Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire, yavuze ko nubwo hari ibyashatse guhungubanya umutekano w’u Rwanda, ariko iki Gihugu cyashyizeho ingamba z’ubwirinzi zitajegajega, bityo ko Abanyarwanda bakwiye kuryama bagasinzira bakizigura.
Minisitiri Nduhungirehe yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Gashyantare 2026ku munsi wa kabiri w’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 20, ubwo yagaragazaga ishusho y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda.
Minisitiri Olivier Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda ruhagaze neza mu muryango mpuzamahanga kandi rukaba umufatanyabikorwa wizewe ku bindi Bihugu.
Yagaragaje ko u Rwanda rwagiye rwagura amarembo, agaragaza ko mu mwaka w’ibihumbi 2003, ubwo habaga Umushyikirano ku nshuro ya mbere, u Rwanda rwari rufite ambasade 20 gusa hirya no hino ku isi, ariko ubu zimaze kurenga 50 ku Migabane yose y’isi. Icyo gihe kandi, mu 2003, u Rwanda rwari rufite ambasade z’amahanga 16 gusa, ubu zikaba zimaze kuba 47. Imiryango mpuzamahanga ifite icyicaro mu Rwanda na yo imaze kuba 22.
Ambasaderi Olivier Jean Patrick Nduhungirehe yagaragaje ko kandi, usibye umubano u Rwanda rugirana n’ibindi Bihugu, runafitanye umubano n’imiryango mpuzamahanga.
Yagize ati “Muzi ko dufite uruhare rukomeye mu guteza imbere umuryango turimo wa Commonwealth ndetse n’umuryango wa Francophonie uyoborwa n’Umunyarwandakazi, Madamu Louise Mushikiwabo, kandi uzongera kwiyamamariza kuri uyu mwanya. Ni yo mpamvu ari umwanya wo kumushyigikira twese.”
Yakomeje agaragaza ko u Rwanda runagira uruhare mu kubaka Afurika Yunze Ubumwe.
Yagize ati “Hano habereye inama nyinshi z’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ndetse na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yasabwe kuyobora akanama k’ivugurura ryawo. Ibyo byose bigaragaza ko umubano w’u Rwanda n’amahanga wifashe neza, kandi tuzakomeza kuwushimangira no kuwuteza imbere.”

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga kandi yagarutse ku mibanire y’u Rwanda n’Ibihugu by’ibituranyi by’umwihariko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaruka ku kibazo cy’umutwe wa FDLR ukorana n’ubutegetsi bw’iki Gihugu banagaragaje kenshi ko bafite umugambi wo gutera u Rwanda.
Mu buryo burambuye, Amb. Nduhungirehe yagarutse ku miterere y’iki kibazo, n’ibyo u Rwanda rwakunze kugaragaza nk’imbogamizi zarwo ku mutekano warwo byumwihariko uyu mutwe w’iterabwoba ugizwe n’abasize bahekuye u Rwanda bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yagarutse ku biganiro byagiye bihuza Ibihugu byombi, n’uko u Rwanda wasabye kenshi ko harandurwa izi mpungenge zarwo zanatumye rushyiraho ingamba z’ubwirinzi.
Yaboneyeho kandi kwizeza Abanyarwanda n’Abaturarwanda muri rusange ko Igihugu cyabo kirinzwe bihagije, ku buryo nubwo hagaragaye izo mbogamizi kimwe n’ibindi bibazo biriho ku rwego mpuzamahanga, ariko badakwiye kugira icyo bikanga.
Ati “Nk’uko Perezida wa Repubulika akunze kubitubwira, ni uko u Rwanda rufite umutekano, u Rwanda rurarinzwe, Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire.”
Yakomeje agira ati “Twashyizeho ingamba z’ubwirinzi, hari zimwe mwabonye zimira ibisasu bunguri, hakaba n’izindi zihari, zose zigamije kurinda umutekano w’u Rwanda, kurinda umutekano w’Abanyarwanda kugira ngo twese twikomereze imihigo.”
Nduhungirehe kandi yagaragaje ko igihe cyose no muri ibyo biganiro u Rwanda rujyamo, rugihagaze ku bushake bwo kugira ngo mu burasirazuba bwa DRC haboneke umutekano, kandi binyuze mu nzira z’amahoro.
RADIOTV10









