• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

radiotv10by radiotv10
28/01/2026
in AMAHANGA
0
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare mu mpfu z’abantu barenga 420 kubera inyigisho ze z’ubuyobe abasaba kutagira icyo barya ngo bazahure na Yesu, yongeye kuvugwaho impfu z’abandi 52 bapfuye nyuma na bwo kubera inyigisho ze.

Uyu Mupasiteri wayoboraga Itorero Good News International, yatawe muri yombi mu 2023 nyuma yuko hatahuwe imirambo y’abantu 429, barimo n’abana, yabonetse mu mva rusange mu ishyamba rya Shakahola riri ahantu hitaruye ingo.

Arafunzwe kuva yatabwa muri yombi, ariko kandi hasohotse amakuru avuga ko ashinjwa kugira uruhare mu mpfu z’abandi bantu 52 bitabye Imana kubera inyigisho ze yatanze mu nyandiko ari muri Gereza.

Ibiro by’Ubushinjacyaha muri Kenya, mu itangazo biherutse gusohora, byatangaje ko byakiriye uruhushya bwemerera uru rwego “gushinja ku mugaragaro umuyobozi w’Itorero rya Good News International, Paul Nthenge Mackenzie, n’abo baregwa hamwe urupfu rw’abantu 52 basanzwe mu rugo rwa Binzaro mu Karere ka Kilifi.”

Mackenzie “Yakekwagaho kuba ari we wateguye” ibikorwa byavuyemo gupfa kwa bariya bantu kandi yakoresheje “inyigisho zikomeye n’ingamba zihujwe kugira ngo akurure abitabye Imana” mu gace kitaruye, nk’uko byatangajwe n’ubushinjacyaha.

Ibiro by’Ubushinjacyaha bikomeza bigira biti “Abakora iperereza batahuye inyandiko zanditse mu byumba bya gereza [byari bifitwe na Mackenzie], bivugwa ko zigaragaza ibikorwa byakozwe hakoreshejwe telefoni zigendanwa.”

Mackenzie n’abandi bazashinjwa ibyaha bitandukanye, birimo gukwirakwiza ibikorwa by’ubutagondwa, “gushishikariza ibikorwa by’iterabwoba”, n’ubwicanyi buherutse gukorwa, hiyongereyeho ibirego bya mbere bijyanye n’imva rusange zavumbuwe mu ishyamba rya Shakahola.

Umwaka ushize, imirambo igera kuri 34 n’ibice birenga 100 by’imibiri byavumbuwe n’abakoraga iperereza i Binzaro, mu bilometero 30 uvuye i Shakahola ku nkombe y’inyanja y’u Buhindi. Ibi nibyo byatumye habaho ibirego biheruka.

Bibaye nyuma y’ibyumweru bibiri umwe mu baregwa hamwe na Mackenzie akaba n’uwahoze ari umuyobozi w’umutekano muri Shakahola, Enos Amanya Ngala, yemeye ibyaha ashinjwa bijyanye n’urupfu rw’abana 191 babonetse mu mva rusange za mbere.

Abarokotse bavuga ko abana bagombaga kuba aba mbere mu kwiyicisha inzara, nk’uko itegeko ryari ryatanzwe na Mackenzie ribivuga. Hanyuma hagakurikiraho abatarashaka, abagore, abagabo, ndetse n’abayobozi b’itorero.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Next Post

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.