Thursday, February 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

radiotv10by radiotv10
27/01/2026
in IMYIDAGADURO
1
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko bwuzuye ubwishongozi, bamusaba kwiyoroshya hato aho butamukururira kumukuraho abantu aho kubakurura.

Uwitwa Chef Arsene ukunze kunyuza ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwerecyeye imitegurire y’amafunguro, yashyize kuri X ubuvuga ko byaba bibabaje kuba hari abari mu kigero kimwe badafite ubushobozi bwo guhahira muri Super Market.

Muri ubu butumwa buherekejwe n’ifoto igaragaza uyu musore avuye guhahira mu iguriro rimwe, yagize ati “Ibaze ko urinze ungana utyo utarahahira muri SUPERMARKET. Kubera iki…Ubushobozi bwawe buracyari ubwo guhahira ku bazunguzayi.”

Muri ubu butumwa bwe, yakomeje agira ati “Nababwira ngo mukore cyane ngo ndi kwiyemera…Mbwira aho uhahira nkubwire niba ukize cyangwa uri agakene kari aho.”

Umunyamakuru Edmund Kagire akaba n’umwe mu bazwiho ubuhanga mu gukoresha imbuga nkoranyambaga, yabaye nk’ucyebura uyu musore, amubwira ko uburyo yahisemo bwo kuzikoresha yibwira ko bushobora gukurura abantu, ariko ahubwo bushobora kubamukuraho.

Yagize ati “Muvandi, ushobora kuba uharanira gukurura abantu ariko iyi nzira izagukuraho abantu aho kubakongerera. Ishobora no gutuma uwashakaga kuguha akazi abireka. Ushobora gukora content nziza utishongoye ku rungano. Courage.”

Mu bandi banenze uyu musore kubera ubu butumwa bwe, barimo umunyamakuru Basile Uwimana na we uri mu bamaze igihe akoresha imbuga nkoranyambaga, wanize ibijyanye n’itangazamakuru n’itumanaho.

Igitekerezo yatanze kuri ubu butumwa bwatangajwe n’uyu wiyita Chef Arsene, Basile Uwimana yagize ati “Reka twemere ko igipimo cy’ubukire ari uguhahira muri Supermarket, ariko tangira rero ushake igipimo cy’ububwenge no kwiyoroshya! Cyo ndabona kitaraboneka peh.”

Uyu musore kandi kuri uyu Mbere yari yashyize ubundi butumwa kuri X, anenga urubyiruko ruba rushaka kujya gushakishiriza imibereho hanze y’u Rwanda, avuga ko ngo “ibyo atari ubukene bwo mu mufuka gusa” ahubwo ngo “no mu mutwe uratindahaye.”

Ni ubutumwa na bwo bitavuzweho rumwe, aho benshi bagaragarije uyu musore ko kujya gushakishiriza imibereho aho iri hose, atari imyumvire iciriritse nk’uko yari abivuze.

Umunyamakuru Edmund Kagire yagiriye inama uwiyita Chef Arsene
Umunyamakuru Basile Uwimana na we yagiriye inama uyu musore kwiyoroshya
Chef Arsene aravugwaho gutambutsa ubutumwa bwuzuye ubwishongozi

RADIOTV10

Comments 1

  1. Uwase says:
    4 weeks ago

    Mwa bagabo mwe ko ndeba mukuze Aya matiku mwayavuyemo mukishakira ibitunga imiryango yanyu Koko ko uyu mwana Ari umukozi tumuzi ko niyo yabura iyo audience atabura uko abaho ko professionalism afite muri culinary services yonyine itatuma abura uko abaho.
    Turabemera nk igitangazamakuru cyiza rwose mushake inkuru zubaka abakunzi banyu muve ku muhungu w’igihugu kuko byinshi yavuze ntiyabeshye peee. Murakoze murakarama

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + eighteen =

Previous Post

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Next Post

Simple steps you can follow to build real confidence

Related Posts

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

by radiotv10
26/02/2026
0

Umukinnyi wa filimi nyarwanda, Nyambo Jesca uri mu bagezweho mu Rwanda, yagaragaje ibihe byiza ari kugirira muri Qatar, agaragaza ko...

Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

by radiotv10
26/02/2026
0

Umunyamakuru w’ibiganiro by’imyidagaduro akaba n’umuhanzi, Austin Tosh Luwano uzwi nka Uncle Austin, yemeje ko yamaze gusezera Radio Kiss FM amaze...

Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho

Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho

by radiotv10
24/02/2026
0

Korali Disciples of Jesus ibarizwa mu Itorero rya EAR Remera yashyize hanze indirimbo nshya yise 'Genda Ubabwire', igamije kwibutsa abakristo...

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

by radiotv10
23/02/2026
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yagaye Mupende Ramadhan wamamaye nka Bad Rama mu gufasha abahanzi nyarwanda, kubera...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda wageze mu cyiciro cya nyuma cya Miss Belgium ntiyahiriwe

by radiotv10
23/02/2026
0

Kyra Nkezabera ukomoka ku babyeyi barimo Umunyarwanda, wahatanaga muri Miss Belgium wanageze mu cyiciro cya nyuma cy’iri rushanwa, ntiyabashije kwegukana...

IZIHERUKA

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze
AMAHANGA

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

by radiotv10
26/02/2026
0

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

26/02/2026
Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

26/02/2026
Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

26/02/2026
Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

26/02/2026
Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

26/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.