Ubuyobozi bwa Equity Bank Rwanda, bwatangaje ko bwamenye amakuru y’ibikorwa by’uburiganya bwageragejwe gukorwa muri sisitemu y’iyi banki ubwo habagaho ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga, ariko ko hahise hafatwa ingamba zihuse, ndetse hakaba hatangiye iperereza.
Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bwa Equity Bank Rwanda, bwagize buti “Sisitemu zacu zo kugenzura ibikorwa zabonye ibikorwa by’ihererekanya ry’amafaranga bidasanzwe, maze hahita hatangizwa ingamba z’umutekano n’uburyo bwo gukemura ibibazo hakurikijwe amabwiriza y’imikorere n’imicungire.”
Bukomeza buvuga ko nyuma yuko ibi bigaragaye, hafashwe ingamba zihuse zo guhagarika icyo kibazo, banki igakorana bya hafi n’inzego zibishinzwe, kugira ngo zibikurikirane.
Buti “Binyuze muri izi gamba, igice kinini cy’amafaranga yari yibasiwe cyashoboye kugaruzwa mu gihe kitarenze amasaha 24 kuva icyo gikorwa kibaye. Iperereza riracyakomeje, aho riri gukorwa ku bufatanye n’inzego z’umutekano n’inzego zigenzura imikorere y’inzego z’imari, zirimo na Banki Nkuru yu Rwanda.”
Iyi banki kandi yaboneyeho guhumuriza abakiliya n’abafatanyabikorwa bayo ivuga ko amafaranga y’abakiriya, n’amakonti yabo bikomeje kurindwa neza, kandi ibikorwa bya banki bikomeje nk’ibisanzwe.
Ubuyobozi bwayo buti “Nta mafaranga y’abakiriya yigeze abura. Equity Bank Rwanda ifite ihame ryo kutihanganira na gato ibyaha by’imari, kandi ikomeje gushimangira ibikorwa by’umutekano mu ikoranabuhanga, kubaka sisitemu zo gukurikirana hererekanya ry’amafaranga, ndetse n’ubugenzuzi bw’imbere mu rwego rwo kurinda umutungo w abakiriya no gukomeza kubahiriza amahame yo hejuru mu mutekano w’imari.”
Hari amakuru avuga kandi ko abantu 35 batawe muri yombi bakurikiranyweho uburiganya bw’amafaranga arenga miliyarli 85 Frw yibwe iyi Banki ya Equity hakoreshejwe ikoranabuhanga ryo kohererezanya kuri telefone.
RADIOTV10









