Friday, March 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

radiotv10by radiotv10
13/03/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora RCS, rwemeje ko umugororwa wari wajyanywe ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruherereye i Nyamirambo, yashatse gutoroka nyuma yo kujya mu bwiherero, ariko afatwa atageze ku mugambi we, bigizwemo uruhare n’abaturage bamuvugirije induru ubwo bamubonaga ashaka gucika.

Ibi byabaye ku wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2026, i Nyamirambo ku cyicaro cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, nk’uko byemejwe n’Umuvugizi waRCS, CSP Sengabo Hillary Emmanuel

CSP Sengabo yavuze ko uriya mugororwa yari yajyanywe kuburanira ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge i Nyamirambo, nk’abandi bagororwa bose.

Yavuze ko ubwo umucungagereza yari ajyanye abagororwa ku bwiherero, umwe muri bo yashatse guhita acika, ariko umugambi we uburizwamo.

Mu gihe abandi bagororwa bari bategereje uyu mugenzi wabo, yarasimbutse ashaka guhita acika, ariko umucungagereza wari ubacunze, ahita yiyambaza inzego z’umutekano, Polisi, na yo ihita ihagoboka.

Abapolisi ndetse n’undi mucungagereza utari wambaye impuzankano, kimwe n’abaturage bari aho, bagize uruhare mu gufata uyu mugororwa washakaga gutoroka.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora (RCS), CSP Sengabo Hillary Emmanuel ati “Byagenze neza, ntawakomeretse, ntawagize ikibazo.”

Yakomeje agira ati “Tukaba dushimira abaturage rero batuye hafi hariya babigizemo uruhare rwo kumuvugiziza induru.”

CSP Sengabo yaboneyeho kugira inama abagororwa baba bafite imyumvire nk’iyi kuyizibukira, kuko byavamo ingaruka zikomeye, kuko uretse kuba umuntu yahakomerekera, ashobora no kubihanirwa, dore ko ari n’ikimenyetso cyo kugaragaza ko uwo muntu yakoze ibyaha.

Ati “Si byiza gufata icyemezo cyo gutoroka ubutabera kandi bishoboka yuko wanagabanyirizwa ibahano ndetse waba n’umwere.”

Muri Mutarama uyu mwaka, RCS yatangaje ko mu mwaka wa 2025, hari abagororwa umunani (8) batorotse amagororero, ariko abenshi muri bo bafashwe, kuko batandatu (6) bagaruwe basubizwa mu magororero.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

Related Posts

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

by radiotv10
13/03/2026
0

Umujyanama mu bya gisirikare mu biro by’Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Col Deo Mutabazi akaba anahagarariye inyungu z'Ingabo (Defence...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

by radiotv10
12/03/2026
0

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yemeje ko umwe mu barwanyije abapolisi bari mu kazi ko kurwanya...

Central Banks of Rwanda and Kenya Sign Cooperation Agreement

Central Banks of Rwanda and Kenya Sign Cooperation Agreement

by radiotv10
12/03/2026
0

The National Bank of Rwanda and the Central Bank of Kenya have signed a new agreement aimed at making it...

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda na Israel baganiriye ku bufatanye mu bya gisirikare

by radiotv10
12/03/2026
0

Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda n’Umugaba Mukuru wa RDF, Gen. Mubarakh Muganga, bagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, byagarutse...

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

Perezida Kagame yarebye imbonankubone umukino Paris Saint-Germain yatsindiyemo Chelsea 5-2

by radiotv10
12/03/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umwe mu mikino y’irushanwa rya UEFA Champions League wahuje ikipe ya Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa...

IZIHERUKA

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali
MU RWANDA

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

by radiotv10
13/03/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

13/03/2026
Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

12/03/2026
Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

12/03/2026
Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

12/03/2026
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

12/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.