Thursday, February 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3

radiotv10by radiotv10
19/02/2026
in MU RWANDA
0
Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3
Share on FacebookShare on Twitter

Leta y’u Rwanda iravuga ko iri muri gahunda yo kugabanya imidugudu yo guturamo iri hirya no hino mu Gihugu, ikava ku bihumbi biri hagati ya 14 na 15 ikagera ku bihumbi 3 gusa, mu rwego rwo gukoresha neza ubutaka no guteza imbere ubuhinzi ndetse n’imiturire iteye imbere.

U Rwanda rufite ubuso bungana na kilometero kare 26.338, kandi Leta igaragaza ko abaturage bagomba gutura ku kigero cya 15% cy’ubuso bwose bw’igihugu, ibisigaye bigakoreshwa mu bikorwa by’iterambere birimo ubuhinzi, amashyamba n’ibindi bikorwa by’ubukungu.

Leta y’u Rwanda igaragaza ko yamaze kugabanya imidugudu mu rwego rwo guteza imbere imijyi, kubona ubutaka bukorerwamo ubuhinzi n’ibindi bikorwa bitandukanye.

Depite Mukabarisa Germaine yagaragaje imbogamizi abaturage bamugejejeho ubwo yari mu ngendo zo kwakira ibibazo byabo.

Abasore babwiye uyu mudepite ko babuze uko bubaka iwabo mu byaro kuko hatarimo hatangwa umurongo usobanutse ku bijyanye n’imiturire.

Ibi bituma abasore bari kurongora muri ibi bihe babura aho bubaka, bigatuma bajya kubana mu rugo rwa se na nyina.

Yagize ati “Mu cyaro hari abasore bakiri bato bashaka gushinga ingo. Bajya gusezerana bakabura aho batura kubera ko aho berekwa gutura ari ahantu hatari ibikorwa remezo, kandi abafite ubutaka ntibashaka kubugurisha. Hakibazwa uko abo bashaka gushinga ingo bazubaka, kandi mu cyaro nta mazu yo gukodesha ahari. Ni yo mpamvu babura aho baba bakajya kubana n’imiryango yabo.”

Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Arakwiye Bernadette yasubije ko bagiye gufatanya n’inzego zirebwa n’imiturire kugira ngo bihutishe igishushanyo mbonera.

Aragira ati “Ni ikibazo gihari, ariko ndagira ngo mbare impungenge ko turi kukihutisha mu kugikemura, kandi turi gukorana n’inzego zibishinzwe, cyane cyane uturere twahawe imihigo ko bagomba kurangiza ibishushanyo mbonera, bityo urubyiruko rukabona aho rutura.”

Minisitiri w’Ibidukikije avuga ko kugabanya iyi midugudu yo guturamo, bigamije guteza imbere imijyi ndetse no kugira ngo haboneke ubutaka bwo guhingaho.

Kuri imwe mu midugudu yamaze guturwamo n’abaturage ikaba yarakuwe mu miturire, Dr Arakwiye avuga ko “bazakomeza kuhatura ariko nta yindi nyubako nshya igomba kuhajya kugira ngo hubahirizwe ihame ry’ubucucike no gutura ku butaka buto nk’uko tubisabwa n’igishushanyo mbonera.”

Abadepite bagaragaje ko hari abaturage bagaragaje imbogamizi zo kuba imidugudu batuyemo, yaramaze gushyirwa mu buhinzi, ku buryo bibaza ahazaza habo hakabayobera dore ko ubu nta bikorwa remezo bishobora kuhabasanga.

Umwe mu Badepite ati “Nko mu Murenge wa Ntasho, aho hari imidugudu 18 yisanze barayishyize mu buhinzi kandi yari iri midugudu, gahunda yo kubagezaho umuriro n’amazi, ubwo nta bikorwa remezo bishobora kuhagera kuko ari mu buhinzi.”

Minisitiri Dr Arakwiye avuga ko nk’imidugudu nk’iyo yatujwemo abantu ariko ikaba itemerewe guturwamo muri iki gihe, bazakomeza kuyibamo ndetse n’ibikorwa remezo bigende bihabasanga.

Mu mibereho y’abaturage mu Rwanda, benshi bagiye bubaka amazu aho babonye. Abaturage ni bo bagiye bagira uruhare mu gushinga imidugudu baturamo. Buri kagari kagiye gahabwa imidugudu ibiri mu rwego rwo kubaka ibikorwa remezo byegereye abaturage.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

Related Posts

Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

by radiotv10
19/02/2026
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, haravugwa ikibazo cy’umusore ushinja umukobwa ko yamuhaye ibihumbi 50 Frw ngo baryamane,...

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

by radiotv10
18/02/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buratangaza ko ipimwa ryakorewe ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa kanyanga kimaze guhitana ubuzima bw’abantu 17 mu Karere...

Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

by radiotv10
18/02/2026
0

Abasore babiri bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera barakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umugabo bivugwa ko bamusanze...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo yafunzwe nyuma yo gutahurwaho kumara igihe abana n’umwana w’umukobwa arusha imyaka 40

by radiotv10
18/02/2026
0

Umugabo w’imyaka 57 ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB mu Karere ka Nyanza, nyuma yuko atanzweho amakuru ko yabanaga...

U Rwanda rwashimiye Perezida Putin w’u Burusiya ku bw’imikoranire myiza

U Rwanda rwashimiye Perezida Putin w’u Burusiya ku bw’imikoranire myiza

by radiotv10
18/02/2026
0

Uhagarariye u Rwanda mu Burusiya, Ambasaderi Maj. Gen. Joseph Nzabamwita yashimiye iki Gihugu na Perezida wacyo Vladimir Putin by’umwihariko, ku...

IZIHERUKA

Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3
MU RWANDA

Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3

by radiotv10
19/02/2026
0

Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

19/02/2026
Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

18/02/2026
Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

18/02/2026
Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

18/02/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo yafunzwe nyuma yo gutahurwaho kumara igihe abana n’umwana w’umukobwa arusha imyaka 40

18/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Leta y’u Rwanda igiye kugabanya imidugudu ive ku bihumbi 15 igera ku bihumbi 3

Rurageretse hagati y’umusore n’umukobwa ashinja kumuha 50.000Frw ngo bishimane akaza kwisubira

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.