Tuesday, March 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

radiotv10by radiotv10
17/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America zatumiye intumwa z’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ngo zongere zihurire mu biganiro biteganyijwe muri iki cyumweru.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Jeune Afrique, avuga ko “intumwa zizoherezwa na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa DRC, zitegerejwe i Washington.”

Iki kinyamakuru kiratangaza ko ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump bwatumiye izi ntumwa zihagarariye ibi Bihugu byombi (u Rwanda na DRC) nyuma y’ibyumweru umwuka mubi wongeye gututumba mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Abahaye amakuru iki kinyamakuru, bemeza ko intumwa z’ibi Bihugu zigomba guhurira i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za America muri iki cyumweru, mu biganiro bizabera muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga.

Abatanze amakuru kandi bavuga hazabanza kuba ibiganiro hagati y’Ibihugu byombi, binagirwemo uruhare n’abahuza ba Leta Zunze Ubumwe za America.

Ni ibiganiro bigiye kuba nyuma y’amezi atatu n’igice hasinywe Amasezerano y’Amahoro, yashyizweho umukono na Perezida Paul Kagame na Félix Tshisekedi bari kumwe na Perezida Donald Trump tariki 04 Ukuboza 2025.

Nyuma y’aya masezerano, ibintu mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byakomeje kuba bibi, ndetse imirwano yarakomeje, aho uruhande rwa Leta ya Kinshasa rwongereye imbaraga mu bitero rugaba mu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bahanganye.

Nyuma y’ariya masezerano kandi, Guverinoma y’u Rwanda yakunze kugaragaza uburyo ubutegetsi bwa DRC bwakomeje kuyarengaho, kuko bwakomeje gukorana n’Umutwe w’iterabwoba wa FDLR, mu gihe aya masezerano yasabaga kiriya Gihugu gusenya uyu mutwe.

DRC kandi yarushijeho gukoresha abacancuro b’abanyamahanga, barimo abayobora ibitero by’indege zitagira abapilote bikomeje koreka imbaga mu burasirazuba bwa Congo, bihitana inzirakarengane z’abasivile, birimo n’igiherutse kugabwa mu Mujyi wa Goma cyahitanye abarimo umukozi w’Umuryango w’Abibumbye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 10 =

Previous Post

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

Next Post

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwandans continue to show strong interest in Digital National IDs

by radiotv10
17/03/2026
0

The ongoing registration for Rwanda’s digital national identity card is gradually attracting more citizens as the exercise continues across different...

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

by radiotv10
17/03/2026
0

Mu Mudugudu wa Gakoni, Akagali ka Karama  mu Murenge wa Ruhashya mu Karere ka Huye;  haravugwa urugomo rwakozwe n’abantu bakekwaho...

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

by radiotv10
17/03/2026
0

Bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda batangiye urugendo mu Bihugu bigize Umuryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF) bashyikiriza Abakuru babyo ubutumwa...

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

by radiotv10
16/03/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, zidashobora gukomeza inshingano...

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

by radiotv10
16/03/2026
0

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi mu gusana ibikorwa byangijwe n’ibiza, bagarutse i Kigali...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

How Rwandans continue to show strong interest in Digital National IDs

by radiotv10
17/03/2026
0

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

17/03/2026
Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

17/03/2026
U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

U Rwanda rwatangiye gushakira amajwi Louise Mushikiwabo uzahatana n’Umunyekongo mu matora ya OIF

17/03/2026
Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura FIFA Series

Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu Amavubi yitegura FIFA Series

17/03/2026
U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

U Rwanda rwemeje ko Ingabo zarwo ziri muri Mozambique zishobora gucyurwa

16/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w'Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How Rwandans continue to show strong interest in Digital National IDs

Urugomo abaturage bakoreye Abayobozi barimo Mayor na Gitifu w’Umurenge rwasize umwe ahakomerekeye

Amakuru mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zigiye kongera guhurira mu biganiro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.