Monday, March 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

radiotv10by radiotv10
16/03/2026
in MU RWANDA
0
Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi mu gusana ibikorwa byangijwe n’ibiza, bagarutse i Kigali barangije inshingano zabo nyuma y’amezi abiri.

Aba basirikare 100 bageze ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe kuri uyu wa Mbere tariki 16 Werurwe 2026, bari bamaze amezi abiri mu Gihugu cya Jamaica.

Ubwo bageraga i Kigali ku Kibuga cy’Indege, bakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Major General Alex Kagame, ari kumwe n’abandi basirikare bakuru muri RDF.

Major General Alex Kagame, mu izina ry’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, bashimiye aba basirikare ku kazi gakomeye, ubwitange no gutunganya neza inshingano zari zabajyanye bakoranye umwete n’ikinyabupfura byo ku rwego rwo hejuru.

Yababwiye ko nubwo bari bafite abayobozi bari babayoboye, bitari kubabuza guteshukwa ku nshingano zari zibajyanye, ariko ko bitwaye neza.

Ati “Ntabwo bareba mu mitima yanyu, ni nk’uko tuyobora Ingabo, ukaba uziyobora ziri he na hehe ariko wa muco wa RDF, za ndangagaciro nababwiraga zarabaranze pe. Ubwitange, ubushishozi, discipline [ikinyabupfura], gukorera hamwe,…ntakintu na kimwe twigeze tubumvaho mu gihe cy’amezi abiri mumazeyo.”

Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Major General Alex Kagame kandi yibukije aba basirikare ko yaba bo ndetse n’abandi bose mu Ngabo z’u Rwanda, bagomba gukomeza kuranwa n’ikinyabupfura n’ubwitange mu nshingano zabo, zirimo n’iz’ubutumwa bundi bakoherezwamo.

Aba basirikare bari bahagurutse mu Rwanda tariki 14 Mutarama 2026, bakigera muri Jamaica, bahise batangira inshingano zo gusana ibikorwa remezo byangijwe n’inkubi y’umuyaga yiswe Hurricane Melissa.

Mu gihe cy’amezi abiri, iri tsinda ry’inzobere mu bwubatsi muri RDF, rifatanyije n’abo mu Ngabo za Jamaica (JDF), bakoze ibikorwa binyuranye birimo gusana inzu 62, ndetse no kubaka ibyumba by’inyongera by’amashuri no gukora neza inzu y’abana bafite ubumuga.

Mbere yo kugaruka mu Rwanda, mu cyumweru gishize, Umujyanama mu bya gisirikare mu biro by’Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Col Deo Mutabazi akaba anahagarariye inyungu z’Ingabo (Defence Attaché) z’u Rwanda muri Jamaica; yasuye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica amushyikiriza ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda General Mubarakh Muganga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + fifteen =

Previous Post

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

by radiotv10
16/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Equity Bank Rwanda, bwatangaje ko bwamenye amakuru y’ibikorwa by’uburiganya bwageragejwe gukorwa muri sisitemu y’iyi banki ubwo habagaho ihererekanya...

Ahahoze umuhanda ubu kuhanyura ni ihurizo ku buryo abafite ibinyabiziga bahagera bakabiterura

Ahahoze umuhanda ubu kuhanyura ni ihurizo ku buryo abafite ibinyabiziga bahagera bakabiterura

by radiotv10
16/03/2026
0

Bamwe mu baturage n’abakoresha umuhanda Gahira-Nkomane-Gisovu uherereye mu Karere ka Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo, bavuga ko wangiritse mu buryo bukomeye,...

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

by radiotv10
14/03/2026
0

Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bavuga ko bamaze imyaka myinshi bategereje ibyangombwa by’ubutaka...

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

by radiotv10
14/03/2026
0

Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri bavuga ko gahunda yo kugaburira abana ku ishuri ari ingirakamaro cyane kuko yagize uruhare rukomeye...

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

by radiotv10
14/03/2026
0

As children grow, their bodies naturally go through many changes. These changes can sometimes confuse or even scare them if...

IZIHERUKA

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema
MU RWANDA

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

by radiotv10
16/03/2026
0

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

16/03/2026
Twahirwa Moses yagarutse imbere y’Urukiko ararutakambira

Twahirwa Moses yagarutse imbere y’Urukiko ararutakambira

16/03/2026
Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi rugikubita

16/03/2026
Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

16/03/2026
Ni achievement- Ubutumwa bwa mbere bw’Umunyamakuru Leonidas akigera ku kinyamakuru yerecyejeho

Ni achievement- Ubutumwa bwa mbere bw’Umunyamakuru Leonidas akigera ku kinyamakuru yerecyejeho

16/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

Twahirwa Moses yagarutse imbere y’Urukiko ararutakambira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.