Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

radiotv10by radiotv10
13/03/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora RCS, rwemeje ko umugororwa wari wajyanywe ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruherereye i Nyamirambo, yashatse gutoroka nyuma yo kujya mu bwiherero, ariko afatwa atageze ku mugambi we, bigizwemo uruhare n’abaturage bamuvugirije induru ubwo bamubonaga ashaka gucika.

Ibi byabaye ku wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2026, i Nyamirambo ku cyicaro cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, nk’uko byemejwe n’Umuvugizi waRCS, CSP Sengabo Hillary Emmanuel

CSP Sengabo yavuze ko uriya mugororwa yari yajyanywe kuburanira ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge i Nyamirambo, nk’abandi bagororwa bose.

Yavuze ko ubwo umucungagereza yari ajyanye abagororwa ku bwiherero, umwe muri bo yashatse guhita acika, ariko umugambi we uburizwamo.

Mu gihe abandi bagororwa bari bategereje uyu mugenzi wabo, yarasimbutse ashaka guhita acika, ariko umucungagereza wari ubacunze, ahita yiyambaza inzego z’umutekano, Polisi, na yo ihita ihagoboka.

Abapolisi ndetse n’undi mucungagereza utari wambaye impuzankano, kimwe n’abaturage bari aho, bagize uruhare mu gufata uyu mugororwa washakaga gutoroka.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora (RCS), CSP Sengabo Hillary Emmanuel ati “Byagenze neza, ntawakomeretse, ntawagize ikibazo.”

Yakomeje agira ati “Tukaba dushimira abaturage rero batuye hafi hariya babigizemo uruhare rwo kumuvugiziza induru.”

CSP Sengabo yaboneyeho kugira inama abagororwa baba bafite imyumvire nk’iyi kuyizibukira, kuko byavamo ingaruka zikomeye, kuko uretse kuba umuntu yahakomerekera, ashobora no kubihanirwa, dore ko ari n’ikimenyetso cyo kugaragaza ko uwo muntu yakoze ibyaha.

Ati “Si byiza gufata icyemezo cyo gutoroka ubutabera kandi bishoboka yuko wanagabanyirizwa ibahano ndetse waba n’umwere.”

Muri Mutarama uyu mwaka, RCS yatangaje ko mu mwaka wa 2025, hari abagororwa umunani (8) batorotse amagororero, ariko abenshi muri bo bafashwe, kuko batandatu (6) bagaruwe basubizwa mu magororero.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 9 =

Previous Post

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

Next Post

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

by radiotv10
07/04/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kongera kubaho ukundi kuko rwubatse...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge
AMAHANGA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby'umwaka ushize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.