Wednesday, February 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
25/02/2026
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Muri Ghana hakomeje kuvugwa inkuru yateje impaka, y’urusengero rwagagayemo abakristu b’abagore bambaye utwenda tw’imbere tuzwi nka Bikini twambarwa n’abatembereye ku mucanga cyangwa bagiye koga muri piscine.

Ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwijwe amashusho bivugwa ko ari ayo mu itorero ryitwa Endtime Church of Blinks ryo muri Ghana, aho abagore bagaragaye bitabiriye igiterane bambaye bikini.

Aya mashusho yahise atera impaka zikomeye. Bamwe bayafashe nk’ikimenyetso cy’uko hari amatorero atakigendera ku mahame asanzwe y’idini, mu gihe abandi bavuze ko ayo mashusho ashobora kuba yarakozwe agamije gukina filime cyangwa gushaka kwamamara ku mbuga nkoranyambaga, atari igikorwa nyacyo cyabereye mu rusengero.

Nubwo bimeze bityo, ibi byatumye abantu benshi bongera kwibaza ku ruhare rw’amafaranga n’imyitwarire idasanzwe mu matorero amwe n’amwe. Hari n’abatangiye kuganira ku itandukaniro riri hagati yo gutanga nk’igikorwa cyo kwizera n’aho gutanga bishobora gufatwa nk’itegeko cyangwa igitutu.

Umugisha uhabwa abatanze amafaranga gusa

Ibi bije bikurikira ubuhamya bw’umukobwa w’Umukirisitu ukomoka mu Burayi, uba muri Ghana, wavuze ko yatunguwe n’ibyo yabonye ubwo yitabiraga igiterane cyo ku Cyumweru mu rusengero rwo muri icyo gihugu.

Yavuze ko mbere yo kujya mu rusengero yari afite amatsiko menshi, kuko muri Ghana Ubukirisitu bugaragara henshi mu buzima bwa buri munsi.

Yagize ati “imodoka nyinshi ziba ziriho amagambo ajyanye no kwizera nka ‘Imana ni nziza’ ‘Yesu arakiza’ cyangwa ‘Imana ni umurinzi wanjye’.”

Ibi byatumye ajya gusenga yizeye kuzagira ibihe byiza byo kwegera Imana, ariko ngo si ko byagenze.

Yagize ati “Mu gihe cyo gutanga amaturo, umupasiteri yahamagaye abantu ababwira amafaranga runaka bagombaga gutanga, kandi yari menshi. Abantu barahagurutse baratanga. Ariko icyantunguye cyane ni uko umugisha wihariye wahawe abatanze ayo mafaranga gusa.”

Yakomeje avuga ko byatumye yumva bimeze nk’aho umugisha ushobora kugurwa. Ati “Agakiza ntikagurwa n’amafaranga. Ubuntu bw’Imana ntibwishyurwa. Dukizwa na Yesu Kristo wenyine.”

Yanavuze ko mu rusengero asengeramo iwabo mu Burayi, rwo mu itorero ry’Abaporotesitanti, umugisha uhabwa abantu bose hamwe kandi ngo ntushingira ku mafaranga cyangwa ku rwego rw’umuntu.

Ku mbuga nkoranyambaga, ibitekerezo byakomeje gutandukana. Hari abavuze ko bidakwiye ko umugisha uhabwa abantu hashingiwe ku mafaranga batanze, mu gihe abandi bo bavuga ko gutanga ari kimwe mu bigize ukwizera kandi ko bidakwiye gucira urubanza amatorero yose.

Izi nkuru zikomeje gutera impaka zikomeye, zigasiga abantu bibaza niba koko hari amatorero amwe n’amwe asenga agamije kwegera Imana, cyangwa niba ari imyumvire itandukanye ku buryo bwo gusenga no gutanga.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 20 =

Previous Post

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Related Posts

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

by radiotv10
25/02/2026
0

Mu butumwa budatomora ku bijyanye n’urupfu rw’Umuvugizi w’igisirikare cya AFC/M23, Lt Col Willy Ngoma, Umuhuzabikorwa Wungirije w’iri Huriro, Bertrand Bisimwa...

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

by radiotv10
25/02/2026
0

Abantu 11 mu itsinda rya 17 bo muri Afurika y’Epfo bisanze barwanira u Burusiya mu ntambara yo muri Ukraine nyuma...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Amakuru aravuga urupfu rw’Umuvugizi wa AFC/M23 Willy Ngoma

by radiotv10
24/02/2026
0

Amakuru menshi akomeje kuvuga ko Umuvugizi w’Igisirikare cy’Ihuriro rya AFC/M23, Lieutenant-Colonel Willy Ngoma yishwe arasiwe mu gitero cy'indege zitagira abapilote...

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

by radiotv10
24/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’igisirikare cya DRC (FARDC) n’abagifasha, rwatangije ibitero by’urugamba rwagutse mu bice byose by’imirwano...

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/02/2026
0

Nyuma y’iminsi ibiri y’imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’aba Wazalendo bafatanya na FARDC, yaberaga mu bice bimwe byo muri...

IZIHERUKA

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka
AMAHANGA

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

by radiotv10
25/02/2026
0

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

25/02/2026
Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

25/02/2026
Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

25/02/2026
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

25/02/2026
Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

25/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.