• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ngabo Roben yemeje ko atakiri umukozi wa Rayon Sports yakoreye imyaka itandatu

radiotv10by radiotv10
11/02/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ngabo Roben yemeje ko atakiri umukozi wa Rayon Sports yakoreye imyaka itandatu
Share on FacebookShare on Twitter

Ngabo Roben usanzwe ari umunyamakuru wa RADIOTV10, akazi yabangikanyaga no gukorera Ikipe ya Rayon Sports yanabereye Umuvugizi, yemeje ko atakiri umukozi w’iyi kipe.

Ngabo Roben yemeje isezera rye muri Rayon mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Gashyantare 2026, nyuma yuko bamwe mu banyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo babanje kubivugaho byinshi.

Muri iri tangazo, Ngabo Roben yavuze ko asezeye mu ruvangitirane rw’amarangamutima menshi nk’ikipe yakoreye imyaka itandatu, irimo aho yakoze kuva muri 2018 kugeza muri 2020, akongera kuyikorera kuva muri 2023 kugeza ubu asezeye muri 2026, aho yari nk’Umuyobozi Ushinzwe Itumanaho.

Ati “Rwari urugendo rutangaje gukorana n’abakozi b’abanyamurava. Dufatanyije, twubatse kandi dukuza imbuga nkoranyambaga z’ikipe tuzigeza bazikurikira babarirwa mu bihumbi 440 000 kuri X, Instagram, ndetse na YouTube, ibintu bizahora bintera ishema.”

Yakomeje avuga ko nubwo mu bihe bya vuba yahuye n’imbogamizi ndetse “ubuyobozi bukaba bwahisemo inzira yabwo, ndubaha icyemezo cyabwo kandi ngende mu cyubahiro ndetse n’urwibutso rwinshi.”

Ngabo yasoje ubutumwa bwe avuga ko yifuriza amahirwe masa ikipe ya Rayon Sports, avuga ko ubu icyo ashyize imbere ari ukwita ku mwuga w’itangazamakuru ku gitangazamakuru cya RADIOTV10 akorera.

Ngabo Roben wasezeye muri Rayon Sports, arabura icyumweru kimwe ngo yuzuze umwaka atangiye akazi kuri iki gitangazamakuru akorera, dore ko yagatangiye tariki 17 Gashyantare 2025.

Ngabo asanzwe ari umunyamakuru wa Radio 10

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 2 =

Previous Post

APR mu biganiro bya nyuma n’umunyezamu ishobora kugura hanze y’u Rwanda

Next Post

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

Related Posts

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

by radiotv10
02/07/2026
0

Umukinnyi wa filimi akaba n’umurwenya uzwi nka Mitsutsu, yashyize ku isoko umuyoboro we wa YouTube n’ikinyabiziga cye cya moto, kugira...

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

by radiotv10
02/07/2026
0

Couple y'Abarusiya Angela Nikolau w’imyaka 33 na Ivan Beerkus w’imyaka 32 buriye umunara w’inyubako ya Empire State izwi cyane mu...

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

Dosiye iregwamo Umukaraza ukekwaho gusambanya ku gahato Shaddyboo yazamuwe mu Bushinjacyaha

by radiotv10
30/06/2026
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza ushinjwa gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato Mbabazi Shadia uzwi nka...

Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko

Igitekerezo cy’umuhanzi akaba n’umunyamakuru Uncle Austin cyazamuye impaka

by radiotv10
29/06/2026
0

Umuhanzi wanamanyekanye mu mwuga w’itangazamakuru, Uncle Austin yanenze abategura ibitaramo byitabirwa ku buntu, mu gihe ababitangaho ibitekerezo bavuga ko mu...

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

by radiotv10
29/06/2026
0

Uwizeye Enock uzwi nka Kagarara, nyuma yo guhura n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga Umunyamerika IShowSpeed, yahuye noneho na Ashton Hall na...

Next Post
Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

Umusore ukekwaho kwica se umubyara akanakoresha amayeri ngo adatahurwa yavuze ko yamuhoye kuba yarabicishaga inzara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hagiye kujya hakorwa isuzuma ritunguranye mu Rwanda rishobora gutahura abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.