Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

radiotv10by radiotv10
25/01/2026
in MU RWANDA
0
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita umugore we Nyirandayisenga Chantal ijoro ryose kugeza ashizemo umwuka amuziza ko ku munsi w’ejo yatije isuka iwabo ntibyakirwe neza n’uyu mugabo we.

Byabereye mu mudugudu wa Muhora mu ijoro  ryo kuri uyu wa gatandatu rishyira ku cyumweru, ubwo uyu mugabo yabazaga umugore we impamvu yatije isuka ye agatangira kumukubita abanje gukingirana abana ngo batabibona.

Mu gitondo cyo kuri icyi cyumweru ni bwo abana babiri bari bafitanye ise yari yakingiraniye mu cyumba babyutse bakabura ubakingurira umwe agakanyura mu idirishya agakingurira mwene nyina bareba mu gikoni bakabona nyina yapfuye akaba ari bwo bajya gutabaza.

Uwitwa Musabyimana Jean de Dieu wahaye amakuru Radio&Tv10 ati “Abana ni bo batubwiye ko ngo hari isuka yari yatije kwa sebukwe (iwabo w’umugore) ngo yamubajije impamvu yatanze iyo suka, umugabo abwira abana ngo bajye kuryama, atangira kumukubita cyane abana babyumva ariko ngo bari bagize ubwoba”.

Uyu muturage wageze aho umurambo wa Nyirandayisenga Chantal wasanzwe yavuze ko basanze bigaragara ko yakubitswe ku gice cy’umutwe, ati “Ubona ko yavuye amaraso mu kanwa no mu matwi”.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nkungu Habimana Emmanuel wemeje amakuru y’uru rupfu yavuze ko bashingiye ku bimenyetso basanze mu nzu bakeka ko uyu mugore yaba yishwe n’umugabo we wahise atoroka.

Ati “Birakekwa ko umugabo we ari we waba yamwishe kuko yaburiwe irengero kugera n’iyi saha. Twasanze umurambo uri mu gikoni binagaragara ko baraye barwanye kuko ibintu byo mu nzu bisa nk’ibyamenaguritse, ibyo mu gikoni byo guteka nabyo byamenetse”.

Ubuyobozi bw’ummurenge wa Nkungu buvuga ko uru rugo rwari rubanye mu makimbirane adakabije cyane nko mu myaka itatu ishize, kuko bwo ngo byigeze kugera aho uyu mugore agerageza kwiyahura anyoye imiti yica nabwo bitewe n’amakimbirane yari afitanye n’umugabo.

Gitifu Habimana ati “Mu myaka nk’itatu ishize  umugore ngo yigeze kunywa umuti wa simicombe yiyahura kubera amakimbirane, ariko hari hashize amezi nk’atandatu nta makimbirane ari muri uru rugo”.

Sindayiheba Jean de Dieu wahise atoroka yahise atangira gushakishwa n’inzego z’umutekano mu gihe urwego rw’ubugenzacyaha narwo watangiye akazi k’iperereza kuri uru rupfu.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Next Post

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by'umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.