Saturday, March 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

radiotv10by radiotv10
14/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi Aurélien Tchouaméni ukinira ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne, yanyomoje ubutumwa yitiriwe bwagaragaza ko yafashe umukunzi we aryamanye n’undi mugabo, avuga ko konti y’urubuga nkoranyambaga bwanyujijweho atari iye.

Mu minsi yashize ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye ubutumwa bwavugaga ko umukinnyi mpuzamahanga w’Umufaransa Aurélien Tchouaméni yaba yarahemukiwe n’umukunzi we, Suzette Carter, ibintu byatumye benshi mu bafana be babyitaho cyane.

Ubutumwa bwari bwakwirakwiye bwagaragazaga amagambo asa n’aho yanditswe n’uyu mukinnyi wa Real Madrid, agaragaza agahinda ko kuba yaratahutse mu rugo hakiri kare agamije gutungura umukunzi we, ariko agasanga ari mu buriri ari kumwe n’undi mugabo. Muri ubwo butumwa bwavugaga ko umutima we washegeshwe ndetse ko ibyo bari barubakanye byose byabaye nk’ikinyoma.

Aya magambo yakwirakwiye cyane ku mbuga nkoranyambaga, bituma benshi batangira kuvuga ko uyu mukinnyi yaba ari mu bihe bikomeye mu buzima bwe bwite.

Ayo magambo byagaragaga ko yanditswe kuri instagram ahanyuzwa ubutumwa buzwi nka Story, yagira ati “Narakwizeye mu bintu byose. Natashye kare nshaka kugutungura. Ariko nasanze uri mu buriri bwacu uri kumwe na we [undi mugabo]. Umutima wanjye washegeshwe, sinshobora guhumeka. Ibyo twubakaga byose ni ikinyoma.”

Icyakora, Aurélien Tchouaméni yahise yihutira gusubiza ayo makuru ayahakana. Yifashishije imbuga nkoranyambaga ze, agaragaza ifoto y’ubwo butumwa bwari buri gukwirakwizwa, anavuga ko atari we wabwanditse. Yagize ati “Iyo si konti yanjye, mubyitondere.”

Aya magambo ya Tchouaméni agaragaza ko ibyo byavugwaga ku buzima bwe bw’urukundo atari byo, ndetse ko ubutumwa bwari buri gukwirakwizwa bwaturutse kuri konti itari iye.

Nubwo bimeze bityo, iyi nkuru yakomeje kuvugisha benshi ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bagaragaza ko amakuru nk’aya akwiye kubanza kugenzurwa neza mbere yo kuyakwirakwiza, cyane cyane iyo areba ku buzima bwite bw’ibyamamare.

Tchouaméni n’umukunzi we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Related Posts

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

Amakuru mashya: Hatangajwe Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi wayitoje mu myaka 10 ishize

by radiotv10
12/03/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje Umutoza Mukuru w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Stephen Constantine wanigeze kuyitoza mu myaka icumi ishize....

Ubutumwa bwa myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker wasezeye burundu ikipe y’Igihugu

Ubutumwa bwa myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker wasezeye burundu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
11/03/2026
0

Myugariro w’inyuma ku ruhande rw’iburyo w’imyaka 35, Kyle Walker, yatangaje ko asezeye gukinira ikipe y’igihugu y’u Bwongereza, nyuma yo kutagaragara...

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

by radiotv10
10/03/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yasabye abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo kurangwa n’ubupfura, byumwihariko asaba Rugaju Reagan...

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

by radiotv10
10/03/2026
0

Itsinda ‘Umurava APR Fan Club’ ry’abafana b’ikipe ya APR FC, ryafatiye icyemezo cyo kwirukana burundu umwe mu bari barigize, nyuma...

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura kubera imirwano ikomeye yabaye mu mikino

by radiotv10
09/03/2026
0

Abakinnyi 23 bahawe amakarita atukura nyuma y’imirwano ikomeye yadutse hagati y’amakipe ya Cruzeiro na Atlético Mineiro yo muri Brazil mu mukino wa...

IZIHERUKA

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda
FOOTBALL

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

by radiotv10
14/03/2026
0

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

14/03/2026
Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

14/03/2026
Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

Umunyamakuru akaba n’umunyarwenya Japhet yahawe inshingano zimuzamura mu ntera

13/03/2026
Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

Isesengura ku gitero cya drone cy’i Goma n’ibimenyetso byerekana abashobora kuba barakigabye

13/03/2026
Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

Muri Congo hari abarimu biyemeje kudasoza igihembwe nibadahembwa ibirarane bafitiwe birimo iby’umwaka ushize

13/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.