Tuesday, March 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

radiotv10by radiotv10
10/03/2026
in SIPORO
0
Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yasabye abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo kurangwa n’ubupfura, byumwihariko asaba Rugaju Reagan na Lorenzo gukora kinyamwuga bakareka ihangana, nyuma yuko aba bombi bavuzweho amakimbirane.

Mu minsi ishize aba banyamakuru bumvikanye mu makimbirane, yatumye Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura mu Rwanda RMC rubahamagaza, birangira biyunze.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, uyu munsi yabwiye itangazamakuru ko abanyamakuru bakora ibiganiro bya siporo bakwiye kubikora kinyamwuga, bakareka gutangaza ibihuha no guhanganisha abantu.

Yagize ati “Mwe mukora ibiganiro bya siporo, mureke amatiku, guhanganisha abafana, gukurura umwiryane ndetse no gutangaza ibihuha.”

Byumwihariko ku banyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan na Musangamfura Christian uzwi nka Lorenzo, Umuvugizi wa RIB, yavuze ko nubwo abwirwa menshi ariko bene yo bakwiye kuyumva.

Ati “Ubwo abo mbwira barumva; ba Lorenzo Musangamfura na Reagan Rugaju, buriya ntacyo mwigiye kuri bakuru banyu? Nta somo mubona? Murangwe n’ubupfura nk’uko amazina yanyu ari kuvuga.”

Dr Murangira yasabye aba banyamakuru gukora inshingano zabo zo gutangaza amakuru, bakareka ibihabanaye n’umurongo wabyo. Ati “Muvuge urubuga rw’imikino, muryohereze abantu, mureke guhanganisha abafana.”

Dr Murangira B. Thierry uyu munsi mu kiganiro n’itangazamakuru

Yavuze ko igihe cyo kwihanangiriza cyarangiye, ubu hagiye gukurikiraho gukurikiranwa. Ati “Icyo nababwira ntawe tuzongera kwihanangiriza, ubu ni ubwa mbere n’ubwa nyuma, tuzajya tugutumiza witabe ubundi ukurikiranwe.”

Nyuma y’ariya makimbirane yabayeho, Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura mu Rwanda, RMC, rwatangaje ko aba bakora ibiganiro bya Siporo bahisemo kuyakemura mu nzira z’ibiganiro, ruboneraho no kubashimira.

RMC yari yavuze ko “ishimira Lorenzo na Rugaju bahisemo inzira y’ibiganiro, ubwumvikane n’ubuhuza mu gukemura amakimbirane bagiranye mu bihe bitambutse akagaragara no mu ruhame.”

Si ubwa mbere abanyamakuru bakora ibiganiro bya siporo bihanijwe n’inzego zishinzwe iperereza, dore n’ubundi muri Gicurasi umwaka ushize, Dr Murangira yari yasabye abanyamakuru Sam Karenzi na Muramira Regis, guhagarika guterana amagambo kwari kumaze iminsi hagati yabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 14 =

Previous Post

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Next Post

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

Related Posts

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

by radiotv10
10/03/2026
0

Itsinda ‘Umurava APR Fan Club’ ry’abafana b’ikipe ya APR FC, ryafatiye icyemezo cyo kwirukana burundu umwe mu bari barigize, nyuma...

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

by radiotv10
09/03/2026
0

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura nyuma y’imirwano ikomeye yadutse hagati y’amakipe ya Cruzeiro na Atlético Mineiro yo muri Brazil mu mukino wa...

APR BBC igiye kumanura umukinnyi w’Umunyamerika wakiniye ikipe iri mu zikomeye ku Isi

APR BBC igiye kumanura umukinnyi w’Umunyamerika wakiniye ikipe iri mu zikomeye ku Isi

by radiotv10
09/03/2026
0

Ikipe ya APR Basketball Club igiye kuzana umukinnyi Quinn Cook wakinnye muri Shampiyona yo muri Leta Zunze Ubumwe za America...

Rayon Sports na APR FC zatakarije amanota i Rubavu

Rayon Sports na APR FC zatakarije amanota i Rubavu

by radiotv10
08/03/2026
0

Ikipe ya APR FC na RAYON SPORTS ntizahiriwe n'urugendo rw'i Rubavu dore ko zombi zahanganyirije ku munsi wa 23 wa...

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

by radiotv10
06/03/2026
0

Umuyobozi ushinzwe Imiyoborere n’Ubukangurambaga muri Komite y’Inzibacyuho ya Rayon Sports, Jean-Baptiste Musabyimana, yashimangiye ko nta Nteko Rusange izabaho mu gihe...

IZIHERUKA

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe
AMAHANGA

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

by radiotv10
10/03/2026
0

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

10/03/2026
Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

10/03/2026
Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

10/03/2026
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

10/03/2026
Gicumbi: Umugore akurikiranyweho icyaha cyakoranywe ubugome kidakwiye gukorwa n’umubyeyi

Umugore w’i Kigali uregwa gusambanya umwana w’umuhungu arusha imyaka 20 yafatiwe icyemezo

10/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.