Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

radiotv10by radiotv10
06/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire, yavuze ko nubwo hari ibyashatse guhungubanya umutekano w’u Rwanda, ariko iki Gihugu cyashyizeho ingamba z’ubwirinzi zitajegajega, bityo ko Abanyarwanda bakwiye kuryama bagasinzira bakizigura.

Minisitiri Nduhungirehe yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Gashyantare 2026ku munsi wa kabiri w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 20, ubwo yagaragazaga ishusho y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda ruhagaze neza mu muryango mpuzamahanga kandi rukaba umufatanyabikorwa wizewe ku bindi Bihugu.

Yagaragaje ko u Rwanda rwagiye rwagura amarembo, agaragaza ko mu mwaka w’ibihumbi 2003, ubwo habaga Umushyikirano ku nshuro ya mbere, u Rwanda rwari rufite ambasade 20 gusa hirya no hino ku isi, ariko ubu zimaze kurenga 50 ku Migabane yose y’isi. Icyo gihe kandi, mu 2003, u Rwanda rwari rufite ambasade z’amahanga 16 gusa, ubu zikaba zimaze kuba 47. Imiryango mpuzamahanga ifite icyicaro mu Rwanda na yo imaze kuba 22.

Ambasaderi Olivier Jean Patrick Nduhungirehe yagaragaje ko kandi, usibye umubano u Rwanda rugirana n’ibindi Bihugu, runafitanye umubano n’imiryango mpuzamahanga.

Yagize ati “Muzi ko dufite uruhare rukomeye mu guteza imbere umuryango turimo wa Commonwealth ndetse n’umuryango wa Francophonie uyoborwa n’Umunyarwandakazi, Madamu Louise Mushikiwabo, kandi uzongera kwiyamamariza kuri uyu mwanya. Ni yo mpamvu ari umwanya wo kumushyigikira twese.”

Yakomeje agaragaza ko u Rwanda runagira uruhare mu kubaka Afurika Yunze Ubumwe.

Yagize ati “Hano habereye inama nyinshi z’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ndetse na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yasabwe kuyobora akanama k’ivugurura ryawo. Ibyo byose bigaragaza ko umubano w’u Rwanda n’amahanga wifashe neza, kandi tuzakomeza kuwushimangira no kuwuteza imbere.”

Minisitiri Nduhungirehe

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga kandi yagarutse ku mibanire y’u Rwanda n’Ibihugu by’ibituranyi by’umwihariko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaruka ku kibazo cy’umutwe wa FDLR ukorana n’ubutegetsi bw’iki Gihugu banagaragaje kenshi ko bafite umugambi wo gutera u Rwanda.

Mu buryo burambuye, Amb. Nduhungirehe yagarutse ku miterere y’iki kibazo, n’ibyo u Rwanda rwakunze kugaragaza nk’imbogamizi zarwo ku mutekano warwo byumwihariko uyu mutwe w’iterabwoba ugizwe n’abasize bahekuye u Rwanda bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yagarutse ku biganiro byagiye bihuza Ibihugu byombi, n’uko u Rwanda wasabye kenshi ko harandurwa izi mpungenge zarwo zanatumye rushyiraho ingamba z’ubwirinzi.

Yaboneyeho kandi kwizeza Abanyarwanda n’Abaturarwanda muri rusange ko Igihugu cyabo kirinzwe bihagije, ku buryo nubwo hagaragaye izo mbogamizi kimwe n’ibindi bibazo biriho ku rwego mpuzamahanga, ariko badakwiye kugira icyo bikanga.

Ati “Nk’uko Perezida wa Repubulika akunze kubitubwira, ni uko u Rwanda rufite umutekano, u Rwanda rurarinzwe, Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire.”

Yakomeje agira ati “Twashyizeho ingamba z’ubwirinzi, hari zimwe mwabonye zimira ibisasu bunguri, hakaba n’izindi zihari, zose zigamije kurinda umutekano w’u Rwanda, kurinda umutekano w’Abanyarwanda kugira ngo twese twikomereze imihigo.”

Nduhungirehe kandi yagaragaje ko igihe cyose no muri ibyo biganiro u Rwanda rujyamo, rugihagaze ku bushake bwo kugira ngo mu burasirazuba bwa DRC haboneke umutekano, kandi binyuze mu nzira z’amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 9 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

Next Post

Umusirikare urinda urugo rw’Umuvunyi Mukuru mu Burundi yarashe umuturage aramwica

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe
AMAHANGA

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusirikare urinda urugo rw’Umuvunyi Mukuru mu Burundi yarashe umuturage aramwica

Umusirikare urinda urugo rw’Umuvunyi Mukuru mu Burundi yarashe umuturage aramwica

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.