Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) irasaba abakoresha inoti z’amafaranga y’u Rwanda mu bikorwa by’imitako n’imirimo mu birori, ko baba bakoze icyaha gihanwa n’amategeko, bityo ko bakwiye kubihagarika.
Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Banki Nkuru y’u Rwnada nk’urwego rufite mu nshingano gucunga ifaranga ry’u Rwanda.
Iyi Banki ivuga ko “Iburira abantu bose kwirinda gukoresha inoti z’amafaranga y’u Rwanda mu bikorwa bijyanye no gukora imitako, imirimbo detse no mu birori cyangwa mu mihango itandukanye.”
BNR yibutsa ko inoti n’ibiceri bikozwe mu bikoresho biramba, bikagira kandi n’ibibiranga bibiha umutekano kugira ngo amafaranga atiganwa, hagamijwe kurinda igihe azamara akoreshwa, kuzamura icyizere ifaranga ry u Rwanda rifitiwe n’abaturage ndetse no gushyigikira ukutajegajega k’ubukungu bw’u Rwanda.
Iti “Nyamara, Banki Nkuru yu Rwanda ikomeje kubona imikoreshereze idahwitse y’amafaranga y’u Rwanda, aho inoti n’ibiceri bikoreshwa mu gufunga indabo zitangwa nk’impano n’ibindi bikorwa bijyanye no gutaka, gutegura cyangwa kurimbisha. Ibyo bikorwa n’abatunganya indabo, abacuruzi, abategura ibirori, abanyabugeni, abategura impano ndetse n’abakiriya babo.”
Ikomeza ibuga ko mu bikorwa nk’ibyo usanga inoti zihinahinwa, zigapfundikanywa, zigaterwamo utwuma dufatanya impapuro, zigafatishwa ubujeni cyangwa ubundi bwoko b’ibifatisho, mu rwego rwo kugira ngo amafaranga atangwe nk’impano mu birori no mu mihango itandukanye.
BNR iti “Ibikorwa nk’ibyo bihungabanya icyizere ifaranga ry’u Rwanda rifitiwe cyane cyane inoti, birayangiza bikayatera ubusembwa bukabije bityo hakabaho ingorane mu bikorwa bijyanye n’imicungire n’imitunganyirize y’amafaranga, harimo ibyuma by’ikoranabuhanga byifashishwa mu kubara amafaranga ndetse n’imashini koranabuhanga zibika zikanabikuzwaho amafaranga zizwi nka ATMs, kandi ari bumwe mu buryo bw’ingenzi bwo gukwirakwiza amafaranga mu gihugu.”
Uko kwangirika kw’inoti gutuma zikurwa ku isoko ndetse zigasimbuzwa imburagihe bityo bigatuma habaho ibihombo bitari ngombwa.
Iri tangazo rikagira riti “Banki Nkuru y’u Rwanda iributsa abantu bose muri rusange, ko umuntu wese wangiza amafaranga aba akoze icyaha gihanwa hakurikijwe Itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n ibihano muri rusange.”
Banki Nkuru y’u Rwanda kandi yizeje ko izakomeje gushyira imbaraga mu bikorwa bigamije kurinda ubunyangamugayo bw’ifaranga ry’u Rwanda rikoreshwa kandi izakomeza gukangurira abaturarwanda kubungabunga ubuziranenge bwaryo.
RADIOTV10









