• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n’umukoresha we KNC banakorana

radiotv10by radiotv10
10/02/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze ko mugenzi we KNC usanzwe ari umukoresha we banakorana ikiganiro, yamuvuje amaso, bikamukora ku mutima, ku buryo biri mu bintu amwubahira bizatuma adapfa kumusiga ngo ajye ahandi.

Mutabaruka ukora kuri Radio na TV 1, mu biganiro birimo icyo akorana na nyiri iki gitangazamakuru, Kakooza Nkuliza Charles uzwi nka KNC, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Igihe Sports TV.

Uyu munyamakuru yavuze ko yigeze kugira uburwayi bw’amaso buzwi nk’ishaza cyangwa cataracte mu ndimi z’amahanga, kandi bukaba ari uburwayi bubi kuko bushobora no gutuma umuntu ahuma.

Avuga ko ubu burwayi bwamukomeranye, ku buryo yageze aho ntabe akibasha gutwara imodoka. Ati “Nashaka kugira aho njya, nashakaga umushoferi, ibintu ntakunda [kuko umushoferi akugira mu buzima], mbese natangiye gukora ibyo ntakunda.”

Mutabaruka avuga ko ubu burwayi bwatangiye yumva ari ibintu byoroheje, ariko bugenda bukara, ku buryo yari atangiye guhuma, ariko KNC yamutabaye.

Ati “KNC uriya KNC [aha sinabivuga kuko ndabizi ko atanakunda ko mbivuga] yaramvuje njyewe, ni we wamvuje hariya kwa Doctor John.”

Mutabaruka avuga ko KNC yishyuye amafaranga menshi kugira ngo avurwe. Ati “Amaso yombi! Birahenda. Kandi yabaye nk’uwamvuje ku ngufu, kuko abantu baba baravuze byinshi, nagiye kwisuzumisha barambwira bati ‘tuzayabaga’ maze ndashonga mbireba.”

Avuga ko amafaranga yishyuwe ari menshi kandi ko byose byakozwe na KNC, ndetse akaba ari na we umuhatiriza ngo ajye kwivuza kuko we yari afite ubwaba kuko bari bamubwiraga ko bazamubaga kandi yari abifitiye ubwoba, ku buryo yumva ari igihango gikomeye bafitanye.

Ati “KNC yaramvuje, uriya KNC mureba yaramvuje. Ubwo se umuntu nk’uwo wamuta ukajya he? Ni abakoresha bangahe se bashobora gufata abakozi muri ubwo buryo?”

Mutabaruka kandi avuga ko atari we wenyine KNC yakoreye ibi, kuko hari n’undi mukozi yavuje impyiko akamwishyurira ubwishyu burimo n’ubuhenze buzwi nka Dialysis.

Ati “Reka mbivuge, ndabisi ko nabyumva bishobora no kutamushimisha kuko ibyo bintu nabivuze, ariko kuvuga ibyiza ntacyo bitwaye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − eleven =

Previous Post

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

Next Post

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Related Posts

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

by radiotv10
02/07/2026
0

Umukinnyi wa filimi akaba n’umurwenya uzwi nka Mitsutsu, yashyize ku isoko umuyoboro we wa YouTube n’ikinyabiziga cye cya moto, kugira...

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

by radiotv10
02/07/2026
0

Couple y'Abarusiya Angela Nikolau w’imyaka 33 na Ivan Beerkus w’imyaka 32 buriye umunara w’inyubako ya Empire State izwi cyane mu...

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

Dosiye iregwamo Umukaraza ukekwaho gusambanya ku gahato Shaddyboo yazamuwe mu Bushinjacyaha

by radiotv10
30/06/2026
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza ushinjwa gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato Mbabazi Shadia uzwi nka...

Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko

Igitekerezo cy’umuhanzi akaba n’umunyamakuru Uncle Austin cyazamuye impaka

by radiotv10
29/06/2026
0

Umuhanzi wanamanyekanye mu mwuga w’itangazamakuru, Uncle Austin yanenze abategura ibitaramo byitabirwa ku buntu, mu gihe ababitangaho ibitekerezo bavuga ko mu...

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

by radiotv10
29/06/2026
0

Uwizeye Enock uzwi nka Kagarara, nyuma yo guhura n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga Umunyamerika IShowSpeed, yahuye noneho na Ashton Hall na...

Next Post
Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bahawe impanuro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hagiye kujya hakorwa isuzuma ritunguranye mu Rwanda rishobora gutahura abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.