Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo

radiotv10by radiotv10
15/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa buvuye muri RIB bugenewe abanyamakuru babiri bazwi mu Rwanda bamaze iminsi baterana amagambo
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwaburiye abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo bamaze iminsi baterana amagambo, rubasaba kubihagarika, bitaba ibyo bakazisanga batangiye kubikurikiranwaho nk’ibyaha kuko ari wo murongo bari gusatira.

Byatangajwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B. Thierry kuri uyu wa Kane tariki 15 Gicurasi 2025, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo herekanwaga abantu bakekwaho ibyaha binyuranye.

Ni nyuma yuko umunyamakuru Sam Karenzi na Muramira Regis bakorera ibitangazamakuru bibiri banafitemo imyanya yo hejuru, bamaze iminsi bumvikana baterana amagambo mu biganiro bakora.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry avuga ko isesengura ryakozwe, rigaragaza ko gusubizanya hagati y’aba banyamakuru, ari amakimbirane ashingiye ku byo bombi baziranyeho.

Ati “Amakimbirane yabo, ubona ashingiye ku mabanga bo ubwabo baziranyeho nk’abantu bakoranye, bagakora muri za siporo hari igihe habamo, urabona ni ibintu baziranyeho, ariko niba ari ibintu baziranyeho nibabibike bo ubwabo bareke kubizana bakoresha ibitangazamakuru bakorera.”

Yaboneyeho kugira inama abakeka ko bashobora kwitwikira umwuga w’itangazamakuru bakavuga ibyo bashaka, ko hari imbago batagomba kurenga, kuko hari igihe bisanga barengereye bakoze ibyaha.

Ati “Ntakibazo bararyihishamo bakore amakosa y’umwuga, ababibabaza bazabibaza, ariko hari igihe bazatera intambwe bakarenga umurongo utukura hanyuma ubwo icyo gihe natwe tuzaba turi hafi tubakirize yombi.”

Dr Murangira avuga ko uko aba banyamakuru batangiye izi mpaka zabo, byari ibintu bisanzwe, ariko uko bagiye bakomeza, byagiye biba birebire ku buryo ibyo bavuga bazi ko ari ugusubizanya, bizarangira bivuyemo ibyaha.

Ati “kuko uko twabitangiye si ko tubibona ubu ngubu, ndabona bagenda babikwedura, ariko kubera ko bakoresha imiyoboro y’ibitangazamakuru bakorera, urabona ko biri kugenda bifata indi ntera, ibi bigafatwa nko gutandukira amahame y’umwuga wabo w’itangazamakuru, ariko kandi biranaganisha mu nzira zo gukora ibyaha.”

Dr Murangira yaboneyeho kubaha ubutumwa, agira ati “Ubu butumwa mubumpere umugabo bita Muramira Regis na Sam Karenzi. Mubabwire muti ‘turarambiwe pe’, abantu bararambiwe, bararambiwe kumva ibintu barimo. Murekere aho abantu barambiwe amatiku birirwamo.”

Dr Murangira avuga ko ubundi aba banyamakuru bombi, ari abantu bamaze igihe mu mwuga w’itangazamakuru ku buryo batari bakwiye kumvikana muri ibi yise amatiku. Ati “Biragayitse, ni ibintu tutatekereza mu bantu b’aba senior [bafite uburambe].”

Umunyamakuru Sam Karenzi yagiriwe inama
Na Muramira Regis bamaze igihe baterana amagambo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Kigali: Hagaragajwe abantu bakekwaho ubujura bwa Telefone

Next Post

FC Barcelona yahiriwe n’umwaka w’imikino byarangiye ihagurukije mucyeba wayo ku ntebe y’icyubahiro

Related Posts

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

by radiotv10
13/06/2025
0

Muhire Kevin wari kapiteni w’ikipe ya Rayon Sport, aratangazwa nk’umukinnyi mushya w’ikipe ya Jamus FC yo muri Sudani y'Epfo. Ni...

APR BBC yari ihanzwe amaso n’Abanyarwanda muri BAL yasitariye ku marembo ya Final

APR BBC yari ihanzwe amaso n’Abanyarwanda muri BAL yasitariye ku marembo ya Final

by radiotv10
11/06/2025
0

Ikipe ya APR BBC yo mu Rwanda yasezerewe muri 1/2 cy’irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) 2025 nyuma yo gutsindwa...

Ubutumwa bw’umutoza Mashami washimangiye ko atazakomeza n’ikipe yatandukanye na benshi

Ubutumwa bw’umutoza Mashami washimangiye ko atazakomeza n’ikipe yatandukanye na benshi

by radiotv10
10/06/2025
0

Mashami Vincent wari umutoza mukuru wa Police FC, yemeje ko atazakomezanya n’iyi kipe nyuma y’imyaka itatu yari ayimazemo, ayishimira icyizere...

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

by radiotv10
09/06/2025
0

Amakipe azahagararira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga APR FC na Rayon Sports, yatanze andi kujya ku isoko ryo kugura abakinnyi...

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

IZIHERUKA

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
MU RWANDA

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

13/06/2025
Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FC Barcelona yahiriwe n’umwaka w’imikino byarangiye ihagurukije mucyeba wayo ku ntebe y’icyubahiro

FC Barcelona yahiriwe n’umwaka w’imikino byarangiye ihagurukije mucyeba wayo ku ntebe y’icyubahiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.