Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda batangiye urugendo mu Bihugu bigize Umuryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF) bashyikiriza Abakuru babyo ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame bubasaba gushyigikira Kandidatire ya Louise Mushikiwabo uzahatanira kongera gutorerwa umwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’uyu Muryango muri manda ya gatatu.
Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiriye uruzinduko muri Djibouti, aho yakiriwe na Perezida w’iki Gihugu Ismaïl Omar Guelleh.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yashyikirije Perezida wa Djibouti ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, bumusaba gushyigikira kandidatire ya Louise Mushikiwabo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF).
Minisitiri Nduhungirehe, nyuma yo kwakirwa na Perezida, yagize ati “Naje nk’Intumwa Yihariye ya Nyakubabwa Perezida Paul Kagame, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda kugira ngo nshyikirize Nyakubahwa Perezida Ismaïl Omar Guelleh ubutumwa bwo kugira ngo tumusabe gushyigikira Kandidatire ya Madame Louise Mushikiwabo kugira ngo yongere atorerwe kuba Umunyamabanga Mukuru w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa.”
Nduhungirehe avuga kandi ko ibiganiro bye na Perezida wa Djibouti byanagarutse ku bikorwa byakozwe na Louise Mushikiwabo mu gihe amaze ayobora OIF birimo amavugurura yakoze muri uyu Muryango agamije gutuma ukomeza gushikama, no kugirirwa icyizere n’abatuye Ibihugu biwugize, ndetse unubashywe ku ruhando mpuzamahanga.
Ati “Turashaka gukomeza muri uwo murongo wo kugira ngo ibyo yatangiye mu nzego z’uwo Muryango abikomeze.”
Banaganiriye kandi ku zindi ngingo zirimo umubano w’u Rwanda na Djibouti, ndetse n’amahoro n’umutekano mu karere no muri Afurika.
Ku rundi ruhande, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire na we yerecyeje muri Mauritania, aho na we yakiriwe na Perezida w’iki Gihugu, Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani.
Nelly Mukazayire na we yashyikirije Perezida Mohamed Ould Cheikh El Ghazouani ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame bwo kumusaba gushyigikira Kandidatire ya Louise Mushikiwabo.
Mukazayire na we nyuma yo gutanga ubu butumwa yagize ati “Maze gutanga ubutumwa bwari bugenewe Perezida w’Igihugu abwohererejwe na mugenzi we. Ndashimira uko nakiriwe, ubutumwa bwakiriwe neza tunashimira umwanya twahawe wo kuganira na Perezida.”
Madamu Louise Mushikiwabo usanzwe ari Umunyamabanga wa OIF, azahatanira manda ye ya gatatu mu matora azaba mu mpera z’uyu mwaka, aho azahatana n’abarimo Umunyekongo, Juliana Amato Lumumba umukobwa wa Patrice Lumumba; wemejwe na Guverinoma ya DRC mu kwezi gushize kuzatanga kandidatire ye.







RADIOTV10








