Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

radiotv10by radiotv10
25/01/2026
in MU RWANDA
0
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita umugore we Nyirandayisenga Chantal ijoro ryose kugeza ashizemo umwuka amuziza ko ku munsi w’ejo yatije isuka iwabo ntibyakirwe neza n’uyu mugabo we.

Byabereye mu mudugudu wa Muhora mu ijoro  ryo kuri uyu wa gatandatu rishyira ku cyumweru, ubwo uyu mugabo yabazaga umugore we impamvu yatije isuka ye agatangira kumukubita abanje gukingirana abana ngo batabibona.

Mu gitondo cyo kuri icyi cyumweru ni bwo abana babiri bari bafitanye ise yari yakingiraniye mu cyumba babyutse bakabura ubakingurira umwe agakanyura mu idirishya agakingurira mwene nyina bareba mu gikoni bakabona nyina yapfuye akaba ari bwo bajya gutabaza.

Uwitwa Musabyimana Jean de Dieu wahaye amakuru Radio&Tv10 ati “Abana ni bo batubwiye ko ngo hari isuka yari yatije kwa sebukwe (iwabo w’umugore) ngo yamubajije impamvu yatanze iyo suka, umugabo abwira abana ngo bajye kuryama, atangira kumukubita cyane abana babyumva ariko ngo bari bagize ubwoba”.

Uyu muturage wageze aho umurambo wa Nyirandayisenga Chantal wasanzwe yavuze ko basanze bigaragara ko yakubitswe ku gice cy’umutwe, ati “Ubona ko yavuye amaraso mu kanwa no mu matwi”.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nkungu Habimana Emmanuel wemeje amakuru y’uru rupfu yavuze ko bashingiye ku bimenyetso basanze mu nzu bakeka ko uyu mugore yaba yishwe n’umugabo we wahise atoroka.

Ati “Birakekwa ko umugabo we ari we waba yamwishe kuko yaburiwe irengero kugera n’iyi saha. Twasanze umurambo uri mu gikoni binagaragara ko baraye barwanye kuko ibintu byo mu nzu bisa nk’ibyamenaguritse, ibyo mu gikoni byo guteka nabyo byamenetse”.

Ubuyobozi bw’ummurenge wa Nkungu buvuga ko uru rugo rwari rubanye mu makimbirane adakabije cyane nko mu myaka itatu ishize, kuko bwo ngo byigeze kugera aho uyu mugore agerageza kwiyahura anyoye imiti yica nabwo bitewe n’amakimbirane yari afitanye n’umugabo.

Gitifu Habimana ati “Mu myaka nk’itatu ishize  umugore ngo yigeze kunywa umuti wa simicombe yiyahura kubera amakimbirane, ariko hari hashize amezi nk’atandatu nta makimbirane ari muri uru rugo”.

Sindayiheba Jean de Dieu wahise atoroka yahise atangira gushakishwa n’inzego z’umutekano mu gihe urwego rw’ubugenzacyaha narwo watangiye akazi k’iperereza kuri uru rupfu.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − seven =

Previous Post

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Next Post

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by'umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.