itatu ishize, kuko bwo ngo byigeze kugera aho uyu mugore agerageza kwiyahura anyoye imiti yica nabwo bitewe n’amakimbirane yari afitanye n’umugabo.

Gitifu Habimana ati “Mu myaka nk’itatu ishize  umugore ngo yigeze kunywa umuti wa simicombe yiyahura kubera amakimbirane, ariko hari hashize amezi nk’atandatu nta makimbirane ari muri uru rugo”.

Sindayiheba Jean de Dieu wahise atoroka yahise atangira gushakishwa n’inzego z’umutekano mu gihe urwego rw’ubugenzacyaha narwo watangiye akazi k’iperereza kuri uru rupfu.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Next Post

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by'umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.