Tuesday, February 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n’umukoresha we KNC banakorana

radiotv10by radiotv10
10/02/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze ko mugenzi we KNC usanzwe ari umukoresha we banakorana ikiganiro, yamuvuje amaso, bikamukora ku mutima, ku buryo biri mu bintu amwubahira bizatuma adapfa kumusiga ngo ajye ahandi.

Mutabaruka ukora kuri Radio na TV 1, mu biganiro birimo icyo akorana na nyiri iki gitangazamakuru, Kakooza Nkuliza Charles uzwi nka KNC, yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Igihe Sports TV.

Uyu munyamakuru yavuze ko yigeze kugira uburwayi bw’amaso buzwi nk’ishaza cyangwa cataracte mu ndimi z’amahanga, kandi bukaba ari uburwayi bubi kuko bushobora no gutuma umuntu ahuma.

Avuga ko ubu burwayi bwamukomeranye, ku buryo yageze aho ntabe akibasha gutwara imodoka. Ati “Nashaka kugira aho njya, nashakaga umushoferi, ibintu ntakunda [kuko umushoferi akugira mu buzima], mbese natangiye gukora ibyo ntakunda.”

Mutabaruka avuga ko ubu burwayi bwatangiye yumva ari ibintu byoroheje, ariko bugenda bukara, ku buryo yari atangiye guhuma, ariko KNC yamutabaye.

Ati “KNC uriya KNC [aha sinabivuga kuko ndabizi ko atanakunda ko mbivuga] yaramvuje njyewe, ni we wamvuje hariya kwa Doctor John.”

Mutabaruka avuga ko KNC yishyuye amafaranga menshi kugira ngo avurwe. Ati “Amaso yombi! Birahenda. Kandi yabaye nk’uwamvuje ku ngufu, kuko abantu baba baravuze byinshi, nagiye kwisuzumisha barambwira bati ‘tuzayabaga’ maze ndashonga mbireba.”

Avuga ko amafaranga yishyuwe ari menshi kandi ko byose byakozwe na KNC, ndetse akaba ari na we umuhatiriza ngo ajye kwivuza kuko we yari afite ubwaba kuko bari bamubwiraga ko bazamubaga kandi yari abifitiye ubwoba, ku buryo yumva ari igihango gikomeye bafitanye.

Ati “KNC yaramvuje, uriya KNC mureba yaramvuje. Ubwo se umuntu nk’uwo wamuta ukajya he? Ni abakoresha bangahe se bashobora gufata abakozi muri ubwo buryo?”

Mutabaruka kandi avuga ko atari we wenyine KNC yakoreye ibi, kuko hari n’undi mukozi yavuje impyiko akamwishyurira ubwishyu burimo n’ubuhenze buzwi nka Dialysis.

Ati “Reka mbivuge, ndabisi ko nabyumva bishobora no kutamushimisha kuko ibyo bintu nabivuze, ariko kuvuga ibyiza ntacyo bitwaye.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 3 =

Previous Post

Living a good life on a small salary in Kigali

Related Posts

Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

by radiotv10
09/02/2026
0

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatesheje agaciro ubujurire bwa Shema Arnaud de Boscher uzwi nka Dj Toxxyk wari wajuririye icyemezo cyo...

Umunyarwenya Burikantu arishimira kugura imodoka y’inzozi ze

Umunyarwenya Burikantu arishimira kugura imodoka y’inzozi ze

by radiotv10
09/02/2026
0

Umunyarwenya Mwitende Abdoulkarim uzwi nka Burikantu, yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba yaguze imodoka yo mu bwoko bwa Mercedes Benz yahoze...

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko Prince Kid yafatiwe muri America

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko Prince Kid yafatiwe muri America

by radiotv10
09/02/2026
0

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwemeje ko bwagize uruhare mu ifatwa rya Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid wafatiwe muri Leta...

Kim Kardashian na Lewis Hamilton bagaragaye barebana akana ko mu jisho nyuma yuko havuzwe urukundo rw’ibanga

Kim Kardashian na Lewis Hamilton bagaragaye barebana akana ko mu jisho nyuma yuko havuzwe urukundo rw’ibanga

by radiotv10
09/02/2026
0

Ibirangirire Kim Kardashian, na Lewis Hamilton bamaze igihe bavugwa ko bari mu rukundo, bagaragaye bari kumwe bareba umupira, banyuzamo bakarebana...

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

by radiotv10
07/02/2026
0

Abantu bamara igihe kinini ku kazi, kenshi kurusha igihe bamara mu rugo. Ibi bituma ibisanzwe ari ubucuti bishobora gukura, rimwe...

IZIHERUKA

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera
IBYAMAMARE

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n’umukoresha we KNC banakorana

by radiotv10
10/02/2026
0

Living a good life on a small salary in Kigali

Living a good life on a small salary in Kigali

10/02/2026
Icyakurikiye imirwano hagati y’Abapolisi n’Abanya-Australia bigaragambya bamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel

Icyakurikiye imirwano hagati y’Abapolisi n’Abanya-Australia bigaragambya bamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel

10/02/2026
AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

AFC/M23 yungutse abakomando kabuhariwe 7.500 bagaragaje n’imyitozo ikarishye bahawe

10/02/2026
Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

Umudepite w’u Bubiligi ukomoka muri Congo wavuze ibigwi Rusesabagina yibukijwe ingaruka z’ibyo yakoze

10/02/2026
Gen.Makenga reminds 7,500 new AFC/M23 commandos that the goal is to liberate the entire DRC

Gen.Makenga reminds 7,500 new AFC/M23 commandos that the goal is to liberate the entire DRC

10/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n’umukoresha we KNC banakorana

Living a good life on a small salary in Kigali

Icyakurikiye imirwano hagati y’Abapolisi n’Abanya-Australia bigaragambya bamagana uruzinduko rwa Perezida wa Israel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.