Tuesday, March 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

radiotv10by radiotv10
17/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda batangiye urugendo mu Bihugu bigize Umuryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF) bashyikiriza Abakuru babyo ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame bubasaba gushyigikira Kandidatire ya Louise Mushikiwabo uzahatanira kongera gutorerwa umwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’uyu Muryango muri manda ya gatatu.

Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiriye uruzinduko muri Djibouti, aho yakiriwe na Perezida w’iki Gihugu Ismaïl Omar Guelleh.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yashyikirije Perezida wa Djibouti ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, bumusaba gushyigikira kandidatire ya Louise Mushikiwabo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF).

Minisitiri Nduhungirehe, nyuma yo kwakirwa na Perezida, yagize ati “Naje nk’Intumwa Yihariye ya Nyakubabwa Perezida Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda kugira ngo nshyikirize Nyakubahwa Perezida Ismaïl Omar Guelleh ubutumwa bwo kugira ngo tumusabe gushyigikira Kandidatire ya Madame Louise Mushikiwabo kugira ngo yongere atorerwe kuba Umunyamabanga Mukuru w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa.”

Nduhungirehe avuga kandi ko ibiganiro bye na Perezida wa Djibouti byanagarutse ku bikorwa byakozwe na Louise Mushikiwabo mu gihe amaze ayobora OIF birimo amavugurura yakoze muri uyu Muryango agamije gutuma ukomeza gushikama, no kugirirwa icyizere n’abatuye Ibihugu biwugize, ndetse unubashywe ku ruhando mpuzamahanga.

Ati “Turashaka gukomeza muri uwo murongo wo kugira ngo ibyo yatangiye mu nzego z’uwo Muryango abikomeze.”

Banaganiriye kandi ku zindi ngingo zirimo umubano w’u Rwanda na Djibouti, ndetse n’amahoro n’umutekano mu karere no muri Afurika.

Ku rundi ruhande, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire na we yerecyeje muri Mauritania, aho na we yakiriwe na Perezida w’iki Gihugu, Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani.

Nelly Mukazayire na we yashyikirije Perezida Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame bwo kumusaba gushyigikira Kandidatire ya Louise Mushikiwabo.

Mukazayire na we nyuma yo gutanga ubu butumwa yagize ati “Maze gutanga ubutumwa bwari bugenewe Perezida w’Igihugu abwohererejwe na mugenzi we. Ndashimira uko nakiriwe, ubutumwa bwakiriwe neza tunashimira umwanya twahawe wo kuganira na Perezida.”

Madamu Louise Mushikiwabo usanzwe ari Umunyamabanga wa OIF, azahatanira manda ye ya gatatu mu matora azaba mu mpera z’uyu mwaka, aho azahatana n’abarimo Umunyekongo, Juliana Amato Lumumba umukobwa wa Patrice Lumumba; wemejwe na Guverinoma ya DRC mu kwezi gushize kuzatanga kandidatire ye.

Perezida Kagame ubwo yitabiraga Inteko y’Abakuru b’Ibihugu bigize OIF ya 2018
Minisitiri Nduhungirehe yashyikirije Perezida wa Djibouti ubutumwa bumusaba gushyigikira kandidatire ya Mushikiwabo

Banagiranye ibiganiro
Nelly Mukazayire na we yerecyeje muri Mauritania
Yashyikirije Perezida Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani ubutumwa bwa Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + nine =

Previous Post

Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura FIFA Series

Next Post

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwandans continue to show strong interest in Digital National IDs

by radiotv10
17/03/2026
0

The ongoing registration for Rwanda’s digital national identity card is gradually attracting more citizens as the exercise continues across different...

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

by radiotv10
17/03/2026
0

Mu Mudugudu wa Gakoni, Akagali ka Karama  mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye;  haravugwa urugomo rwakozwe n’abantu bakekwaho...

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

by radiotv10
17/03/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatumiye intumwa z’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ngo zongere zihurire mu biganiro...

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

by radiotv10
16/03/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, zidashobora gukomeza inshingano...

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

by radiotv10
16/03/2026
0

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi mu gusana ibikorwa byangijwe n’ibiza, bagarutse i Kigali...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

How Rwandans continue to show strong interest in Digital National IDs

by radiotv10
17/03/2026
0

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

17/03/2026
Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

17/03/2026
U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

17/03/2026
Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura FIFA Series

Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura FIFA Series

17/03/2026
U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

16/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How Rwandans continue to show strong interest in Digital National IDs

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.