• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

radiotv10by radiotv10
17/02/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo avuga kuri mugenzi we Musangamfura Christian uzwi nka Lorenzo.

Uyu munyamakuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA uzwi mu biganiro bya siporo, aherutse kugaragara mu mashusho avuga kuri uyu mugenzi we Lorenzo na we ukora ibiganiro bya siporo.

Muri ayo mashusho, Rugaju wumvikagamo nk’ufite umujinya, yavugaga ko hari ibyo apafa n’uyu Lorenzo bahoze bakorana muri RBA, birimo ibyo yamuvuzeho ubwo yafungwaga.

Muri ubu butumwa, Rugaju hari aho agira ati “Mfungwa yari azi ko nzaheramo [yavugaga Lorenzo], ndagaruka. Arakomeza, ndihanangiriza ndasaba ndavuga nti ‘rekeraho’. Hari ukuntu umuntu agenda ukabona arakabije. Rimwe ukaba wamusubiza ngo atuze. Gore Gore ni umuntu ugoye, ameze nka wa mubu utumva, rimwe bisaba ko umureka.”

Rugaju wakoreshaga imvugo ziremereye, muri ubwo butumwa, hari aho yavuze ko mugenzi we Lorenzo bafite ikindi bapfa kijyanye n’ibyo yamwatse ngo babe inshuti akabyanga.

Intandaro y’ibi yabaye isezera ry’Umunyamakuru Ngabo Roben wasezeye ku mwanya w’umukozi ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru muri Rayon Sports, aho Rugaju yavugaga ko Lorenzo ari we ubiri inyuma, kuko ngo yahigiye kuzajya agenda ku nshuti ze kubera ibyo yanze ko bakorana.

Kuri uyu wa Mbere tariki 16 Gashyantare 2026, uyu munyamakuru Rugaju Reagan yanditse ubutumwa, asaba imbabazi kubera ibyo yatangaje kuri mugenzi we.

Yagize ati “Muraho! niseguye ku mashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga! Mu by’ukuri nabitewe n’uburakari bw’ibinyoma byari bimaze igihe bimvugwaho! Uwo muntu si we ndiwe! I really apologize [nsabye imbabazi] kuri buri wese wababajwe na reaction nakoze Kandi ntibizongera! Amahoro.”

Bamwe mu bagize ibyo bavuga ku byari byatangajwe na Rugaju Reagan bari bamugaye kubera umujinya yumvikagamo yikoma mugenzi we Lorenzo.

Umunyamakuru Rugaju Reagan
Na mugenzi we Lorenzo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 10 =

Previous Post

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Next Post

Simple office wear that looks smart and elegant

Related Posts

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

Umukinnyi wa Filimi uzwi mu Rwanda ari guteza ibye birimo moto ngo akemura ikibazo afite

by radiotv10
02/07/2026
0

Umukinnyi wa filimi akaba n’umurwenya uzwi nka Mitsutsu, yashyize ku isoko umuyoboro we wa YouTube n’ikinyabiziga cye cya moto, kugira...

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

Abagiye guterera ivi ku munara ufite uburebre bwa metero 440 bakomeje kuvugisha benshi ku Isi

by radiotv10
02/07/2026
0

Couple y'Abarusiya Angela Nikolau w’imyaka 33 na Ivan Beerkus w’imyaka 32 buriye umunara w’inyubako ya Empire State izwi cyane mu...

Umusore ukekwaho gusambanya ku ngufu Shaddyboo yafunzwe

Dosiye iregwamo Umukaraza ukekwaho gusambanya ku gahato Shaddyboo yazamuwe mu Bushinjacyaha

by radiotv10
30/06/2026
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Iradukunda Aimable uzwi nka Yugi Umukaraza ushinjwa gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato Mbabazi Shadia uzwi nka...

Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko

Igitekerezo cy’umuhanzi akaba n’umunyamakuru Uncle Austin cyazamuye impaka

by radiotv10
29/06/2026
0

Umuhanzi wanamanyekanye mu mwuga w’itangazamakuru, Uncle Austin yanenze abategura ibitaramo byitabirwa ku buntu, mu gihe ababitangaho ibitekerezo bavuga ko mu...

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

by radiotv10
29/06/2026
0

Uwizeye Enock uzwi nka Kagarara, nyuma yo guhura n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga Umunyamerika IShowSpeed, yahuye noneho na Ashton Hall na...

Next Post
Simple office wear that looks smart and elegant

Simple office wear that looks smart and elegant

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.