Lt Gen Vladimir Alexeyev usanzwe ari umwe mu basirikare bakomeye mu gisirikare cy’u Burusiya, yarashwe inshuro nyinshi mu Murwa Mukuru w’iki Gihugu, i Moscow.
Lt Gen Vladimir Alexeyev, akimara kuraswa mu gitero cyabereye mu nzu mu nkengero z’amajyaruguru ashyira uburengerazuba bw’umurwa mukuru w’u Burusiya i Masco, yahise ajyanwa mu Bitaro.
Alexeyev asanzwe ari nimero ya kabiri mu buyobozi bukuru bw’ubutasi bwa gisirikare bwa GRU mu Burusiya akaba n’umusirikare wo mu rwego rwo hejuru urasiwe mu murwa mukuru kuva u Burusiya bwatangiza intambara muri Ukraine mu myaka ine ishize.
Uyu musirikare kandi ari mu bayobozi bo mu Burusiya bashyiriweho ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’Ubwongereza nyuma yuko GRU ishinjwa kuba inyuma y’igitero cyagabwe i Salisbury mu Bwongereza muri 2018.
Svetlana Petrenko wo muri Komite Ishinzwe Iperereza mu Burusiya, yavuze ko yahise atangiza iperereza ku muntu warashe uyu mujenerali. Yagize ati “Uwarashwe yahise ajyanwa mu Bitaro bimwe mu mujyi.”
Uwarashe uyu musirikare ukomeye, yahise acika, aho abashinzwe iperereza bari kwifashisha amashusho ya CCTV kugira ngo babone ibimenyetso kugira ngo batangire kumushakisha.
Umuturanyi wa Alexeyev yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters ko yakanguwe n’urusaku rw’amasasu yarashwe ari menshi, ubundi akumva uwarashwe ari gutaka cyane.
Yagize ati “Abandi baturanyi na bo bihutiye gusohoka. Babajije uko bafasha, niba bahamagara imbangukiragutabara na polisi, ariko yari yamaze kubahamagara.”
Alexeyev ni umwe mu basirikare bo hejuru bagize uruhare runini mu ntambara yo muri Ukraine, ndetse akaba ari umwe mu bitabiriye ibiganiro na Ukraine mu gihe u Burusiya bwagotaga umujyi wa Mariupol muri 2022.
RADIOTV10











