Leta Zunze Ubumwe za America zatumiye intumwa z’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ngo zongere zihurire mu biganiro biteganyijwe muri iki cyumweru.
Amakuru dukesha ikinyamakuru Jeune Afrique, avuga ko “intumwa zizoherezwa na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa DRC, zitegerejwe i Washington.”
Iki kinyamakuru kiratangaza ko ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwatumiye izi ntumwa zihagarariye ibi Bihugu byombi (u Rwanda na DRC) nyuma y’ibyumweru umwuka mubi wongeye gututumba mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Abahaye amakuru iki kinyamakuru, bemeza ko intumwa z’ibi Bihugu zigomba guhurira i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America muri iki cyumweru, mu biganiro bizabera muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga.
Abatanze amakuru kandi bavuga hazabanza kuba ibiganiro hagati y’Ibihugu byombi, binagirwemo uruhare n’abahuza ba Leta Zunze Ubumwe za America.
Ni ibiganiro bigiye kuba nyuma y’amezi atatu n’igice hasinywe Amasezerano y’Amahoro, yashyizweho umukono na Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi bari kumwe na Perezida Donald Trump tariki 04 Ukuboza 2025.
Nyuma y’aya masezerano, ibintu mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byakomeje kuba bibi, ndetse imirwano yarakomeje, aho uruhande rwa Leta ya Kinshasa rwongereye imbaraga mu bitero rugaba mu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bahanganye.
Nyuma y’ariya masezerano kandi, Guverinoma y’u Rwanda yakunze kugaragaza uburyo ubutegetsi bwa DRC bwakomeje kuyarengaho, kuko bwakomeje gukorana n’Umutwe w’iterabwoba wa FDLR, mu gihe aya masezerano yasabaga kiriya Gihugu gusenya uyu mutwe.
DRC kandi yarushijeho gukoresha abacancuro b’abanyamahanga, barimo abayobora ibitero by’indege zitagira abapilote bikomeje koreka imbaga mu burasirazuba bwa Congo, bihitana inzirakarengane z’abasivile, birimo n’igiherutse kugabwa mu Mujyi wa Goma cyahitanye abarimo umukozi w’Umuryango w’Abibumbye.
RADIOTV10








