Wednesday, March 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umusirikare wa Congo yishe arashe abarwanyi b’umutwe ukorana na FARDC

radiotv10by radiotv10
11/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
BREAKING: Uwo bikekwa ko ari umusirikare wa Congo yarashe urufaya rw’amasasu mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushyamirane bwahuje umusirikare mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo muri Gurupoma ya Luberike muri Teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, bwasize abarwanyi batatu bapfuye.

Ubu bushyamirane bwabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Werurwe, i Mungazi, muri Gurupoma ya Luberike, aho abapfuye bose uko ari batatu, ari abarwanyi ba Wazalendo.

Nk’uko amakuru aturuka muri aka gace abivuga, iki ubu bushyamirane bwaturutse ku bwumvikane bucye hagati y’umusirikare n’itsinda ry’abarwanyi ba Wazalendo aho babanje kujya impaka ku ngingo itaramenyekana.

Muri iyi mirwano, umusirikare yarashe abarwanyi ba Wazalendo ahita yicamo batatu. Amakuru avuga ko ibi byamenyekanye nyuma y’amasaha make bibaye nyuma yuko humvikanye urusaku rw’amasasu muri ako gace rwanateye ubwoba mu baturage bo muri ako gace.

Ukekwaho kuba yarashe, yatawe muri yombi na bagenzi be kandi, ubu akaba ari mu maboko y’abayobozi ba gisirikare kugira ngo abibazwe.

Aba barwanyi batatu ba Wazalendo bashyinguwe muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu mu gace kamwe. Abasirikare ba FARDC n’abarwanyi ba Wazalendo bakunze gukozanyaho mu bushyamirane bubahuza, aho muri 2025, habaye ubundi bubiri hagati y’abasirikare i Mungazi bwasize hari abahaguye abandi bagakomereka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 7 =

Previous Post

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

Related Posts

Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

by radiotv10
11/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryagaragaje inyubako yangijwe n’igitero cy’indege zitagira abapilote cyagabwe n’uruhande bahanganye...

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
11/03/2026
0

Abayobozi banyuranye mu Ihuriro AFC/M23, baravuga ko ibibombe byarashwe mu mujyi wa Goma n’uruhande bahanganye rukoresheje indege zitagira abapilote (drônes)...

Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

by radiotv10
11/03/2026
0

Different leaders within the AFC/M23 coalition say that bombs that were fired in the city of Goma by the opposing...

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

by radiotv10
10/03/2026
0

Imiryango itari iya Leta iravuga ko ibitero by’indege zitagira abapilote zo mu bwoko bwa Kamikaze, byagabwe mu gace ka Minembwe...

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

by radiotv10
10/03/2026
0

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Werurwe 2026, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyagabanutse nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze...

IZIHERUKA

BREAKING: Uwo bikekwa ko ari umusirikare wa Congo yarashe urufaya rw’amasasu mu Rwanda
AMAHANGA

Umusirikare wa Congo yishe arashe abarwanyi b’umutwe ukorana na FARDC

by radiotv10
11/03/2026
0

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

11/03/2026
Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

11/03/2026
Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

Agezweho: AFC/M23 yerekanye inzu yashwanyagujwe n’igitero cyagabwe i Goma inavuga umwe mu bo cyahitanye

11/03/2026
BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

BREAKING: Goma yibasiwe n’ibitero bikomeye byakurikiwe n’ubutumwa AFC/M23 iri guha ubutegetsi bwa Congo

11/03/2026
Ubutumwa bwa myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker wasezeye burundu ikipe y’Igihugu

Ubutumwa bwa myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker wasezeye burundu ikipe y’Igihugu

11/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusirikare wa Congo yishe arashe abarwanyi b’umutwe ukorana na FARDC

U Burundi bwitabiriye inama iri kubera mu Rwanda y’Abayobozi Bakuru b’inganda za gisirikare

Undi muhanda uhuza Intara ebyiri mu Rwanda nturi nyabagendwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.