• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

radiotv10by radiotv10
28/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu nyinshi zishobora gutuma bakorana kimwe n’uko rikorana n’Igihugu cya Uganda.

Ni nyuma yuko Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za America, Mathilde Mukantabana agize icyo avuga ku mikoranire y’u Rwanda na AFC/M23, ariko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ibitangazamakuru bibushyigikiye bakabisamira hejuru, bubikoresha ko bashimangira ikinyoma cyabo ko iki Gihugu gifasha ririya Huriro.

Ni mu gihe u Rwanda rwamaganye kenshi ibirego by’ibinyoma rushinjwa ko rufasha Ihuriro AFC/M23 rigizwe n’Abanyekongo bahagurukiye kurwanya akarengane gakorerwa bamwe muri benewabo.

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, mu kiganiro yagiranye na Igihe, yavuze ko itangazamakuru rikorera mu kwaha kwa Leta ya Kinshasa ryasobanuye nabi ibyatangajwe na Ambasaderi, rikabiha igisobanuro gihabanye n’ukuri.

Ati “Madamu Ambasaderi yavuze ibijyanye n’imikoranire (Collaboration) ariko mu bisobanuro by’abanyamakuru, bavuga guterwa inkunga (soutenir), ni umukino wo kuyobya abantu. Ese ni mu yihe Dictionaire (Inkoranyamagambo) y’Igifaransa bavuga ko ‘collaborer [gukorana]’ bisobanura ‘Soutenir [gufasha]?’ nta na hamwe.”

 

Gurakorana ntibisobanuye guterwa inkunga

Corneille Nangaa yemeza ko aramutse abajijwe ko AFC/M23 ikorana n’u Rwanda, igisubizo yatanga cyoroshye, kandi ko atari na rwo gusa rukorana n’iri Huriro.

Ati “Ese uravuga ko gukorana (Collaborer/collaborate) bisobanuye guterwa inkunga? Oya. Ese dukorana n’u Rwanda?, ndabyemereza hano ko dukorana. Ese dukorana n’u Rwanda gusa, ashwi, dukorana ndetse na Uganda.”

Yavuze ko hari ingingo zinyuranye iri Huriro rishobora gukoranamo n’u Rwanda, atanga ingero, zirimo nko mu rwego rw’umutekano dore ko impande zombi zinahuje ikibazo cy’umutwe wa FDLR uri mu byatumye havuka ririya Huriro kubera kugirira nabi Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, kandi ukaba unafite intego yo gutera u Rwanda.

Ati “Abarwanyi ba FDLR bafite intego yo kujya guhungabanya ubutegetsi bwa Kigali kandi bari muri Congo bariho barica abaturage, bagateza ihungabana ry’umutekano. Ni ikibazo duhuriyeho. Kurandura uyu mutwe, ni ikintu kinaraje inshinga cyane u Rwanda.”

Yavuze kandi ko kuva AFC/M23 yafata Umujyi wa Goma, hari abarwanyi benshi ba FDLR iri Huriro ryagiye rifata rikaboherereza u Rwanda. Ati “None se iyo si imikoranire.”

Akomeza agira ati “Indi ngingo, dusangiye n’u Rwanda bimwe mu bice byo ku mipaka, hari Petite Barriere, hari Grande Barriere i Goma, i Bukavu hari Umupaka w’i Cyangugu, i Bunagana ku rundi ruhande dufite indi mipaka.

Mwaba muzi umubare w’abantu yaba ari Abanyekongo cyangwa Abanyarwanda ndetse n’abandi banyamahanga bakora ingendo bajya cyangwa bava mu Gihugu kimwe bakoresheje iyi mipaka? Ni abantu barenga ibihumbi mirongo ine ku munsi. Ibyo bivuze iki?, kuri buri mupaka hari abashinzwe abinjira n’abasohoka b’u Rwanda ndetse n’abacu. Uko ni ugukorana, turakorana, kandi si u Rwanda gusa, ahubwo no mu majyaruguru yacu i Bunagana, za Kishasha, hari imipaka dufitanye na Uganda, na bo turakorana.”

Corneille Nangaa avuga ko imikoranire ya AFC/M23 n’u Rwanda ihari rwose kandi ko atari rwo gusa ahubwo ko iri no kuri Uganda, ariko ko ibyo bitavuze ko ibyo Bihugu bitera inkunga iri huriro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + nineteen =

Previous Post

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Next Post

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.