Friday, February 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

radiotv10by radiotv10
06/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire, yavuze ko nubwo hari ibyashatse guhungubanya umutekano w’u Rwanda, ariko iki Gihugu cyashyizeho ingamba z’ubwirinzi zitajegajega, bityo ko Abanyarwanda bakwiye kuryama bagasinzira bakizigura.

Minisitiri Nduhungirehe yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Gashyantare 2026ku munsi wa kabiri w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 20, ubwo yagaragazaga ishusho y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda ruhagaze neza mu muryango mpuzamahanga kandi rukaba umufatanyabikorwa wizewe ku bindi Bihugu.

Yagaragaje ko u Rwanda rwagiye rwagura amarembo, agaragaza ko mu mwaka w’ibihumbi 2003, ubwo habaga Umushyikirano ku nshuro ya mbere, u Rwanda rwari rufite ambasade 20 gusa hirya no hino ku isi, ariko ubu zimaze kurenga 50 ku Migabane yose y’isi. Icyo gihe kandi, mu 2003, u Rwanda rwari rufite ambasade z’amahanga 16 gusa, ubu zikaba zimaze kuba 47. Imiryango mpuzamahanga ifite icyicaro mu Rwanda na yo imaze kuba 22.

Ambasaderi Olivier Jean Patrick Nduhungirehe yagaragaje ko kandi, usibye umubano u Rwanda rugirana n’ibindi Bihugu, runafitanye umubano n’imiryango mpuzamahanga.

Yagize ati “Muzi ko dufite uruhare rukomeye mu guteza imbere umuryango turimo wa Commonwealth ndetse n’umuryango wa Francophonie uyoborwa n’Umunyarwandakazi, Madamu Louise Mushikiwabo, kandi uzongera kwiyamamariza kuri uyu mwanya. Ni yo mpamvu ari umwanya wo kumushyigikira twese.”

Yakomeje agaragaza ko u Rwanda runagira uruhare mu kubaka Afurika Yunze Ubumwe.

Yagize ati “Hano habereye inama nyinshi z’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ndetse na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yasabwe kuyobora akanama k’ivugurura ryawo. Ibyo byose bigaragaza ko umubano w’u Rwanda n’amahanga wifashe neza, kandi tuzakomeza kuwushimangira no kuwuteza imbere.”

Minisitiri Nduhungirehe

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga kandi yagarutse ku mibanire y’u Rwanda n’Ibihugu by’ibituranyi by’umwihariko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaruka ku kibazo cy’umutwe wa FDLR ukorana n’ubutegetsi bw’iki Gihugu banagaragaje kenshi ko bafite umugambi wo gutera u Rwanda.

Mu buryo burambuye, Amb. Nduhungirehe yagarutse ku miterere y’iki kibazo, n’ibyo u Rwanda rwakunze kugaragaza nk’imbogamizi zarwo ku mutekano warwo byumwihariko uyu mutwe w’iterabwoba ugizwe n’abasize bahekuye u Rwanda bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagarutse ku biganiro byagiye bihuza Ibihugu byombi, n’uko u Rwanda wasabye kenshi ko harandurwa izi mpungenge zarwo zanatumye rushyiraho ingamba z’ubwirinzi.

Yaboneyeho kandi kwizeza Abanyarwanda n’Abaturarwanda muri rusange ko Igihugu cyabo kirinzwe bihagije, ku buryo nubwo hagaragaye izo mbogamizi kimwe n’ibindi bibazo biriho ku rwego mpuzamahanga, ariko badakwiye kugira icyo bikanga.

Ati “Nk’uko Perezida wa Repubulika akunze kubitubwira, ni uko u Rwanda rufite umutekano, u Rwanda rurarinzwe, Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire.”

Yakomeje agira ati “Twashyizeho ingamba z’ubwirinzi, hari zimwe mwabonye zimira ibisasu bunguri, hakaba n’izindi zihari, zose zigamije kurinda umutekano w’u Rwanda, kurinda umutekano w’Abanyarwanda kugira ngo twese twikomereze imihigo.”

Nduhungirehe kandi yagaragaje ko igihe cyose no muri ibyo biganiro u Rwanda rujyamo, rugihagaze ku bushake bwo kugira ngo mu burasirazuba bwa DRC haboneke umutekano, kandi binyuze mu nzira z’amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − five =

Previous Post

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

by radiotv10
06/02/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we Ngabo Eric amugongeye ku kabari ko...

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umugabo washakishwaga akekwaho kwica uwo basangiraga inzoga muri Muhanga yafatiwe i Rubavu

by radiotv10
06/02/2026
0

Umugabo w’imyaka 40 ukekwaho kwicira mugenzi we mu isantere yo mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga, aho basangiraga...

Love at work: Is it good or bad for the job?

Love at work: Is it good or bad for the job?

by radiotv10
06/02/2026
0

People spend a large part of their day at work, often more time than they spend at home. Because of...

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

REB yemeje ko igihano giherutse guhabwa umunyeshuri wiga i Rulindo n’ikosa yagiherewe bidahwanye

by radiotv10
06/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi REB, bwavuze ko umunyeshuri wigaga mu Ishuri ryisumbuye ryigamo abakobwa ryo mu Murenge wa Rusiga mu...

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

Perezida yavuze ku gisubizo yigeze guha umunyamakuru wari umubagije kenshi niba u Rwanda ruri muri Congo

by radiotv10
05/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yongeye gusubiza abirirwa bashinja u Rwanda ibinyoma ko ruri muri DRC, avuga ko ababibajije yabasubije kenshi ko...

IZIHERUKA

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije
MU RWANDA

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

by radiotv10
06/02/2026
0

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

06/02/2026
Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

06/02/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

06/02/2026
Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

06/02/2026
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umugabo washakishwaga akekwaho kwica uwo basangiraga inzoga muri Muhanga yafatiwe i Rubavu

06/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.