Atete Kagorora Arianah wiga mu mashuri yisumbuye uherutse kwegukana umwanya wa mbere mu marushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, anamushyikiriza igihembo.
Atete yegukanye umwanya wa mbere anahembwa nk’uwahize abandi mu marushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, ku Cyumweru tariki 08 Werurwe 2026 ubwo hasozwaga Inteko Rusange ya 28 y’Abakuru b’Ibihugu bigize uyu Muryango yaberaga muri Tanzania.
Nyuma y’iminsi itatu, kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2026, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Dr Usta Kaitesi yakiriye uyu mwana w’umukobwa, anamushimira uburyo yitwaye neza muri ariya marushanwa.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, yatangaje ko “ku gicamunsi” cyo kuri uyu wa Gatatu “Umunyamabanga wa Leta, Dr Usta Kaitesi yashimiye anahemba Atete Kagorora Arianah, Umunyarwandakazi wiga mu mashuri yisumbuye watsinze amarushanwa yo kwandika ku Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ya 2024 (EAC Essay Writing Competition).”
Ubutumwa bwa MINAFFET buherekejwe n’amafoto arimo igaragaza Dr Usta Kaitesi ashyikiriza uyu mwana mudasobwa, nk’igihembo yagenewe.
Aya marushanwa ngarukamwaka, ategurwa n’Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, agahuza abanyeshuri biga mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye mu Bihugu bigize uyu Muryango.
Aya marushanwa agamije guteza imbere no kumenyekanisha ibikorwa bya EAC n’akamaro kawo mu rubyiruko rwo mu Bihugu bigize Afurika y’Iburasirazuba.
Atete Kagorora Arianah yegukanye umwanya wa mbere ahigitse bagenzi be, aho yakoze inyandiko ku gushyira hamwe kw’Ibihugu bigize EAC mu guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.
Nyuma yo kwegukana uyu mwanya wa mbere, uyu mwana, yavuze ko ubufatanye bw’Ibihugu bigize EAC ari ishingiro ryo gushaka ibisubizo by’ibibazo byose bishobora kugariza abaturage.
Yagize ati “Atari n’ihindagurika ry’ikirere gusa, ibibazo byose duhura na byo muri EAC, bishobora gukemurwa n’uko twese dufatanyije […] Igihe nandikana iyo essay yanjye nagerageje gusobanura uburyo ubumwe hagati y’Ibihugu byose biri muri EAC ari bwo bushobora gukemura iri hindagurika ry’ikirere.”
Atete ubwo yakirwaga n’Umunyamabanga wa Leta muri MINAFFET, yari aherekejwe n’umubyeyi we ndetse na bamwe mu bayobozi b’ishuri ryisumbuye yigaho.


RADIOTV10








