Thursday, March 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

radiotv10by radiotv10
12/03/2026
in MU RWANDA
0
Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba
Share on FacebookShare on Twitter

Atete Kagorora Arianah wiga mu mashuri yisumbuye uherutse kwegukana umwanya wa mbere mu marushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, anamushyikiriza igihembo.

Atete yegukanye umwanya wa mbere anahembwa nk’uwahize abandi mu marushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ku Cyumweru tariki 08 Werurwe 2026 ubwo hasozwaga Inteko Rusange ya 28 y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu Muryango yaberaga muri Tanzania.

Nyuma y’iminsi itatu, kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2026, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Dr Usta Kaitesi yakiriye uyu mwana w’umukobwa, anamushimira uburyo yitwaye neza muri ariya marushanwa.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, yatangaje ko “ku gicamunsi” cyo kuri uyu wa Gatatu “Umunyamabanga wa Leta, Dr Usta Kaitesi yashimiye anahemba Atete Kagorora Arianah, Umunyarwandakazi wiga mu mashuri yisumbuye watsinze amarushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ya 2024 (EAC Essay Writing Competition).”

Ubutumwa bwa MINAFFET buherekejwe n’amafoto arimo igaragaza Dr Usta Kaitesi ashyikiriza uyu mwana mudasobwa, nk’igihembo yagenewe.

Aya marushanwa ngarukamwaka, ategurwa n’Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, agahuza abanyeshuri biga mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye mu Bihugu bigize uyu Muryango.

Aya marushanwa agamije guteza imbere no kumenyekanisha ibikorwa bya EAC n’akamaro kawo mu rubyiruko rwo mu Bihugu bigize Afurika y’Iburasirazuba.

Atete Kagorora Arianah yegukanye umwanya wa mbere ahigitse bagenzi be, aho yakoze inyandiko ku gushyira hamwe kw’Ibihugu bigize EAC mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Nyuma yo kwegukana uyu mwanya wa mbere, uyu mwana, yavuze ko ubufatanye bw’Ibihugu bigize EAC ari ishingiro ryo gushaka ibisubizo by’ibibazo byose bishobora kugariza abaturage.

Yagize ati “Atari n’ihindagurika ry’ikirere gusa, ibibazo byose duhura na byo muri EAC, bishobora gukemurwa n’uko twese dufatanyije […] Igihe nandikana iyo essay yanjye nagerageje gusobanura uburyo ubumwe hagati y’Ibihugu byose biri muri EAC ari bwo bushobora gukemura iri hindagurika ry’ikirere.”

Atete ubwo yakirwaga n’Umunyamabanga wa Leta muri MINAFFET, yari aherekejwe n’umubyeyi we ndetse na bamwe mu bayobozi b’ishuri ryisumbuye yigaho.

Dr Usta Kaitesi yashyikirije Atete igihembo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + eleven =

Previous Post

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

Next Post

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

by radiotv10
12/03/2026
0

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yemeje ko umwe mu barwanyije abapolisi bari mu kazi ko kurwanya...

Abapolisi b’u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye

Abapolisi b’u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye

by radiotv10
12/03/2026
0

SP Bernard Gatete, Umuyobozi w’itsinda ry’Abapolisi b'u Rwanda rivuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, yavuze ko bujuje inshingano...

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

by radiotv10
12/03/2026
0

Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda n’Umugaba Mukuru wa RDF, Gen. Mubarakh Muganga, bagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, byagarutse...

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

by radiotv10
12/03/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umwe mu mikino y’irushanwa rya UEFA Champions League wahuje ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa...

Eng.-Rwanda and Israel Hold Talks on Strengthening the Existing Defence Cooperation

Eng.-Rwanda and Israel Hold Talks on Strengthening the Existing Defence Cooperation

by radiotv10
12/03/2026
0

Rwanda’s Minister of Defence, Juvenal Marizamunda, together with the Chief of Defence Staff of the Rwanda Defence Force (RDF), Gen....

IZIHERUKA

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

by radiotv10
12/03/2026
0

Eng.-Major protests erupt in Goma after widely condemned drone attack

Eng.-Major protests erupt in Goma after widely condemned drone attack

12/03/2026
Abapolisi b’u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye

Abapolisi b’u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye

12/03/2026
BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

BREAKING: I Goma haramukiye imyigaragambyo ikomeye nyuma y’igitero cyamaganiwe kure

12/03/2026
U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

12/03/2026
Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

Guverinoma y’u Rwanda yashimiye umwana uherutse guhesha ishema Igihugu muri Afurika y’Iburasirazuba

12/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

Eng.-Major protests erupt in Goma after widely condemned drone attack

Abapolisi b’u Rwanda bavuye muri Centrafrique bavuze ibyo bakoze byisumbuye ku nshingano zari zabajyanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.