Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

radiotv10by radiotv10
28/01/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo yari amaze imyaka umunani yarayanditse, anavuga impamvu yamaze iki gihe cyose

“Mukunzi we” ni indirimbo nshya uyu muhanzikazi wamenyekanye muri korali Ambassadors of Christ yashyize hanze mu mpera z’icyumweru gishize. Ni indirimbo yakoze ku munsi w’ubukwe bwe, ashimira ababyeyi bamureze n’ubwo batamwibarutse.

RADIOTV10 yashatse kumenya impamvu byafashe iyo myaka yose ngo isohoke.

Umunyamakuru yamubajije ati “Nyuma y’imyaka irenga irindwi yose umaze gukora ubukwe, kuki wahisemo kuyishyira hanze ubu?
Sarah Sanyu yasubije ati “Narabyifuje mbere ariko ntibyakunda, kuko hari ibyari bitarakunda neza kugira ngo indirimbo ijye hanze uko nabishakaga. Icyo gihe nayikoze ari indirimbo y’ubukwe bwanjye mu 2018. Nyuma y’ubukwe haje izindi nshingano, mbura umwanya wo kuyikoraho neza. Byari kuba byiza iyo mba narayikoze icyo gihe nkayikorera n’amashusho, ariko yari audio gusa idafite amashusho. Nabanje kwita ku bindi, ariko ntekereza ko iki ari cyo gihe Imana yashakaga ko nyisohora.”

Sarah Sanyu ni umwe mu bahanzi bakomeye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza mu Rwanda

Yongeyeho ko ubunararibonye bw’imyaka umunani amaze mu rushako bwagize uruhare rukomeye, agira ati “By’umwihariko, imyaka umunani maze mu rushako nabonye ineza y’Imana, ni yo ndirimba. Nabonye kandi agaciro k’uburere nahawe n’ababyeyi, mbashimira kuko nabonye umusaruro wabwo.”

Umunyamakuru yamubajije ati: Ese hari icyo wongeyeho mu ndirimbo nyuma y’imyaka yose umaze mu rushako no kuba umubyeyi?

Sarah Sanyu yasubije ati “Oya, nta kindi nongeremo. Icyo nahinduye mu gice cya kabiri ni uko nakuyemo amazina y’ababyeyi nashimiraga, nshaka irindi jambo risimbura ayo mazina kugira ngo n’undi wese ufite ishimwe yagenera ababyeyi be ashobore kuyikoresha.”

Sarah Uwera Sanyu yabanje kumenyekana nk’umuririmbyi wa korali Ambassadors of Christ, aho yaririmbaga ari kumwe na musaza we Manzi. Mu 2021 ni bwo yatangiye kuririmba ku giti cye, asohora indirimbo zirimo “Umunsi Mushya”, “Nitashinda” n’izindi. N’ubwo aririmba ku giti cye, ntibyamutandukanyije no gukomeza kuririmba muri korali.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 7 =

Previous Post

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Next Post

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.