Umugore w’imyaka 34 wo mu Karere ka Gasabo ukurikiranyweho gusambanya inshuro ebyiri umwana w’umuhungu w’imyaka 14, wireguraga avuga ko babikoze ari we wabimusabye kuko we yicuruza, yahamijwe icyaha akatirwa gufungwa imyaka 10.
Ni icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo nyuma yo gushyikirizwa ikirego n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Gasabo.
Uyu mugore w’imyaka 34 aregwa icyaha cyakozwe ku itariki 31 Ukuboza 2025 ndetse no ku ya 03 Mutarama 2026.
Ubushinjacyaha buvuga ko iki cyaha cyabereye mu Mudugudu Karenge, Akagari ka Nyakabungo, Umurenge wa Jali, mu Karere ka Gasabo.
Buti “Uregwa akurikiranyweho kuba kuri ayo matariki yarasambanyije uyu mwana nyuma akamushukisha amafaranga 1000 Frw kugira ngo atazabivuga.”
Uregwa yaburanye yemera icyaha. Asobanura ko uwo mwana ari we wamusabye ko basambana kuko we asanzwe akora akazi ko kwicuruza (uburaya).
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, rugendeye ku byatangarijwe mu iburanisha, mu gufata icyemezo rwemeje ko ikirego cy’Ubushinjacyaha gifite ishingiro.
Urukiko kandi rwemeje ko uregwa ahamwa n’icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu, rumuhanisha igihano cy’igifungo cy’imyaka icumi (10).
RADIOTV10










