Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora RCS, rwemeje ko umugororwa wari wajyanywe ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruherereye i Nyamirambo, yashatse gutoroka nyuma yo kujya mu bwiherero, ariko afatwa atageze ku mugambi we, bigizwemo uruhare n’abaturage bamuvugirije induru ubwo bamubonaga ashaka gucika.
Ibi byabaye ku wa Gatatu tariki 11 Werurwe 2026, i Nyamirambo ku cyicaro cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, nk’uko byemejwe n’Umuvugizi waRCS, CSP Sengabo Hillary Emmanuel
CSP Sengabo yavuze ko uriya mugororwa yari yajyanywe kuburanira ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge i Nyamirambo, nk’abandi bagororwa bose.
Yavuze ko ubwo umucungagereza yari ajyanye abagororwa ku bwiherero, umwe muri bo yashatse guhita acika, ariko umugambi we uburizwamo.
Mu gihe abandi bagororwa bari bategereje uyu mugenzi wabo, yarasimbutse ashaka guhita acika, ariko umucungagereza wari ubacunze, ahita yiyambaza inzego z’umutekano, Polisi, na yo ihita ihagoboka.
Abapolisi ndetse n’undi mucungagereza utari wambaye impuzankano, kimwe n’abaturage bari aho, bagize uruhare mu gufata uyu mugororwa washakaga gutoroka.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora (RCS), CSP Sengabo Hillary Emmanuel ati “Byagenze neza, ntawakomeretse, ntawagize ikibazo.”
Yakomeje agira ati “Tukaba dushimira abaturage rero batuye hafi hariya babigizemo uruhare rwo kumuvugiziza induru.”
CSP Sengabo yaboneyeho kugira inama abagororwa baba bafite imyumvire nk’iyi kuyizibukira, kuko byavamo ingaruka zikomeye, kuko uretse kuba umuntu yahakomerekera, ashobora no kubihanirwa, dore ko ari n’ikimenyetso cyo kugaragaza ko uwo muntu yakoze ibyaha.
Ati “Si byiza gufata icyemezo cyo gutoroka ubutabera kandi bishoboka yuko wanagabanyirizwa ibahano ndetse waba n’umwere.”
Muri Mutarama uyu mwaka, RCS yatangaje ko mu mwaka wa 2025, hari abagororwa umunani (8) batorotse amagororero, ariko abenshi muri bo bafashwe, kuko batandatu (6) bagaruwe basubizwa mu magororero.
RADIOTV10









