Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

radiotv10by radiotv10
29/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika, birimo guhagarika umutoza wa Senegal imikino itanu kubera kurogoya uriya mukino.

Ibihano byashyizwe hanze n’Akanama gashinzwe Imyitwarire muri CAF, birimo ibyafatiwe ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal (FSF/ Fédération Sénégalaise de Football), n’iryo muri Maroc (FRMF/ Fédération Royale Marocaine de Football), ndetse na bamwe mu bakinnyi ndetse n’umutoza wa Senegal.

Ku ruhande rwa Senegal, Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu Pape Bouna Thiaw, yahagaritse imikino itanu yemewe ya CAF kubera imyitwarire ye idahwitse inyuranyije n’amahame agenga imyitwarire ya CAF, kuko yatumye uriya mukino wa nyuma uhagarara bitari ngombwa. Uyu mutoza kandi yanaciwe amande y’ibihumbi 100 USD.

Abakinnyi babiri b’ikipe y’igihugu ya Senegal, Iliman Cheikh Baroy Ndiaye na Ismaila Sarr, bahagaritswe imikino ibiri kubera imyitwarire yabo idahwitse bagaragaje ku musifuzi.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Senegal kandi na ryo ryaciwe amande y’ibihumbi 300 USD kubera imyitwarire idahwitse y’abafana ba kuriya Gihugu inyuranyije n’amahame ya CAF agenga imikinire myiza n’ubunyangamugayo.

Iri shyirahamwe kandi ryaciwe andi mande y’ibihumbi 300 USD kubera imyitwarire mibi y’abakinnyi n’abakozi ba tekiniki binyuranyije n’amahame ya CAF agenga imikinire myiza, ubudahemuka n’ubunyangamugayo, ndetse icibwa n’andi mande y’ibihumbi 15 USD kubera imyitwarire mibi y’ikipe yayo y’Igihugu, bitewe n’uko abakinnyi bayo batanu batahawe amabwiriza.

Naho ku ruhande rwa Maroc, Akanama gashinzwe Imyitwarire muri CAF kahagaritse imikino ibiri umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Maroc, Achraf Hakimi usanzwe ari na Kapiteni wayo.

Iyi mikino ibiri, umwe uzajya ubarwa mu mwaka umweuhereye igihe iki cyemezo cyafatiwe, kubera imyitwarire ye idahwitse.

Aka kanama kandi kanahagaritse umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Maroc, Ismaël Saibari imikino itatu yemewe ya CAF kubera imyitwarire ye idahwitse. Ismaël Saibari kandi yanahanishijwe amande y’ibihumbi 100 USD.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Maroc na ryo ryaciwe amande ari mu byiciro binyuranye, arimo ibihumbi 200 USD, kubera imyitwarire idahwitse y’abafana b’umupira w’amaguru bari muri sitade, ndetse n’andi mande y’Ibihumbi 100 USD kubera imyitwarire idahwitse y’abakinnyi b’ikipe y’igihugu n’abakozi ba tekiniki, binjiye mu gace k’isuzuma rya VAR bakabangamira akazi k’umusifuzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Next Post

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.