Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

radiotv10by radiotv10
17/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America zatumiye intumwa z’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ngo zongere zihurire mu biganiro biteganyijwe muri iki cyumweru.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Jeune Afrique, avuga ko “intumwa zizoherezwa na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa DRC, zitegerejwe i Washington.”

Iki kinyamakuru kiratangaza ko ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwatumiye izi ntumwa zihagarariye ibi Bihugu byombi (u Rwanda na DRC) nyuma y’ibyumweru umwuka mubi wongeye gututumba mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abahaye amakuru iki kinyamakuru, bemeza ko intumwa z’ibi Bihugu zigomba guhurira i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America muri iki cyumweru, mu biganiro bizabera muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga.

Abatanze amakuru kandi bavuga hazabanza kuba ibiganiro hagati y’Ibihugu byombi, binagirwemo uruhare n’abahuza ba Leta Zunze Ubumwe za America.

Ni ibiganiro bigiye kuba nyuma y’amezi atatu n’igice hasinywe Amasezerano y’Amahoro, yashyizweho umukono na Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi bari kumwe na Perezida Donald Trump tariki 04 Ukuboza 2025.

Nyuma y’aya masezerano, ibintu mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byakomeje kuba bibi, ndetse imirwano yarakomeje, aho uruhande rwa Leta ya Kinshasa rwongereye imbaraga mu bitero rugaba mu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bahanganye.

Nyuma y’ariya masezerano kandi, Guverinoma y’u Rwanda yakunze kugaragaza uburyo ubutegetsi bwa DRC bwakomeje kuyarengaho, kuko bwakomeje gukorana n’Umutwe w’iterabwoba wa FDLR, mu gihe aya masezerano yasabaga kiriya Gihugu gusenya uyu mutwe.

DRC kandi yarushijeho gukoresha abacancuro b’abanyamahanga, barimo abayobora ibitero by’indege zitagira abapilote bikomeje koreka imbaga mu burasirazuba bwa Congo, bihitana inzirakarengane z’abasivile, birimo n’igiherutse kugabwa mu Mujyi wa Goma cyahitanye abarimo umukozi w’Umuryango w’Abibumbye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura FIFA Series

Next Post

Congo Conflict in a New Phase: Burundian Forces Reportedly Using Heavy Weapons

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo Conflict in a New Phase: Burundian Forces Reportedly Using Heavy Weapons

Congo Conflict in a New Phase: Burundian Forces Reportedly Using Heavy Weapons

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.