Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

radiotv10by radiotv10
28/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y’imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye ya Rayon Sports aho yari amaze ukwezi n’igice atayikinira.

Bassané, yerekeje iwabo nyuma yo kubagwa ku kaboko bitewe n’imvune yagiriye ku mukino wa shampiyona batsinzwemo na Bugesera FC tariki ya 14 Ukuboza 2025.

Ubwo yari atangiye koroherwa, uyu mukinnyi yasabye uruhushya rwo kujya iwabo ngo abanze akire neza anaruhuke ubundi azagaruke aje gufasha ikipe ye mu gice cya kabiri cya Shampiyona.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 27 Mutarama 2026, ubwo yageraga i Kanombe, umwe mu bo baganiriye wahaye amakuru RADIOTV10 yamubwiye ko yakize ndetse ngo yiteguye gufasha ikipe ye mu gihe yaba igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Intwari ukzaba ku cyumweru tariki ya 1 Gashyantare 2026.

Mu gihe amaze atari mu ikipe ya Rayon Sports, icyuho cye cyaragaragaye cyane ko mu bakinnyi barimo Sindi Paul Jesus, Asman Ndikumana, Joachiam Vigninou na Habimana Yves, bose ntawe utarakinnye ku mwanya we ariko ntihagire ubasha gutanga nk’ibyo aha Rayon Sports.

Kuri uyu wa 4, ikipe ya Rayon Sports izakina na Police FC umukino wa 1/2 mu irushanwa ry’igikombe cy’Intwari, aho izatsinda izahura kuri finale n’izaba yatsinze hagati ya APR FC na AS KIGALI ziri bukine kuri uyu wa 3, imikino yombi ikazabera kuri Kigali Pelé Stadium.

Aziz Bassané, agarutse asanga ikipe ye yarabonye Umutoza mushya Bruno Ferry, waje mu gihe yari yaravunitse, cyane ko icyo gihe yavunikaga ikipe yatozwaga na Haruna Ferouz ubu utakiri kumwe na Rayon Sports. Si Umutoza gusa, kuko Bassané anasanze haraguzwe abandi bakinnyi bashya bagera kuri 7, harimo n’Umunya-Benin Joachiam Vigninou waje aje gukina ku mwanya we.

Kuva uyu musore yavunika, Rayon Sports yakinnye imikino 7 adahari, harimo 6 ya shampiyona ndetse n’umukino umwe wa Super Cup banyagiwemo na APR FC ibitego 4-1. Asanze ikipe ye yarasoreje igice kibanza cya shampiyona ku mwanya wa 7 n’amanita 26.

Ubwo Bassané yari ageze ku Kibuga cy’Indege i Kanombe
Ni umwe mu bakinnyi b’ingenzi ba Rayon

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − eleven =

Previous Post

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Next Post

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza 'Visit Rwanda’ mu bikorwa by'uburiganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.