Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

radiotv10by radiotv10
16/03/2026
in MU RWANDA
0
Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi mu gusana ibikorwa byangijwe n’ibiza, bagarutse i Kigali barangije inshingano zabo nyuma y’amezi abiri.

Aba basirikare 100 bageze ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe kuri uyu wa Mbere tariki 16 Werurwe 2026, bari bamaze amezi abiri mu Gihugu cya Jamaica.

Ubwo bageraga i Kigali ku Kibuga cy’Indege, bakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Major General Alex Kagame, ari kumwe n’abandi basirikare bakuru muri RDF.

Major General Alex Kagame, mu izina ry’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, bashimiye aba basirikare ku kazi gakomeye, ubwitange no gutunganya neza inshingano zari zabajyanye bakoranye umwete n’ikinyabupfura byo ku rwego rwo hejuru.

Yababwiye ko nubwo bari bafite abayobozi bari babayoboye, bitari kubabuza guteshukwa ku nshingano zari zibajyanye, ariko ko bitwaye neza.

Ati “Ntabwo bareba mu mitima yanyu, ni nk’uko tuyobora Ingabo, ukaba uziyobora ziri he na hehe ariko wa muco wa RDF, za ndangagaciro nababwiraga zarabaranze pe. Ubwitange, ubushishozi, discipline [ikinyabupfura], gukorera hamwe,…ntakintu na kimwe twigeze tubumvaho mu gihe cy’amezi abiri mumazeyo.”

Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Major General Alex Kagame kandi yibukije aba basirikare ko yaba bo ndetse n’abandi bose mu Ngabo z’u Rwanda, bagomba gukomeza kuranwa n’ikinyabupfura n’ubwitange mu nshingano zabo, zirimo n’iz’ubutumwa bundi bakoherezwamo.

Aba basirikare bari bahagurutse mu Rwanda tariki 14 Mutarama 2026, bakigera muri Jamaica, bahise batangira inshingano zo gusana ibikorwa remezo byangijwe n’inkubi y’umuyaga yiswe Hurricane Melissa.

Mu gihe cy’amezi abiri, iri tsinda ry’inzobere mu bwubatsi muri RDF, rifatanyije n’abo mu Ngabo za Jamaica (JDF), bakoze ibikorwa binyuranye birimo gusana inzu 62, ndetse no kubaka ibyumba by’inyongera by’amashuri no gukora neza inzu y’abana bafite ubumuga.

Mbere yo kugaruka mu Rwanda, mu cyumweru gishize, Umujyanama mu bya gisirikare mu biro by’Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Col Deo Mutabazi akaba anahagarariye inyungu z’Ingabo (Defence Attaché) z’u Rwanda muri Jamaica; yasuye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica amushyikiriza ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda General Mubarakh Muganga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 10 =

Previous Post

Ibivugwa ku rusaku rw’amasasu rwumvikanye i Goma mu gicuku n’ababiri inyuma

Next Post

Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

Haravugwa gushwanyaguza indege y’uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’aho umuhungu we wamusimbuye aherereye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.