Friday, March 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

radiotv10by radiotv10
13/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira
Share on FacebookShare on Twitter

Abarundi batahutse mu Gihugu cyabo bavuye mu Rwanda bahungiyemo mu myaka irenga 10 ishize, bavuga ko iki Gihugu cyabakiriye neza, bakakiboneramo amahoro mu myaka yose bakimazemo, bakaba bafashe icyemezo cyo gutahuka nyuma yo kumenya amakuru ya bagenzi babo batashye mbere.

Kuri uyu wa Kane tariki 12 Werurwe 2026, imiryango 47 igizwe n’abaturage 74 b’Abarundi, yatahutse mu Gihugu cyabo ku bushake, ivuga ko bafashe iki cyemezo kuko bagenzi babo batahutse mbere, ntakibazo bagize.

Ndoba Betrand uvuga ko yahungiye mu Rwanda muri 2015, avuga ko we na bagenzi be kuva bagera mu Rwanda, bakiriwe neza kandi ko bakomeje kwitabwaho.

Ati “Kugeza izi saha twari aha, umutekano wari wose. Twafashe icyemezo cyo gutaha kuko twumvise n’abagiye mbere yacu batubwiye ko mu Burundi ari amahoro, ni yo mpamvu natwe dufashe icyemezo cyo gutaha.”

Uyu Murundi umaze imyaka irenga 10 mu Rwanda, avuga ko iki Gihugu cyababaniye, ku buryo kuva bahagera ntakibazo na kimwe bigeze bahagirira. Ati “Bagerageje kudufata neza, batwigishije imyuga.”

Mugenzi we Ndereyimana Melchior na we ati “Twarashimye cyane. Badufashe neza, ntacyo twagaya ku Rwanda. Badufashe neza, umuntu yakoreraga aho ashaka yidegembya kandi ari impunzi. Nta na hamwe batubangamiraga.”

Uyu muturage akomeza avuga kandi ko banabanye neza n’Abanyarwanda bababaniye kivandimwe dore ko abatuye ibi Bihugu basanzwe ari nk’abavandimwe. Ati “Twari tubanye neza cyane, ntakibazo twahuye nacyo, nta na kimwe.”

Karagire Gonzague, Umuyobozi Ushinzwe Gahunda z’Impunzi muri Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), avuga ko aba Barundi batashye nyuma yo kugaragaza ko babyifuza ku bushake.

Ati “Abantu baba bariyandikishije bakavuga ko bashaka gutaha, hanyuma tukavugana n’Igihugu cyabo, tukabamenyesha bakatubwira igihe bazabakirira, hanyuma tukabazana.”

Uyu Muyobozi avuga ko impunzi z’Abarundi zatangiye gucyurwa ku bushake muri 2020, aho kugeza ubu hamaze gutahuka abarenga ibihumbi 31.

Muri aba batashye kuri uyu wa Kane, barimo 62 babaga mu Nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe, mu gihe abandi 12 babaga mu Mujyi wa Kigali babagamo bashakishirizamo imibereho.

Ndoba Betrand
Ndereyimana Melchior
Bagiye baherekejwe bagezwa ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − thirteen =

Previous Post

Moving to Kigali: Five Realities Foreigners Discover After Arriving

Related Posts

Moving to Kigali: Five Realities Foreigners Discover After Arriving

Moving to Kigali: Five Realities Foreigners Discover After Arriving

by radiotv10
13/03/2026
0

Every year, more people from across Africa, Europe, Asia, and America choose Kigali as a place to live, work, or...

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

by radiotv10
13/03/2026
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora RCS, rwemeje ko umugororwa wari wajyanywe ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruherereye i Nyamirambo, yashatse gutoroka...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

by radiotv10
13/03/2026
0

Umujyanama mu bya gisirikare mu biro by’Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Col Deo Mutabazi akaba anahagarariye inyungu z'Ingabo (Defence...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi y’u Rwanda yemeje iraswa ry’umusore warwanyije abapolisi

by radiotv10
12/03/2026
0

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro yemeje ko umwe mu barwanyije abapolisi bari mu kazi ko kurwanya...

Central Banks of Rwanda and Kenya Sign Cooperation Agreement

Central Banks of Rwanda and Kenya Sign Cooperation Agreement

by radiotv10
12/03/2026
0

The National Bank of Rwanda and the Central Bank of Kenya have signed a new agreement aimed at making it...

IZIHERUKA

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira
MU RWANDA

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

by radiotv10
13/03/2026
0

Moving to Kigali: Five Realities Foreigners Discover After Arriving

Moving to Kigali: Five Realities Foreigners Discover After Arriving

13/03/2026
RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

13/03/2026
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.M. Muganga yoherereje ubutumwa uwa Jamaica

13/03/2026
Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

Uwamamaye muri Filimi Nyarwanda udaheruka kugaragara yahishuye iby’urukundo yanyuzemo rw’uwamubeshye ubukwe

12/03/2026
Eng.-Goma hit by heavy drone attacks followed by a message from AFC/M23 to the DRC Government

America yagize icyo ivuga ku gitero cy’i Goma inaha umukoro impande zihanganye

12/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

Moving to Kigali: Five Realities Foreigners Discover After Arriving

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.