Saturday, February 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

radiotv10by radiotv10
29/01/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika, birimo guhagarika umutoza wa Senegal imikino itanu kubera kurogoya uriya mukino.

Ibihano byashyizwe hanze n’Akanama gashinzwe Imyitwarire muri CAF, birimo ibyafatiwe ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Senegal (FSF/ Fédération Sénégalaise de Football), n’iryo muri Maroc (FRMF/ Fédération Royale Marocaine de Football), ndetse na bamwe mu bakinnyi ndetse n’umutoza wa Senegal.

Ku ruhande rwa Senegal, Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu Pape Bouna Thiaw, yahagaritse imikino itanu yemewe ya CAF kubera imyitwarire ye idahwitse inyuranyije n’amahame agenga imyitwarire ya CAF, kuko yatumye uriya mukino wa nyuma uhagarara bitari ngombwa. Uyu mutoza kandi yanaciwe amande y’ibihumbi 100 USD.

Abakinnyi babiri b’ikipe y’igihugu ya Senegal, Iliman Cheikh Baroy Ndiaye na Ismaila Sarr, bahagaritswe imikino ibiri kubera imyitwarire yabo idahwitse bagaragaje ku musifuzi.

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Senegal kandi na ryo ryaciwe amande y’ibihumbi 300 USD kubera imyitwarire idahwitse y’abafana ba kuriya Gihugu inyuranyije n’amahame ya CAF agenga imikinire myiza n’ubunyangamugayo.

Iri shyirahamwe kandi ryaciwe andi mande y’ibihumbi 300 USD kubera imyitwarire mibi y’abakinnyi n’abakozi ba tekiniki binyuranyije n’amahame ya CAF agenga imikinire myiza, ubudahemuka n’ubunyangamugayo, ndetse icibwa n’andi mande y’ibihumbi 15 USD kubera imyitwarire mibi y’ikipe yayo y’Igihugu, bitewe n’uko abakinnyi bayo batanu batahawe amabwiriza.

Naho ku ruhande rwa Maroc, Akanama gashinzwe Imyitwarire muri CAF kahagaritse imikino ibiri umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Maroc, Achraf Hakimi usanzwe ari na Kapiteni wayo.

Iyi mikino ibiri, umwe uzajya ubarwa mu mwaka umweuhereye igihe iki cyemezo cyafatiwe, kubera imyitwarire ye idahwitse.

Aka kanama kandi kanahagaritse umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Maroc, Ismaël Saibari imikino itatu yemewe ya CAF kubera imyitwarire ye idahwitse. Ismaël Saibari kandi yanahanishijwe amande y’ibihumbi 100 USD.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Maroc na ryo ryaciwe amande ari mu byiciro binyuranye, arimo ibihumbi 200 USD, kubera imyitwarire idahwitse y’abafana b’umupira w’amaguru bari muri sitade, ndetse n’andi mande y’Ibihumbi 100 USD kubera imyitwarire idahwitse y’abakinnyi b’ikipe y’igihugu n’abakozi ba tekiniki, binjiye mu gace k’isuzuma rya VAR bakabangamira akazi k’umusifuzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Next Post

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Related Posts

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

by radiotv10
28/02/2026
0

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imuaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team, yegukanye agace ka karindwi ka Tour du...

Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

Basketball: APR BBC yamenye itsinda ry’amakipe bazahura muri BAL

by radiotv10
27/02/2026
0

Ikipe ya APR Basketball Club yisanze mu itsinda rya Kalahari Conference mu mikino ya shampiyona ya Afurika ya Basketball, Basketball...

4 Easy Ways to Make Your Daily Walk More Effective

4 Easy Ways to Make Your Daily Walk More Effective

by radiotv10
26/02/2026
0

Walking is one of the simplest ways to stay healthy. But did you know that small changes can make your...

TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe

TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe

by radiotv10
25/02/2026
0

Umubiligi Matthijs De Clercq w’imyaka 20 y’amavuko ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team yegukanye agace ka kane ka Tour...

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

TduRwanda2026: Umuholandi yegukanye agace ka gatatu abanje kwanikira abandi

by radiotv10
24/02/2026
0

Umuholandi Jurgen Zomermaand w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Dévelopment Picnic PostNL team, yegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda...

IZIHERUKA

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape
SIPORO

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

by radiotv10
28/02/2026
0

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

28/02/2026
Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

28/02/2026
Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

28/02/2026
How to shower properly and how often to bathe

How to shower properly and how often to bathe

28/02/2026
Abanyamakuru ba siporo Rugaju na Lorenzo bashimiwe icyemezo bafashe nyuma y’amakimbirane

Abanyamakuru ba siporo Rugaju na Lorenzo bashimiwe icyemezo bafashe nyuma y’amakimbirane

27/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

TduRwanda2026: Ribeiro yegukanye agace ka karindwi yandika amateka aba Umunya-Brazil wa mbere utwaye Etape

BREAKING: Israel yemeje ko yagabye ibitero kuri Iran byatangiriye hafi y’ahantu hakomeye

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.