Leta y’u Rwanda iravuga ko iri muri gahunda yo kugabanya imidugudu yo guturamo iri hirya no hino mu Gihugu, ikava ku bihumbi biri hagati ya 14 na 15 ikagera ku bihumbi 3 gusa, mu rwego rwo gukoresha neza ubutaka no guteza imbere ubuhinzi ndetse n’imiturire iteye imbere.
U Rwanda rufite ubuso bungana na kilometero kare 26.338, kandi Leta igaragaza ko abaturage bagomba gutura ku kigero cya 15% cy’ubuso bwose bw’igihugu, ibisigaye bigakoreshwa mu bikorwa by’iterambere birimo ubuhinzi, amashyamba n’ibindi bikorwa by’ubukungu.
Leta y’u Rwanda igaragaza ko yamaze kugabanya imidugudu mu rwego rwo guteza imbere imijyi, kubona ubutaka bukorerwamo ubuhinzi n’ibindi bikorwa bitandukanye.
Depite Mukabarisa Germaine yagaragaje imbogamizi abaturage bamugejejeho ubwo yari mu ngendo zo kwakira ibibazo byabo.
Abasore babwiye uyu mudepite ko babuze uko bubaka iwabo mu byaro kuko hatarimo hatangwa umurongo usobanutse ku bijyanye n’imiturire.
Ibi bituma abasore bari kurongora muri ibi bihe babura aho bubaka, bigatuma bajya kubana mu rugo rwa se na nyina.
Yagize ati “Mu cyaro hari abasore bakiri bato bashaka gushinga ingo. Bajya gusezerana bakabura aho batura kubera ko aho berekwa gutura ari ahantu hatari ibikorwa remezo, kandi abafite ubutaka ntibashaka kubugurisha. Hakibazwa uko abo bashaka gushinga ingo bazubaka, kandi mu cyaro nta mazu yo gukodesha ahari. Ni yo mpamvu babura aho baba bakajya kubana n’imiryango yabo.”
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Arakwiye Bernadette yasubije ko bagiye gufatanya n’inzego zirebwa n’imiturire kugira ngo bihutishe igishushanyo mbonera.
Aragira ati “Ni ikibazo gihari, ariko ndagira ngo mbare impungenge ko turi kukihutisha mu kugikemura, kandi turi gukorana n’inzego zibishinzwe, cyane cyane uturere twahawe imihigo ko bagomba kurangiza ibishushanyo mbonera, bityo urubyiruko rukabona aho rutura.”
Minisitiri w’Ibidukikije avuga ko kugabanya iyi midugudu yo guturamo, bigamije guteza imbere imijyi ndetse no kugira ngo haboneke ubutaka bwo guhingaho.
Kuri imwe mu midugudu yamaze guturwamo n’abaturage ikaba yarakuwe mu miturire, Dr Arakwiye avuga ko “bazakomeza kuhatura ariko nta yindi nyubako nshya igomba kuhajya kugira ngo hubahirizwe ihame ry’ubucucike no gutura ku butaka buto nk’uko tubisabwa n’igishushanyo mbonera.”
Abadepite bagaragaje ko hari abaturage bagaragaje imbogamizi zo kuba imidugudu batuyemo, yaramaze gushyirwa mu buhinzi, ku buryo bibaza ahazaza habo hakabayobera dore ko ubu nta bikorwa remezo bishobora kuhabasanga.
Umwe mu Badepite ati “Nko mu Murenge wa Ntasho, aho hari imidugudu 18 yisanze barayishyize mu buhinzi kandi yari iri midugudu, gahunda yo kubagezaho umuriro n’amazi, ubwo nta bikorwa remezo bishobora kuhagera kuko ari mu buhinzi.”
Minisitiri Dr Arakwiye avuga ko nk’imidugudu nk’iyo yatujwemo abantu ariko ikaba itemerewe guturwamo muri iki gihe, bazakomeza kuyibamo ndetse n’ibikorwa remezo bigende bihabasanga.
Mu mibereho y’abaturage mu Rwanda, benshi bagiye bubaka amazu aho babonye. Abaturage ni bo bagiye bagira uruhare mu gushinga imidugudu baturamo. Buri kagari kagiye gahabwa imidugudu ibiri mu rwego rwo kubaka ibikorwa remezo byegereye abaturage.
NTAMBARA Garleon
RADIOTV10







